• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amavubi yageze muri Senegal aho yitegura gukina umunsi wa kabiri wa AFCON2023, REG VC na APR WVC zegukanye GMT 2022 – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Amavubi yageze muri Senegal aho yitegura gukina umunsi wa kabiri wa AFCON2023, REG VC na APR WVC zegukanye GMT 2022 – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Ubwanditsi 06 Jun 2022 Amakuru, IMIKINO

Impera z’icyumweru muri siporo mu Rwanda ndetse no hanze habaga imikino itandukanye, cyane cyane nko mu mupira w’amaguru ikipe y’igihugu y’abagabo kuri ubu iri kubarizwa muri Senegal aho yitegura gukina umukino w’umunsi wa kabiri wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023.


Ni ikipe y’igihugu yahagurutse kuri uyu wa gatandatu, ibanza guca mu Bubiligi ibona kwerekeza muri Senegal aho yageze kuri iki cyumweru ikaba kandi yarakiriwe n’abanyarwanda baba muri icyo gihugu ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu, Amb Jean Pierre Karabaranga.

Amavubi aritegura gukina umukino wa kabiri kuri uyu wa kabiri ku isaha ya saa tatu z’ijoro aho bazakirwa n’ikipe y’igihugu ya Senegal yo imaze no gutsinda umukino wa mbere, aha iyi kipe yatsinze Benin ibitego 3-1.

Biteganyiijwe ko umukino uzabera Stade Abdoulaye Wade iherereye mu mujyi wa Diamniadio iherutse gutwahwa mu minsi ishize mu gihugu cya Senegal.


Muri iri tsinda, undi mukino uzaba uzahuza ikipe y’igihugu ya Benin izakira ikipe ya Mozambique tariki ya 8 Kamena 2022, uyu mukino ukaba uzabera kuri Sitade de l’Amitie iherereye mu murwa mukuru Cotonou.


Mu mupira w’amaguru kandi, ikipe y’igihugu y’Abagore yaberaga mu gihugu cya Uganda, kuri iki cyumweru imikino mu matsinda yasojwe Amavubi y’u Rwanda atsinze ikipe ya Djibouti ibitego 2-0.

Gusa ntabwo gusoza batsinda ntabwo byabahaye amahirwe yo gukomeza mu kindi kiciro kuko ikipe y’igihugu y’u Burundi ndetse na Uganda nizo zabonye itike yo gukomeza muri kimwe cya kane cy’iyi mikino.


Kuri iki cyumweru, i Shyorongi mu karere ka Rulindo ikipe ya APR FC yatsinze Gasogi United ibitego 3-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti wabaye ku isaha ya Saa ine za mugitondo.

Ku ruhande rwa APR FC, ni ibitego byatsinzwe na Kwitonda Alain Bacca, Rwabuhihi Aime Placide na Ishimwe Anicet, kuri Gasogi United yo yatsindiwe na Shyaka Fredy Papy.

Muri Volleyball, hakinwaga imikino yo Kwibuka abakinnyi, abakunzi, abari abayobozi mu mukino w’intoki wa Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994, ni imikino yabereye mu karere ka Gisagara.

Mu bagabo, ikipe ya Rwanda Energy Group (REG) Volleyball Club niyo yegukanye igikombe itsinze ikipe ya Gisagara VC amaseti 3-2, mu bagore APR WVC yatsinze ikipe ya Rwanda Revenue Authority Volleyball Club amaseti 3-2.


Mukarere ka Muhanga haraye hasojwe amarushanwa y’amashuri yiswe “Amashuri Kagame Cup”, hakinwe imikino itandukanye mu bahungu ndetse n’abakobwa.

Mu mupira w’amaguru, mu bahungu ikipe ya ES Gasizi yo mu karere ka Rulindo yatwaye igikombe itsinze CI Bugarama kuri Penaliti 4-3 nyuma yaho amakipe yombi anganyije ubusa ku busa mu minota isanzwe y’umukino.
Mu bakobwa, ikipe ya Institut Paroissiale de Mukarange (IPM) WFC yegukanye igikombe itisinze ES Mutunda ku mukino wa nyuma igitego kimwe ku busa.


Mu handball, mu bagabo ikipe ya ES Kigoma yatsinze ADEGI ibitego 30 kuri 26, mu bakobwa Kiziguro Secondary School yatsinze ibitego 32 kuri 24 ikipe ya ISF Nyamasheke.


Mu bakobwa bakina umukino wa Netball, Groupe Scolaire St Aloys yo mu karere ka Rwamagana yegukanye igikombe itsinze GS Musanze ibitego 46-31.

2022-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup

Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Mashami Vincent yagizwe umutoza wa Police FC, ACP Yahaya Kamunuga aba umuyozi wayo naho SP Ruzindana Regis aba ushinzwe kugura abakinnyi

Mashami Vincent yagizwe umutoza wa Police FC, ACP Yahaya Kamunuga aba umuyozi wayo naho SP Ruzindana Regis aba ushinzwe kugura abakinnyi

Ubwanditsi 21 Jul 2022
Rayon Sports yegukanye igikombe kuruta ibindi “SuperCup” itsinze APR FC ibitego 3-0

Rayon Sports yegukanye igikombe kuruta ibindi “SuperCup” itsinze APR FC ibitego 3-0

Ubwanditsi 12 Aug 2023
Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Ubwanditsi 29 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intumwa zaturutse mu gihugu cya Mali zirigira kuri Polisi y’u Rwanda kurwanya ruswa
Mu Rwanda

Intumwa zaturutse mu gihugu cya Mali zirigira kuri Polisi y’u Rwanda kurwanya ruswa

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Perezida Trump yahuriye na Kim Jong-un muri Singapore
HIRYA NO HINO

Perezida Trump yahuriye na Kim Jong-un muri Singapore

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Aba Maneko ba Nkurunziza bafatiwe  mu cyuho mu Rwanda
Mu Rwanda

Aba Maneko ba Nkurunziza bafatiwe mu cyuho mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru