• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA

Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA

RUSHYASHYA 28 Jun 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda, POLITIKI

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana ‘Bora’, yagaragaje ko uretse kuba umutwe w’iterabwoba wa FDLR ufashwa na Leta ya Kinshasa n’u Burundi, ukura ubushobozi no mu bikorwa by’ubucuruzi burimo guhinga no kugurisha urumogi abari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe gufasha kugarura no kubungabunga umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO).

Ibi uyu mugabo wabaye muri FDLR ashinzwe ubutasi bwo hanze, yabitangarije mu Inama Nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’urugamba rwo kuyihagarika, yateguwe n’Umuryango Unity Club-Intwararumuri ku wa 27 Kamena 2026.

Col (Rtd) Bora, yavuze ko FDLR ifite ahantu henshi hatandukanye ikura ubushobozi, burimo ubuva mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kubaza no kugirisha imbaho, guhinga no gucuruza urumogi n’ibindi.

Yagize ati “Amafaranga menshi aturuka mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Hari ahitwa za Oninga, habamo abacukuzi barenga ibihumbi 30, buri mucukuzi aba agomba gutanga 0.5 cy’idorali ku mubiri buri kwezi, ariko ibyo kurya aba agomba kubifata ku birindiro bya FDLR, yazajya kwishyura akishyura mu mabuye ntabwo yishyura mu mafaranga. Kandi na zahabu yabonye ayigurisha FDLR ntabwo ayigurisha undi muntu.”

Yunzemo ati “Ahandi ubushobozi buturuka ni mu kubaza imbaho no kuzicuruza. Hari izitwa za ‘bois rouge’, za ‘cajou d’Afrique’, twarazibazaga, tukazipakira amakamyo, zimwe zikajya i Buganda (Uganda), izindi zigakomeza i Goma n’i Bukavu. Hari gucyana amakara no kuyacuruza, buriya Goma ni umujyi munini cyane, amakara acyanwa yabaga avuye mu duce FDLR iyobora, kandi amakamyo iyo yabaga agiye banyirayo bagombaga gusiga basoreye FDLR.”

Abagize umutwe wa FDLR bafite ubunararibonye mu buhinzi bw’urumogi kuko barugurisha ku rwego mpuzamahanga nkuko Col (Rtd) Bora abisobanura.

Ati “Buriya ikintu bita urumogi FDLR tuzi kuruhinga cyane, ahantu bita i Kobo nta kindi gihingwa, gihingwa uretse urumogi, rwazaga i Goma urundi rugakomeza za Kisangani, urundi tukarugurisha MONUSCO, ikarushyira mu magunguro igapakira indege ikajyana. MONUSCO mu baduhaga ibikoresho irimo, kubera ko twari duhujwe n’icyo kintu cy’urumogi n’amabuye y’agaciro twabagurishaga.”

Ubu bucuruzi FDLR ikorana na MONUSCO ngo bwiyongeraho ubwa za borune (bornes) zasize zishyinguwe mu butaka n’Ababiligi n’Abadage mu bihe by’ubukoloni.

Col (Rtd) Bora ati “Iyo babaga baje kubicukura mu duce turimo, bagombaga kuza bitwaje, ibyo kurya, imiti, amafaranga bagomba kuduha n’amasasu. Barangiza bagacukura nk’iminsi ibiri cyangwa itatu bakongera bakurira indege bakagenda nta Mahane abaye.”

Ubundi bufasha ni ubwo bakura kuri Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kuko abagize umutwe wa FDLR bahembwa na Perezida w’icyo gihugu Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, ubaha amafaranga, ibiryo n’imiti nkuko bikorerwa ingabo z’Igihugu (FRDC), hakiyongeraho n’ubufasha bw’amafaranga bahabwa n’Abanyaburayi

2026-06-28
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Ubwicanyi bw’abari mu nzego mu Burundi burakomeje

Ubwicanyi bw’abari mu nzego mu Burundi burakomeje

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Ubwanditsi 24 May 2021
Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Ubwanditsi 05 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

SoftPower  igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

SoftPower igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda

Ubwanditsi 12 Jan 2018
Ubwenge bucuramye bw’abarwanya Kagame nka Leah Karegeya, bwatumye ahabwa urw’amenyo nyuma yo kugaragaza ubuswa mu mibare
INKURU NYAMUKURU

Ubwenge bucuramye bw’abarwanya Kagame nka Leah Karegeya, bwatumye ahabwa urw’amenyo nyuma yo kugaragaza ubuswa mu mibare

Ubwanditsi 30 Mar 2020
Perezida wa Benin, Patrice Talon yavuze ko u Rwanda rwamenyekanye  kubera ubuyobozi bwiza
Mu Mahanga

Perezida wa Benin, Patrice Talon yavuze ko u Rwanda rwamenyekanye kubera ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 30 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru