• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Editorial 30 Oct 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Minisitiri w’ubutabera wa Uganda,Kahinda Otafiire, yavuze ko igisirikare cy’iki gihugu kizasyonyora abanyapolitike bakoresha intero ya “People Power” bagamije “guhungabanya igihugu”, nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru Daily Monitor.

Iyo ntero ya “People power” ikoreshwa na Bobi Wine, umudepite utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda akaba n’umunyamuziki, iyo ari kwegeranya abayoboke yamagana ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, wageze ku butegetsi mu mwaka wa 1986.

Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, mu kwezi kwa karindwi yatangaje ko aziyamamaza mu matora ya perezida yo mu mwaka wa 2021 agahatana na perezida Museveni.

Kahinda Otafiire, akaba ari na Jenerali Majoro mu gisirikare cya Uganda, ejo ku wa kabiri yabwiye abitaririye inama mu karere ka Kashenshero mu majyepfo ko “People Power” cyangwa ubutegetsi bw’abaturage buba mu nzego zabo.

Daily Monitor isubiramo amagambo ye agira ati:

“Numvise uru rusaku rwose rujyanye na ’people power’; ni ubuhe butegetsi bahagarariye? Abo bantu [bahagarariye] bari he? Ubwo [ubutegetsi] tuzi ni ubw’umukuru w’inzego z’ibanze bugerwaho binyuze mu matora”.

Iki kinyamakuru gikomeza gisubiramo amagambo ya Bwana Otafiire agira ati:

“Tuzarinda ubu butegetsi dukoresheje ingabo n’igisirikare kirwanira mu kirere. Uwo ari we wese uzagerageza guhungabanya ubu butegetsi, ahawe ikaze ariko ikizakurikiraho, ntazakicuze…”

Yongeyeho ati: “Yego, ushobora kugerageza guhirika ubutegetsi ukoresheje urugomo. Simvuze ko bidashoboka, ariko menya ko bitoroshye kandi witegure kwirengera ingaruka”.

Bobi Wine yamaganye ayo magambo ya Bwana Otafiire. Mu butumwa yatangaje kuri Twitter yavuze ko igisirikare kigomba kutagira uruhande kibogamiyeho.


Bobi Wine yamaganye amagambo ya Minisitiri Otafiire

Inkuru ya BBC

2019-10-30
Editorial

IZINDI NKURU

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Editorial 28 Dec 2024
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Editorial 21 Aug 2024
Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”

Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”

Editorial 27 Aug 2025
Perezida Kagame yagize icyo avuga  ku gitutu u Rwanda rushyirwaho n’ibindi bihugu

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku gitutu u Rwanda rushyirwaho n’ibindi bihugu

Editorial 25 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene
UBUKUNGU

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Editorial 21 Dec 2018
Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika
UBUKUNGU

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Editorial 19 Jun 2019
Ingabire Victoire Ajye Yibuka Ko Yafunzwe N’ibimenyetso Byavuye Mu Buholandi, Naho Isano N’abajenosideri, Akabaye Icwende Ntikoga Ngo Gashiremo Umunuko
INKURU NYAMUKURU

Ingabire Victoire Ajye Yibuka Ko Yafunzwe N’ibimenyetso Byavuye Mu Buholandi, Naho Isano N’abajenosideri, Akabaye Icwende Ntikoga Ngo Gashiremo Umunuko

Editorial 04 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru