• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Editorial 30 Oct 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Minisitiri w’ubutabera wa Uganda,Kahinda Otafiire, yavuze ko igisirikare cy’iki gihugu kizasyonyora abanyapolitike bakoresha intero ya “People Power” bagamije “guhungabanya igihugu”, nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru Daily Monitor.

Iyo ntero ya “People power” ikoreshwa na Bobi Wine, umudepite utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda akaba n’umunyamuziki, iyo ari kwegeranya abayoboke yamagana ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, wageze ku butegetsi mu mwaka wa 1986.

Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, mu kwezi kwa karindwi yatangaje ko aziyamamaza mu matora ya perezida yo mu mwaka wa 2021 agahatana na perezida Museveni.

Kahinda Otafiire, akaba ari na Jenerali Majoro mu gisirikare cya Uganda, ejo ku wa kabiri yabwiye abitaririye inama mu karere ka Kashenshero mu majyepfo ko “People Power” cyangwa ubutegetsi bw’abaturage buba mu nzego zabo.

Daily Monitor isubiramo amagambo ye agira ati:

“Numvise uru rusaku rwose rujyanye na ’people power’; ni ubuhe butegetsi bahagarariye? Abo bantu [bahagarariye] bari he? Ubwo [ubutegetsi] tuzi ni ubw’umukuru w’inzego z’ibanze bugerwaho binyuze mu matora”.

Iki kinyamakuru gikomeza gisubiramo amagambo ya Bwana Otafiire agira ati:

“Tuzarinda ubu butegetsi dukoresheje ingabo n’igisirikare kirwanira mu kirere. Uwo ari we wese uzagerageza guhungabanya ubu butegetsi, ahawe ikaze ariko ikizakurikiraho, ntazakicuze…”

Yongeyeho ati: “Yego, ushobora kugerageza guhirika ubutegetsi ukoresheje urugomo. Simvuze ko bidashoboka, ariko menya ko bitoroshye kandi witegure kwirengera ingaruka”.

Bobi Wine yamaganye ayo magambo ya Bwana Otafiire. Mu butumwa yatangaje kuri Twitter yavuze ko igisirikare kigomba kutagira uruhande kibogamiyeho.


Bobi Wine yamaganye amagambo ya Minisitiri Otafiire

Inkuru ya BBC

2019-10-30
Editorial

IZINDI NKURU

Abaperezida 10 ba Afurika bagiye bishingikiriza imbaraga z’abapfumu zikabatenguha

Abaperezida 10 ba Afurika bagiye bishingikiriza imbaraga z’abapfumu zikabatenguha

Editorial 04 Jan 2018
Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye  paradizo

Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye paradizo

Editorial 14 Jul 2017
Ntawunguka Pacifique uyobora FDLR ntamara kabiri – Gen Kabarebe

Ntawunguka Pacifique uyobora FDLR ntamara kabiri – Gen Kabarebe

Editorial 13 Jan 2020
Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Editorial 04 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ringtone Apoko uririmba indirimbo zihimbaza Imana yakamejeje yegeranyije inkwano ngo mpaka arongoye Zari
HIRYA NO HINO

Ringtone Apoko uririmba indirimbo zihimbaza Imana yakamejeje yegeranyije inkwano ngo mpaka arongoye Zari

Editorial 22 Feb 2018
Rayon  yarahiye itsemba isano ko  idahawe igikombe yatsindiye  ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu
Mu Rwanda

Rayon yarahiye itsemba isano ko idahawe igikombe yatsindiye ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu

Editorial 26 May 2017
Bruno Mars na Kendrick Lamar_bongeye kwegukana ibihembo byinshi kurusha abandi muri Grammy Award 2018
SHOWBIZ

Bruno Mars na Kendrick Lamar_bongeye kwegukana ibihembo byinshi kurusha abandi muri Grammy Award 2018

Editorial 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru