• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Editorial 15 Apr 2016 Mu Mahanga

Umugabo w’umunyarwanda witwa William Rwakibibi wari usanzwe utuye mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, yabonywe yapfiriye muri loji (lodge) yo mu gihugu cya Uganda aho baherukaga kumubona yinjirana n’umugore utaramenyekana kugeza ubu, icyamwishe kikaba kiri gukorwaho iperereza.

Ku mugoroba wo kuwa Kabiri w’iki cyumweru, nibwo uyu mugabo witwa Rwakibibi William w’imyaka 37 y’amavuko, yagiye mu karere kitwa Lyantonde muri Uganda, ajya mu kabari gafite n’amacumbi gahari kitwa ‘Eastland Lodge and Bar’, aho yafatiye ibyo kurya no kunywa hanyuma akanahafata icyumba cyo kuraramo.

Nyuma mu gitondo baje kumusanga yapfiriyemo, bamusangana indangamuntu y’u Rwanda ari nayo yagaragaje umwirondoro we, aho basanze yitwa Rwakibibi William wari utuye ku Kicukiro mu mujyi wa Kigali, akaba yari n’umukozi w’ikompanyi ishinzwe gucunga umutekano izwi nka TOPSEC nk’uko ibyangombwa bye bibigaragaza.

Polisi yo mu karere ka Lyantonde yahise itangira iperereza kugirango hamenyekane icyaba cyishe uyu Rwakibibi ndetse banashake uko bamenyesha umuryango we, ariko hagati aho mu cyumba yasanzwemo yapfuye, bahasanze n’imiti isanzwe ikoreshwa mu kwica udukoko ariko ishobora kwica umuntu mu gihe yaramuka ayinyweye, bakaba bakeka ko yaba yariyahuye akoresheje iyo miti.

Arinda Ariho, nyiri aka kabari gafite n’amacumbi kitwa “Eastland Lodge and bar” yabwiye ikinyamakuru New Vision cyo muri Uganda ko Rwakibibi yageze mu kabari ke ahagana saa kumi z’umugoroba zo kuwa Kabiri tariki 12 Mata 2016, akaba ari naho yaje kurara nyuma yo kukanyweramo, hanyuma mu gitondo bakaza kumusangamo yapfuye.

-2676.jpg

-2675.jpg

Ibyangombwa bigaragaza ko Rwakibibi yari umushoferi muri TOPSEC

-2674.jpg

Mu cyumba bamusanzemo yapfuye, hari n’imiti yica udukoko bahasanze

Abakozi b’akabari ngo babyutse mu gitondo bamukomangira ariko ntiyabikiriza, kugeza ubwo nyuma y’amasaha atatu baje kwiyemeza kwica urugi maze bamusangamo yashizemo umwuka. Abakozi bavuga ko ubwo yari muri aka kabari mu ijoro ryo kuwa Kabiri, yari kumwe n’umugore batabashije kumenya.

Kugeza ubu umurambo wa Rwakibibi William wajyanywe mu bitaro bya Lyantonde muri Uganda aho ugomba kubanza gusuzumwa n’abaganga, hanyuma Polisi nayo ikaba ikomeje gushakisha ngo hamenyekane abo mu muryango wa nyakwigendera.

2016-04-15
Editorial

IZINDI NKURU

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Editorial 03 Jan 2025
Perezida Kagame ari mu gihugu cya Mauritania mu ruzinduko rw’akazi

Perezida Kagame ari mu gihugu cya Mauritania mu ruzinduko rw’akazi

Editorial 23 Feb 2022
Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Editorial 26 May 2025
Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Editorial 01 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe  mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya  Perezida Kagame
Mu Mahanga

Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya Perezida Kagame

Editorial 29 Mar 2016
Mu mafoto reba uko igitaramo King James yakoreye muri Ambassador’s Park- Gikondo, cyagenze
SHOWBIZ

Mu mafoto reba uko igitaramo King James yakoreye muri Ambassador’s Park- Gikondo, cyagenze

Editorial 06 May 2018
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe
Mu Mahanga

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Editorial 08 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru