• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

Ubwanditsi 02 Mar 2018 IKORANABUHANGA

Mu mezi 18 ari imbere, i Masaka mu Karere ka Kicukiro hazaba huzuye ishami ry’Ikigo cyo mu Bufaransa gikora ubushakashatsi kikanahugura abaganga mu kubaga indwara zo mu mubiri hifashishijwe ikoranabuhanga (IRCAD France).

Muri Nyakanga 2017 nibwo Minisiteri y’Ubuzima yatangije ubufatanye na IRCAD France bugamije gutanga amahugurwa ku baganga bo mu Rwanda ajyanye no kwifashisha ikoranabuhanga hagamijwe kugabanya ububabare igihe umurwayi abagwa, ibyago byo kwandura izindi ndwara nyuma yo kubagwa n’ibindi.

Uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kubaga umubiri udafunguwe (laparoscopic surgery) bukorerwa hake ku Isi.

Kuri uyu wa Kane ubwo ubuyobozi bwa IRCAD bwasobanuriraga impuguke z’abanyarwanda mu buvuzi n’ikoranabuhanga imikorere y’icyo kigo, bavuze ko nigitangira kizaba ari ingirakamaro.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Kigali bya Kaminuza (CHUK), Dr Théobald Hategekimana, yavuze ko u Rwanda nirumara kubona abaganga benshi babihuguriwemo, hakanubakwa ikigo kibyigisha bizazana impinduka mu buvuzi bwo kubaga.

Yagize ati “Nk’ibitaro bya kaminuza byigisha, dufite abaganga batangiye kubaga badafunguye umubiri w’umuntu ariko ababikora mu Rwanda ni bake cyane, hakenewe benshi babizi.”

Dr Hategekimana yavuze ko ubwo buryo bwo kubaga hifashishijwe ikoranabuhanga bworoshye kandi bugabanya igihe umurwayi yamaraga mu bitaro ndetse n’ingorane zashobora kuva mu kubagwa zikagabanyuka.

Ati “Bituma iyo ugiye kubaga ugenda ufite ishusho igaragara neza aho ugiye kubaga. Bituma uvuga ngo hariya ngiye kubaga niho uburwayi buri. Ubusanzwe nk’iyo ugiye kubaga ukabona hari tumeur (indwara ijya kumera nka kanseri) ushobora kuvuga ngo ndayibaga hariya ariko ijisho ryawe ntabwo rikwereka neza aho uburwayi bugarukira, rimwe na rimwe ugasanga wakatiye aho utagombaga gukatira uburwayi ukabusigamo cyangwa se ugakatira kure y’aho indwara igarukira.”

Yakomeje agira ati “Kwa gupima bituma ubaga kanseri neza kandi wizeye ko aho wayivanye nta yindi iri bwongere kuhagaruka.”

Kubaga umuntu umubiri udafunguwe, hakatwa akantu gato ku mubiri w’umuntu aharinganiye n’aharwaye. Aho hantu hakaswe, niho batunga imashini (laparoscope) ireba imbere mu mubiri, ikerekana ishusho nyayo y’ahantu harwaye. Bifashisha uduheha duto tunyuzwamo ibikoresho bijya kubaga aho harwaye.

Dr Hategekimana yavuze ko umuntu wabazwe hifashishijwe ubwo buryo ashobora kumara iminsi ibiri kwa muganga kandi yagombaga kuhamara icyumweru iyo abagwa mu buryo busanzwe.

Avuga ko umuntu wabazwe mu buryo busanzwe ashobora guhura n’imbogamizi nyinshi zirimo gutakaza amaraso menshi, kwandura izindi ndwara, ububabare n’ibindi.

Perezida wa IRCAD, Prof Jaques Maresceaux, yavuze ko aza mu Rwanda bwa mbere muri Nyakanga 2017, nta gitekerezo cyo kuhashinga Ikigo yari afite. Ngo yakigize nyuma yo kuganira n’abayobozi bakuru b’igihugu no kubona ubushake bafite mu guteza imbere ubuvuzi.

Yavuze ko ikoranabuhanga mu kubaga riboneka hake ku Isi nyamara rifite ibyiza byinshi birimo kugabanya ingorane zituruka ku kubaga ku kigero cya 70 %, akaba ariyo mpamvu asanga ari amahirwe ku Rwanda na Afurika kugira ikigo gitanga amahugurwa.

Zimwe mu ndwara zishobora kuvurwa hifashishijwe ubwo buryo bwo kubaga udafunguye umubiri zirimo izo mu nda, izo mu gatuza, impyiko ndetse n’indwara zibasira ubugabo.

IRCAD ni ikigo kimaze imyaka 25 gishinzwe, gifite amashami ku mugabae w’Aziya, u Burayi na Amerika.

2018-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mateka y’U Rwanda rwohereje mu isanzure icyogajuru kizahaza internet ibice by’icyaro

Mu mateka y’U Rwanda rwohereje mu isanzure icyogajuru kizahaza internet ibice by’icyaro

Ubwanditsi 28 Feb 2019
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Icyogajuru cya NASA cyavumbuye umubumbe wa mbere uruta Isi uri ahantu hashobora guturwa

Icyogajuru cya NASA cyavumbuye umubumbe wa mbere uruta Isi uri ahantu hashobora guturwa

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Ubwanditsi 12 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda
Mu Rwanda

Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?
Mu Rwanda

Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?

Ubwanditsi 11 May 2017
“Umutima w’umugizi wa nabi ntujya utuza. Kubera ubushotoranyi Uganda ikorera u Rwanda, mu maso ya Kaguta Museveni n’abambari be buri Munyarwanda ni intasi”.
Amakuru

“Umutima w’umugizi wa nabi ntujya utuza. Kubera ubushotoranyi Uganda ikorera u Rwanda, mu maso ya Kaguta Museveni n’abambari be buri Munyarwanda ni intasi”.

Ubwanditsi 01 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru