• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Ubwanditsi 19 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Igitangazamakuru gikorera kuri Internet, Chimpreports, kimwe mu bikoreshwa cyane nk’umunwa w’ubutegetsi bwa Museveni, mu mugambi wo guhindanya u Rwanda, kuri ubu cyibasiye igisirikare cyarwo RDF, kizisebya ko abasirikare barimo kwambuka bajya muri Uganda gushaka ibyo kurya no kunywa.

Iyi nkuru ije isanga urukurikirane rw’ibihimbano ibitangazamakuru byinshi byo muri Uganda bimenyerewe mu icengezamatwara rya Museveni, bikwirakwiza bivuga ko Abanyarwanda barimo guhungira muri Uganda bashakayo ibyo kurya.

Iki cyatumye umunyarwanda yibaza ‘Kuki aba banya-Uganda bafite imitekerereze ya cyana ko ibiryo biba muri Uganda gusa’.

Inkuru ya Chimpreports, yatangajwe kuri uyu wa 18 Mata, yavugaga ko ingabo z’u Rwanda zambukiye i Kisoro mu buryo butemewe n’amategeko. Iki gitangazamakuru gishingira inkuru yacyo ku magambo y’umucuruzi w’akabari witwa Hellen Mwiza.

Ubuhamya bw’uyu Mwiza nta nubwo nibura ari n’iperereza ryoroshye ryagendeweho. Icyerekana ko ari ibinyoma, ni uko nta gitangazamakuru cyizewe mu karere cyigeze gitangaza uko kuvogerwa kw’igihugu cya Uganda bikozwe n’umunyamahanga, yaba umunyarwanda cyangwa se ingabo.

Chimpreports ifatanyije n’ibindi bitangazamakuru na blog, bifashwa na leta, byiyemeje guhindanya isura y’u Rwanda bigaragaza ko hari ubukene n’imibereho mibi.

Ababirebera hafi, basanga uyu ari umukino wo kwenyegeza ikinyoma cy’uko ‘kuva u Rwanda rwafunga imipaka yarwo mu kwezi gushize, ‘abanyarwanda babayeho nabi’. Ni ikinyoma cyimukiye ku ngabo z’u Rwanda, zubashywe ndetse zikaba zimwe mu zifite ikinyabupfura n’ubunyamwuga muri Afurika.

Ubushakashatsi buto wakorera kuri Internet, bwerekana aho ingabo z’u Rwanda, ziri mu butumwa bw’amahoro muri Afurika yaba muri Sudan, Centrafrique n’ahandi zishimwa cyane n’abaturage kubera ubunyamwuga n’ikinyabupfura bwazo.

Zakoze ibikorwa by’ubunyamwuga muri Centrafrique, urugero uwari Perezida Catherine Samba-Panza, yahisemo ko Ingabo z’u Rwanda, ziba ari zo zimurinda yirengagiza izindi ngabo zigarura amahoro muri iki gihugu.

RDF ni urwego rwubashywe cyane yaba mu gihugu no mu mahanga, isuzuma ryimbitse ryabigaragaza.

U Rwanda ni igihugu cya kane mu gutanga ingabo nyinshi mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bwa Loni mu 2018, kandi biruhesha icyubahiro cyinshi n’ishema kubera ubunyamwuga ndetse na serivisi zitanga.

Umwe mu basesenguzi yagize ati “Kubona bimwe mu bitangazamakuru bya Uganda bivuga ko abagize ingabo nk’izo (RDF) nibura batekereje gukandagiza ikirenge mu kindi gihugu bagiye gushaka ibyo kurya, birerekana uko icyo gitangazamakuru ubwacyo gifite ikibazo”.

Igitangaje, usanga abacengezamatwara ba Kampala, basa n’abahirika imyitwarire y’ingabo zabo, UPDF, ku z’u Rwanda.

Buri munya-Uganda, akura abona imyitwarire y’ubukundamugayo, gusahinda n’indi myitwarire mibi y’inzego z’umutekano za Uganda, cyane cyane UPDF.

Umwe mu banyamakuru ukorera i Kampala, abajijwe kugira icyo avuga ku ngabo za Uganda, yavuze ko zizwiho kutagira ikinyabupfura, gusakuza n’ibindi bizihesha isura mbi aho zigiye hose.

Ati “Muri Somalia, UPDF irashinjwa kwiba no gufata ku ngufu abagore n’abakobwa. Muri RDC ziyobowe na Gen.Salim Saleh, zasahuye iki gihugu byatumye Uganda ijyanwa mu rukiko mpuzamahanga rwategetse ko yishyura RDC miliyari 10 z’amadolari”.

Ikindi gitangazamakuru cyo kuri Internet kitwa NilePost, muri Nzeri 2018 cyatangaje uko abasirikare ba UPDF, bibye inyama z’intare muri pariki ya Queen Elizabeth Park. Uretse ingabo za Museveni nta zindi zagira imyitwarire nk’iyi yo kwambura inyamaswa ibyazo.

Mu gihe cya vuba duherutse kubona ibyabaye muri Uganda aho abasirikare barimo na Jenerali wasezerewe mu ngabo, bakubise umupolisi wari mu kazi, aya mabi y’ingabo za Uganda yiyongeraho umusirikare wo mu mutwe udasanzwe wafatiwe mu bikorwa by’ubujura.

UPDF na Major general Matayo Kyaligonza bahohotera umupolisi uri mukazi ke

Abasesenguzi bavuga ko bishoboka ko n’abambari ba Museveni bafitiye ishyari u Rwanda kubera izina ryiza ry’inzego zarwo, bakaba bagerageza kwanduza irya RDF. Icyakora uku gusebanya ntakindi byamarira aba bambari uretse gukomeza guhabwa inkwenene.

2019-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?

Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?

Ubwanditsi 14 Oct 2022
Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Ubwanditsi 15 Apr 2019
Urukiko rw’ikirenga rwategetse ko gushushanya Perezida Kagame bikomeza kuba icyaha

Urukiko rw’ikirenga rwategetse ko gushushanya Perezida Kagame bikomeza kuba icyaha

Ubwanditsi 25 Apr 2019
Nyuma y’igikorwa cyagizwe ubwiru kugeza ku munota wa nyuma cyo gufata umuterankunga wa Jenoside Kabuga Felicien, u Bufaransa bwaba bugiye gushyira inyandiko zabwo kuri Jenoside ahabona

Nyuma y’igikorwa cyagizwe ubwiru kugeza ku munota wa nyuma cyo gufata umuterankunga wa Jenoside Kabuga Felicien, u Bufaransa bwaba bugiye gushyira inyandiko zabwo kuri Jenoside ahabona

Ubwanditsi 06 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana
HIRYA NO HINO

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Nta cyahindutse ku muburo wahawe Abanyarwanda ku kujya muri Uganda – Min. Nduhungirehe
HIRYA NO HINO

Nta cyahindutse ku muburo wahawe Abanyarwanda ku kujya muri Uganda – Min. Nduhungirehe

Ubwanditsi 05 Jan 2020
RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni
POLITIKI

RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

Ubwanditsi 12 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru