• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Rwanda Rugiye Kwakira abandi bashyitsi bahoze ari Abayobozi muri Afurika 7 bazitabira inama ya ALF

U Rwanda Rugiye Kwakira abandi bashyitsi bahoze ari Abayobozi muri Afurika 7 bazitabira inama ya ALF

Ubwanditsi 29 Jul 2018 ITOHOZA

Inama ya 5 ya African Leadership Forum igiye guteranira I Kigali izahuriramo abahoze ari abakuru b’ibihugu muri Afurika bagera kuri 7 bazashyira imitwe yabo hamwe bagatekereza ku nzira nshya zo gushora mu mpinduka za Afurika hagamijwe iterambere rirambye.

Inama ya African Leadership Forum izabera I Kigali mu Rwanda guhera kuwa 02 kugeza kuwa 03 Kanama 2018.

Abahoze ari abakuru b’ibihugu muri Afurika nka Benjamin W. Mkapa, Tanzania, Festus Mogae, Botswana, Olusegun Obasanjo, Nigeria, Mohamed M.Marzouki, Tunisia, Hassan Sheikh Mohamud, Somalia, Joachim Chissano na Armando Guebuza, bombi bayoboye Mozambique.

Izitabirwa kandi na Mukhisa Kituyi, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Ubucuruzi n’Iterambere y’Umuryango w’Abibumbye (UNCTAD) ndetse n’umuherwe wa mbere muri Afurika, Alhaji Aliko Dangote, Nyiri Dangote Group.

Muri iyi nama hazabaho gusangira ubunararibonye no kungurana ibitekerezo harebwa uko imikorere y’umugabane wa Afurika yatezwa imbere.

Ni inama yateguwe na Uongozi Institute ku bufatanye na Thabo Mbeki Foundation biteganyijwe ko izabera muri Kigali Convention Centre guhera kuwa 02 kugeza kuwa 03 Kanama, 2018, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Financing Africa’s Transformation for Sustainable Development”. Ugenekereje mu Kinyarwanda ni nko; ‘Gushora mu Mpinduka zigamije Iterambere Rirambye rya Afurika’.

Inama ya ALF iheruka yabereye mu Mujyi wa Boksburg muri Afurika y’Epfo

Uongozi ikaba ivuga ko abazitabira iyi nama bazagerageza kumva ukuntu ari ngombwa ko Afurika ikeneye ishoramari ry’iterambere ryayo, hakabaho gusangira ibyagezweho n’ibyananiranye mu buryo igihugu, akarere n’umugabane bigerageza gukuraho imbogamizi z’ishoramari ndetse banafatire hamwe imyanzuro y’ukuntu ishoramari muri Afurika ryarushaho kwiyongera.

Ngo ikibazo gikomeye cyo kuzabaza kikaba ari ukumenya niba Abanyafurika biteguye kugira uruhare mu gushora imari mu mpinduka zabo nk’uko itangazo rya Uongozi rivuga.

Aba bashyitsi bakuru bakaba bagiye kuza mu Rwanda nyuma y’aho muri uku kwezi dusoza kwa Nyakanga 2018, u Rwanda rwasuwe n’abashyitsi b’imena bari ku buyobozi nka perezida Felipe Nyusi wa Mozambique, ndetse na perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, bo bakoze n’amateka yo kuba abakuru b’ibi bihugu ba mbere bari bakandagiye mu Rwanda.

 

2018-07-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urusha nyina w’Umwana imbabazi …..

Urusha nyina w’Umwana imbabazi …..

Ubwanditsi 07 Oct 2016
Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 21 Aug 2017
N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho

N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho

Ubwanditsi 09 Jan 2017
Urukiko Ruzemeza Aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Uzatabarizwa

Urukiko Ruzemeza Aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Uzatabarizwa

Ubwanditsi 28 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Umunyarwanda arashinja Umubiligi kumukorera irondaruhu
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda arashinja Umubiligi kumukorera irondaruhu

Ubwanditsi 06 Jun 2018
Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata
IMIKINO

Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata

Ubwanditsi 01 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru