• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

Editorial 06 Oct 2017 ITOHOZA

Guverinoma y’u Rwanda yateye utwatsi amakuru ari mu gihugu cya Uganda avuga ko u Rwanda rwaba rushaka gufasha umukuru w’igipolisi cya Uganda kuzasimbura perezida Museveni igihe azaba avuye ku butegetsi.

“Nta business dufitanye na Gen Kale”, uyu ni Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Major Gen. (Rtd) Frank Mugambage.

Ambasaderi Mugambage yakomeje avuga ko abarwanya Kayihura ari bo bazana ibyo bihuha kandi ngo ni ikintu cyo kurebwa.

Ibi Ambasaderi Mugambage yabitangaje kuri iki Cyumweru mu kiganiro cyihariye yagiranye na Chimpreports, dukesha iyi nkuru, imusanze aho atuye muri Kololo, mu nkengero za Kampala. Ambasaderi Mugambage akaba yasubizaga ibibazo byinshi bikomeje kugaragara mu itangazamakuru no mu zindi nzego za Uganda.

Yagize ati: “Ikibazo cyo kuba u Rwanda rushyigikiye rwihishwa Kayihura ntacyo kiri cyo usibye ibihimbano”.

Ni nyuma y’uko hari amakuru amaze iminsi ahwihwiswa avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yaba iri gukorana bya hafi na Kayihura hagamijwe gutuma azafata ubutegetsi igihe Museveni azaba agiye mu kiruhuko.

Abahuza imikoranire ya Gen Kale Kayihura na guverinoma y’u Rwanda bavuga ko yagiye akorana n’igipolisi cy’u Rwanda muri gahunda zo gutoza abapolisi no kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka. Bavuga kandi ko ubwumvikane bucye bumaze iminsi buranga Gen. Kayihura na Lt Gen. Henry Tumukunde, bwatewe nuko uyu wa nyuma ngo azi iby’uyu mubano wa hafi wa Kayihura na Leta y’u Rwanda.

-8187.jpg

Lt Gen. Tumukunde

Uyu Lt Gen. Tumukunde ngo akaba yarayoboye urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda igihe umubano w’ibihugu byombi utari wifashe neza. Nyamara ariko, ngo ku mbaraga z’uwari ambasaderi wa Uganda mu Rwanda, Richard Kabonero ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage, ngo umubano waje gusubira mu buryo byuzuye.

-8185.jpg

Gen Kale Kayihura

Nyamara ariko, ngo ibihuha bihari muri iki gihe na raporo z’inzego z’ubutasi bigaragaza ko ibi bihugu by’ibivandimwe bishobora kongera kwisanga mu ntambara y’ubutita.

Kuri iki kibazo cy’umubano wa Gen Kayihura na leta y’u Rwanda, Ambasaderi Mugambage avuga ko abashaka guhimba ibinyoma kubera ibibazo bafitanye na Kayihura, bashobora kuvuga icyo bashatse cyose.

Amb. Mugambage ati: “Gahunda y’u Rwanda ni iy’iterambere kandi ruzakomeza gukorana n’abaturanyi mu kugera ku ntego rusange mu bijyanye n’umutekano n’iterambere ry’ibikorwaremezo.”

Ku kibazo cyo kuba u Rwanda rwaba rufite inyungu mu kugena uzasimbura Museveni ku mpamvu z’umutekano wa politiki mu Rwanda, Mugambage yasubije ko ari ibinyoma, abaza impamvu u Rwanda rwagira ikibazo ku muntu wayobora Uganda. Ati:“Ni ibibazo bya Uganda”.

Yakomeje agira ati: “U Rwanda rufite byinshi byo gukora. Ibi byose tubibona gusa mu itangazamakuru. Nta kintu nk’icyo gihari.”

Ambasaderi Mugambage yanagarutse ku Munyarwanda, Rene Rutagungira washimutiwe muri Uganda muri Kanama uyu mwaka, n’abantu batatu bari bafite imbunda bamusanze mu kabari kitwa Bahamas Bar gaherereye muri Old Kampala, asobanura ko na n’ubu hataramenyekana aho aherereye nubwo abo mu muryango we bo bakomeje kwemeza ko afungiye ku cyicaro cy’urwego rw’ubutasi mu gisirikare (CMI) ahitwa Mbuya.

-8188.jpg

Amashusho ya camera yafatiwe mu kabari Sgt (Rtd) Rene Rutagungira yashimutiwemo mu gihugu cya Uganda

Abayobozi mu gisirikare cya Uganda batangaje ko Rutagungira yari arimo arakorwaho iperereza ku kugira uruhare mu bikorwa byo guhungabanya umutekano wa Uganda, ariko bakavuga ko nabo batazi aho aherereye.

Ambasaderi Mugambage avuga ko iki kibazo cyagejejwe ku nzego kireba, aho avuga ko ambasade yandikiye minisiteri y’ububanyi n’amahanga ndetse bakaba barabajije izindi nzego nk’igipolisi n’inzego z’ubutasi ariko nta n’umwe wemera ko afite Rutagungira.

-8186.jpg

Ambasaderi Mugambage

Source : Chimpreports

2017-10-06
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwitabaje ibindi bihugu mu kwamagana umucamanza Theodor Meron

U Rwanda rwitabaje ibindi bihugu mu kwamagana umucamanza Theodor Meron

Editorial 25 Jun 2018
Padiri Nahimana  arategura imyigaragambyo itemewe  kuri Ambasade y’u Rwanda i Buruseli

Padiri Nahimana arategura imyigaragambyo itemewe kuri Ambasade y’u Rwanda i Buruseli

Editorial 29 Nov 2016
Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Editorial 20 Aug 2019
Abakobwa 2 b’impanga b’uwahoze ari Perezida w’Amerika George W. Bush banditse ibarwa bihanganisha abakobwa ba Barack Obama

Abakobwa 2 b’impanga b’uwahoze ari Perezida w’Amerika George W. Bush banditse ibarwa bihanganisha abakobwa ba Barack Obama

Editorial 13 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Min. W’Intebe W’u Buhinde, Narendra Modi Yunamiye Inzirakarengane Zishyinguye Mu Rwibutso Rwa Kigali
HIRYA NO HINO

Min. W’Intebe W’u Buhinde, Narendra Modi Yunamiye Inzirakarengane Zishyinguye Mu Rwibutso Rwa Kigali

Editorial 24 Jul 2018
Uganda: Batatu bakurikiranyweho kwiba mudasobwa zirimo amakuru y’iperereza ku rupfu rwa Kaweesi
HIRYA NO HINO

Uganda: Batatu bakurikiranyweho kwiba mudasobwa zirimo amakuru y’iperereza ku rupfu rwa Kaweesi

Editorial 05 Jun 2018
Ibinyamakuru bya CMI Bikomeje Gukwirakwiza Ibinyoma Bikubiye mu Birego ko Bamwe mu Basirikari ba Uganda Banekera u Rwanda nta Kimenyetso na akimwe Batanga
Amakuru

Ibinyamakuru bya CMI Bikomeje Gukwirakwiza Ibinyoma Bikubiye mu Birego ko Bamwe mu Basirikari ba Uganda Banekera u Rwanda nta Kimenyetso na akimwe Batanga

Editorial 28 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru