• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Editorial 15 Apr 2016 Mu Mahanga

Umugabo w’umunyarwanda witwa William Rwakibibi wari usanzwe utuye mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, yabonywe yapfiriye muri loji (lodge) yo mu gihugu cya Uganda aho baherukaga kumubona yinjirana n’umugore utaramenyekana kugeza ubu, icyamwishe kikaba kiri gukorwaho iperereza.

Ku mugoroba wo kuwa Kabiri w’iki cyumweru, nibwo uyu mugabo witwa Rwakibibi William w’imyaka 37 y’amavuko, yagiye mu karere kitwa Lyantonde muri Uganda, ajya mu kabari gafite n’amacumbi gahari kitwa ‘Eastland Lodge and Bar’, aho yafatiye ibyo kurya no kunywa hanyuma akanahafata icyumba cyo kuraramo.

Nyuma mu gitondo baje kumusanga yapfiriyemo, bamusangana indangamuntu y’u Rwanda ari nayo yagaragaje umwirondoro we, aho basanze yitwa Rwakibibi William wari utuye ku Kicukiro mu mujyi wa Kigali, akaba yari n’umukozi w’ikompanyi ishinzwe gucunga umutekano izwi nka TOPSEC nk’uko ibyangombwa bye bibigaragaza.

Polisi yo mu karere ka Lyantonde yahise itangira iperereza kugirango hamenyekane icyaba cyishe uyu Rwakibibi ndetse banashake uko bamenyesha umuryango we, ariko hagati aho mu cyumba yasanzwemo yapfuye, bahasanze n’imiti isanzwe ikoreshwa mu kwica udukoko ariko ishobora kwica umuntu mu gihe yaramuka ayinyweye, bakaba bakeka ko yaba yariyahuye akoresheje iyo miti.

Arinda Ariho, nyiri aka kabari gafite n’amacumbi kitwa “Eastland Lodge and bar” yabwiye ikinyamakuru New Vision cyo muri Uganda ko Rwakibibi yageze mu kabari ke ahagana saa kumi z’umugoroba zo kuwa Kabiri tariki 12 Mata 2016, akaba ari naho yaje kurara nyuma yo kukanyweramo, hanyuma mu gitondo bakaza kumusangamo yapfuye.

-2676.jpg

-2675.jpg

Ibyangombwa bigaragaza ko Rwakibibi yari umushoferi muri TOPSEC

-2674.jpg

Mu cyumba bamusanzemo yapfuye, hari n’imiti yica udukoko bahasanze

Abakozi b’akabari ngo babyutse mu gitondo bamukomangira ariko ntiyabikiriza, kugeza ubwo nyuma y’amasaha atatu baje kwiyemeza kwica urugi maze bamusangamo yashizemo umwuka. Abakozi bavuga ko ubwo yari muri aka kabari mu ijoro ryo kuwa Kabiri, yari kumwe n’umugore batabashije kumenya.

Kugeza ubu umurambo wa Rwakibibi William wajyanywe mu bitaro bya Lyantonde muri Uganda aho ugomba kubanza gusuzumwa n’abaganga, hanyuma Polisi nayo ikaba ikomeje gushakisha ngo hamenyekane abo mu muryango wa nyakwigendera.

2016-04-15
Editorial

IZINDI NKURU

Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika

Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika

Editorial 10 Nov 2016
Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Editorial 06 Nov 2017
Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Editorial 22 Feb 2017
Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Editorial 23 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC
Amakuru

Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC

Editorial 21 Jun 2022
Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame
Mu Rwanda

Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame

Editorial 29 Jul 2017
Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.
Amakuru

Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.

Editorial 26 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru