• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Editorial 23 Oct 2017 Mu Rwanda

Guverinoma y’u Rwanda yahakanye ibyatangajwe n’Intumwa zigize Komite Nto ya Loni Ishinzwe kurwanya Iyicarubozo zari zaje mu gihugu mu iperereza muri za gereza zitandukanye, zigataha zitarangije akazi zivuga ko zashyizweho amananiza.

Iyi Komite yari igizwe n’abantu icyenda yari igamije kumenya uko imfungwa zifatwa mu Rwanda no kugira inama Leta ku gushinga urwego rw’igihugu rugenzura ahafungirwa abantu.

Izo ntumwa zatangaje ku wa 20 Ukwakira 2017 ko Guverinoma y’u Rwanda yanze gukorana nazo ntizibashe kugera muri gereza n’ahandi hafungiye abantu. Zihamya ko aho zageze zitabashije kuganira n’imfungwa n’abagororwa mu ibanga kandi n’abo zaganiriye nazo bakazibwira ko bashobora kubiryozwa.

Mu itangazo Guverinoma y’u Rwanda yashyize ahagaragara kuri uyu wa 23 Ukwakira 2017, yavuze ko iyo Komite ya Loni yishe amabwiriza bari bemeranyijweho ikarangiza akazi kari kayizanye itabimenyesheje ubuyobozi bw’u Rwanda ahubwo ikajya gusakaza amakuru y’ibihuha mu itangazamakuru.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yavuze ko u Rwanda ari rwo rwari rwatumiye iyo komite, ikaza ikamara iminsi itanu isura ahantu hatandukanye nta kibazo na kimwe igaragaza.

Yzgize ati “Mu gihe cy’iminsi itanu basuye ibigo bitandukanye birimo gereza, sitasiyo za polisi, Transit Centers, ibitaro bivura abafite uburwayi bwo mu mutwe, baganira n’abakozi, impfungwa n’abarwayi.”

Yasobanuye ko amakuru avuga ko abavuganye n’izo ntumwa za Loni bashobora kubiryozwa adafite ishingiro ahubwo agamije guteza umwuka mubi.

Ati “Ibibazo bya tekiniki byabaye mu ngendo zabo bari mu kazi byahise bikemurwa. Ibivugwa ko uwabajijwe wese ashobora kubiryozwa nta shingiro bifite kandi bigamije guteranya.”

Minisitiri w’Ubutabera yahamije ko iyo komite yasuye ahantu hatandukanye yihitiyemo harimo Gereza ya Rilima na Muhanga, sitasiyo za polisi za Nyamata, Kimihurura, Nyamirambo, Transit Center ya Gikondo, icyicaro cya Diviziyo ya Mbere y’Ingabo z’u Rwanda cya Kami n’Ibitaro bya Ndera.

Minisitiri Busingye avuga ko u Rwanda ruzakomeza kubahiriza amasezerano mpuzamahanga yo gukumira iyicarubozo ariko runita ku mahitamo yandi ashoboka ajyana nayo.

-8470.jpg

Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye

Iyo komite yari igizwe na Arman Danielyan, ukomoka muri Armenia, ari nawe wari uyiyoboye, Kosta Mitrovic wo muri Serbia, Zdenka Petrovic wo muri Montenegro, Aneta Stanchevska wo muri Macedonia, Joao Nataf, Maria Toyanova, Smitry Cherepanov na Jean Christophe Deslandes.

Source : IGIHE

2017-10-23
Editorial

IZINDI NKURU

Huye: Polisi y’u Rwanda yafashe umuturage atetse Kanyanga

Huye: Polisi y’u Rwanda yafashe umuturage atetse Kanyanga

Editorial 15 Apr 2017
Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Editorial 10 Dec 2020
Perezida Kagame yafunguje Se w’umwana yateruye  i Nyamirambo  mu gihe cyo kwiyamamaza

Perezida Kagame yafunguje Se w’umwana yateruye i Nyamirambo mu gihe cyo kwiyamamaza

Editorial 17 Sep 2017
Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Editorial 02 Aug 2017
Huye: Polisi y’u Rwanda yafashe umuturage atetse Kanyanga

Huye: Polisi y’u Rwanda yafashe umuturage atetse Kanyanga

Editorial 15 Apr 2017
Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Editorial 10 Dec 2020
Perezida Kagame yafunguje Se w’umwana yateruye  i Nyamirambo  mu gihe cyo kwiyamamaza

Perezida Kagame yafunguje Se w’umwana yateruye i Nyamirambo mu gihe cyo kwiyamamaza

Editorial 17 Sep 2017
Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Editorial 02 Aug 2017
Huye: Polisi y’u Rwanda yafashe umuturage atetse Kanyanga

Huye: Polisi y’u Rwanda yafashe umuturage atetse Kanyanga

Editorial 15 Apr 2017
Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Editorial 10 Dec 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru