• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Ubwanditsi 19 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Igitangazamakuru gikorera kuri Internet, Chimpreports, kimwe mu bikoreshwa cyane nk’umunwa w’ubutegetsi bwa Museveni, mu mugambi wo guhindanya u Rwanda, kuri ubu cyibasiye igisirikare cyarwo RDF, kizisebya ko abasirikare barimo kwambuka bajya muri Uganda gushaka ibyo kurya no kunywa.

Iyi nkuru ije isanga urukurikirane rw’ibihimbano ibitangazamakuru byinshi byo muri Uganda bimenyerewe mu icengezamatwara rya Museveni, bikwirakwiza bivuga ko Abanyarwanda barimo guhungira muri Uganda bashakayo ibyo kurya.

Iki cyatumye umunyarwanda yibaza ‘Kuki aba banya-Uganda bafite imitekerereze ya cyana ko ibiryo biba muri Uganda gusa’.

Inkuru ya Chimpreports, yatangajwe kuri uyu wa 18 Mata, yavugaga ko ingabo z’u Rwanda zambukiye i Kisoro mu buryo butemewe n’amategeko. Iki gitangazamakuru gishingira inkuru yacyo ku magambo y’umucuruzi w’akabari witwa Hellen Mwiza.

Ubuhamya bw’uyu Mwiza nta nubwo nibura ari n’iperereza ryoroshye ryagendeweho. Icyerekana ko ari ibinyoma, ni uko nta gitangazamakuru cyizewe mu karere cyigeze gitangaza uko kuvogerwa kw’igihugu cya Uganda bikozwe n’umunyamahanga, yaba umunyarwanda cyangwa se ingabo.

Chimpreports ifatanyije n’ibindi bitangazamakuru na blog, bifashwa na leta, byiyemeje guhindanya isura y’u Rwanda bigaragaza ko hari ubukene n’imibereho mibi.

Ababirebera hafi, basanga uyu ari umukino wo kwenyegeza ikinyoma cy’uko ‘kuva u Rwanda rwafunga imipaka yarwo mu kwezi gushize, ‘abanyarwanda babayeho nabi’. Ni ikinyoma cyimukiye ku ngabo z’u Rwanda, zubashywe ndetse zikaba zimwe mu zifite ikinyabupfura n’ubunyamwuga muri Afurika.

Ubushakashatsi buto wakorera kuri Internet, bwerekana aho ingabo z’u Rwanda, ziri mu butumwa bw’amahoro muri Afurika yaba muri Sudan, Centrafrique n’ahandi zishimwa cyane n’abaturage kubera ubunyamwuga n’ikinyabupfura bwazo.

Zakoze ibikorwa by’ubunyamwuga muri Centrafrique, urugero uwari Perezida Catherine Samba-Panza, yahisemo ko Ingabo z’u Rwanda, ziba ari zo zimurinda yirengagiza izindi ngabo zigarura amahoro muri iki gihugu.

RDF ni urwego rwubashywe cyane yaba mu gihugu no mu mahanga, isuzuma ryimbitse ryabigaragaza.

U Rwanda ni igihugu cya kane mu gutanga ingabo nyinshi mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bwa Loni mu 2018, kandi biruhesha icyubahiro cyinshi n’ishema kubera ubunyamwuga ndetse na serivisi zitanga.

Umwe mu basesenguzi yagize ati “Kubona bimwe mu bitangazamakuru bya Uganda bivuga ko abagize ingabo nk’izo (RDF) nibura batekereje gukandagiza ikirenge mu kindi gihugu bagiye gushaka ibyo kurya, birerekana uko icyo gitangazamakuru ubwacyo gifite ikibazo”.

Igitangaje, usanga abacengezamatwara ba Kampala, basa n’abahirika imyitwarire y’ingabo zabo, UPDF, ku z’u Rwanda.

Buri munya-Uganda, akura abona imyitwarire y’ubukundamugayo, gusahinda n’indi myitwarire mibi y’inzego z’umutekano za Uganda, cyane cyane UPDF.

Umwe mu banyamakuru ukorera i Kampala, abajijwe kugira icyo avuga ku ngabo za Uganda, yavuze ko zizwiho kutagira ikinyabupfura, gusakuza n’ibindi bizihesha isura mbi aho zigiye hose.

Ati “Muri Somalia, UPDF irashinjwa kwiba no gufata ku ngufu abagore n’abakobwa. Muri RDC ziyobowe na Gen.Salim Saleh, zasahuye iki gihugu byatumye Uganda ijyanwa mu rukiko mpuzamahanga rwategetse ko yishyura RDC miliyari 10 z’amadolari”.

Ikindi gitangazamakuru cyo kuri Internet kitwa NilePost, muri Nzeri 2018 cyatangaje uko abasirikare ba UPDF, bibye inyama z’intare muri pariki ya Queen Elizabeth Park. Uretse ingabo za Museveni nta zindi zagira imyitwarire nk’iyi yo kwambura inyamaswa ibyazo.

Mu gihe cya vuba duherutse kubona ibyabaye muri Uganda aho abasirikare barimo na Jenerali wasezerewe mu ngabo, bakubise umupolisi wari mu kazi, aya mabi y’ingabo za Uganda yiyongeraho umusirikare wo mu mutwe udasanzwe wafatiwe mu bikorwa by’ubujura.

UPDF na Major general Matayo Kyaligonza bahohotera umupolisi uri mukazi ke

Abasesenguzi bavuga ko bishoboka ko n’abambari ba Museveni bafitiye ishyari u Rwanda kubera izina ryiza ry’inzego zarwo, bakaba bagerageza kwanduza irya RDF. Icyakora uku gusebanya ntakindi byamarira aba bambari uretse gukomeza guhabwa inkwenene.

2019-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mkapa : Afrika ikwiye guha urubyiruko amahirwe atuma rutifuza kuba i Burayi

Mkapa : Afrika ikwiye guha urubyiruko amahirwe atuma rutifuza kuba i Burayi

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025
Perezida Kagame yagaragaje ibikenewe ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika

Perezida Kagame yagaragaje ibikenewe ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika

Ubwanditsi 20 Mar 2018
U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

Ubwanditsi 28 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nsabimana Aimable yagize imvune ishobora gutuma atitabira imikino y’Amavubi
Amakuru

Nsabimana Aimable yagize imvune ishobora gutuma atitabira imikino y’Amavubi

Ubwanditsi 29 Sep 2024
U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Liban mu mikino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Liban mu mikino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 19 Aug 2024
Trump yasinye iteka rishya rikumira abimukira bo mu bihugu by’Abayisilamu
POLITIKI

Trump yasinye iteka rishya rikumira abimukira bo mu bihugu by’Abayisilamu

Ubwanditsi 08 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru