• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Rwanda Rugiye Kwakira abandi bashyitsi bahoze ari Abayobozi muri Afurika 7 bazitabira inama ya ALF

U Rwanda Rugiye Kwakira abandi bashyitsi bahoze ari Abayobozi muri Afurika 7 bazitabira inama ya ALF

Editorial 29 Jul 2018 ITOHOZA

Inama ya 5 ya African Leadership Forum igiye guteranira I Kigali izahuriramo abahoze ari abakuru b’ibihugu muri Afurika bagera kuri 7 bazashyira imitwe yabo hamwe bagatekereza ku nzira nshya zo gushora mu mpinduka za Afurika hagamijwe iterambere rirambye.

Inama ya African Leadership Forum izabera I Kigali mu Rwanda guhera kuwa 02 kugeza kuwa 03 Kanama 2018.

Abahoze ari abakuru b’ibihugu muri Afurika nka Benjamin W. Mkapa, Tanzania, Festus Mogae, Botswana, Olusegun Obasanjo, Nigeria, Mohamed M.Marzouki, Tunisia, Hassan Sheikh Mohamud, Somalia, Joachim Chissano na Armando Guebuza, bombi bayoboye Mozambique.

Izitabirwa kandi na Mukhisa Kituyi, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Ubucuruzi n’Iterambere y’Umuryango w’Abibumbye (UNCTAD) ndetse n’umuherwe wa mbere muri Afurika, Alhaji Aliko Dangote, Nyiri Dangote Group.

Muri iyi nama hazabaho gusangira ubunararibonye no kungurana ibitekerezo harebwa uko imikorere y’umugabane wa Afurika yatezwa imbere.

Ni inama yateguwe na Uongozi Institute ku bufatanye na Thabo Mbeki Foundation biteganyijwe ko izabera muri Kigali Convention Centre guhera kuwa 02 kugeza kuwa 03 Kanama, 2018, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Financing Africa’s Transformation for Sustainable Development”. Ugenekereje mu Kinyarwanda ni nko; ‘Gushora mu Mpinduka zigamije Iterambere Rirambye rya Afurika’.

Inama ya ALF iheruka yabereye mu Mujyi wa Boksburg muri Afurika y’Epfo

Uongozi ikaba ivuga ko abazitabira iyi nama bazagerageza kumva ukuntu ari ngombwa ko Afurika ikeneye ishoramari ry’iterambere ryayo, hakabaho gusangira ibyagezweho n’ibyananiranye mu buryo igihugu, akarere n’umugabane bigerageza gukuraho imbogamizi z’ishoramari ndetse banafatire hamwe imyanzuro y’ukuntu ishoramari muri Afurika ryarushaho kwiyongera.

Ngo ikibazo gikomeye cyo kuzabaza kikaba ari ukumenya niba Abanyafurika biteguye kugira uruhare mu gushora imari mu mpinduka zabo nk’uko itangazo rya Uongozi rivuga.

Aba bashyitsi bakuru bakaba bagiye kuza mu Rwanda nyuma y’aho muri uku kwezi dusoza kwa Nyakanga 2018, u Rwanda rwasuwe n’abashyitsi b’imena bari ku buyobozi nka perezida Felipe Nyusi wa Mozambique, ndetse na perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, bo bakoze n’amateka yo kuba abakuru b’ibi bihugu ba mbere bari bakandagiye mu Rwanda.

 

2018-07-29
Editorial

IZINDI NKURU

Ingabire Victoire yemereye RIB ko hari amategeko y’igihugu atari asobanukiwe

Ingabire Victoire yemereye RIB ko hari amategeko y’igihugu atari asobanukiwe

Editorial 09 Oct 2018
Noble Marara wirirwa usebya u Rwanda ni muntu ki ?

Noble Marara wirirwa usebya u Rwanda ni muntu ki ?

Editorial 08 Nov 2017
Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome

Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome

Editorial 06 May 2017
Icyoba ni cyose  mu mujyi wa Kampala

Icyoba ni cyose mu mujyi wa Kampala

Editorial 14 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije
INKURU NYAMUKURU

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Editorial 20 Jan 2020
CAF yaciye Rayon Sports ibihumbi 20$, Yannick Mukunzi ahagarikwa imikino itatu
IMIKINO

CAF yaciye Rayon Sports ibihumbi 20$, Yannick Mukunzi ahagarikwa imikino itatu

Editorial 09 Aug 2018
Abaturage Bambonamo Undi Museveni- Col. Kizza Besigye
ITOHOZA

Abaturage Bambonamo Undi Museveni- Col. Kizza Besigye

Editorial 19 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru