• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Editorial 16 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu ibaruwa yashyizweho umukono n’abayobozi ba IBUKA hirya no hino ku isi, hagaragajwe impunge z’uko Umunyakanadakazi, Judi Rever, akomeje gutangaza ibinyoma, cyane cyane avuga ko mu Rwanda habaye “Jedoside ebyiri”, akaba agenda abikwiza mu itangazamakuru no mu makoraniro anyuranye arimo na za kaminuza zikomeye ku isi


Muri uwo mugambi wo gutera urujijo ariko agamije gutesha agaciro Jenoside yakorewe Abatutsi, biteganyijwe ko Judi Rever azatanga ikiganiro muri Kaminuza ya Cambridge yo mu Bwongereza tariki 21 Mata uyu mwaka. Umuryango IBUKA rero wasabye ubuyobozi w’iyo kaminuza guhagarika iyo gahunda, ejo amateka atazayirega gutiza umurindi abajenosideri n’ababashyigikiye nka Judi Rever.

Ikindi kigaragara muri iyi baruwa , IBUKA iributsa Kaminuza ya Cambridge ko Jenoside yakorewe Abatutsi yamaze kwemezwa n’isi yose, ko rero uretse ko ari n’ikimwaro guha urubuga abakwiza mu Rwanda habaye “jenoside ebyiri”, binanyuranyije n’amahame ndetse n’amategeko mpuzamahanga ahana upfobya n’uhakana jenoside, kimwe n’ababibashamo. IBUKA rero iribaza niba iyi Kaminuza ya Cambridge, ubundi izwiho gushyira mu gaciro, yatinyuka guha ijambo abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abayahudi. Kuba yakubahuka guha urwaho abantu nka Judi Rever rero, IBUKA irabibonamo kudaha agaciro amarira n’agahinda by’Abanyafrika, by’umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibaruwa ya IBUKA ikimara kujya ahabona, abantu benshi banditse bamagana icyemezo cya Kaminuza ya Cambrigde, bayibuza gutoneka ibikomere by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi isi yose irebera. Mu gihe twateguraga iyi nkuru, abantu 100 barimo abarimu muri za kaminuza hirya no hino ku isi n’abanyamakuru bo ku rwego mpuzamahanga, bamaze gusohora inyandiko isaba Kaminuza ya Cambridge guheza Judi Rever, kuko basanga aramutse atanze ikiganiro muri iyo kaminuza byaba ari amahano no gutesha agaciro imbaga y’abatutsi yatikiriye muri Jenoside.Kugeza ubu Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Cambridge ntacyo buravuga ku nyandiko zikomeje kwamagana ubutumire bwa Judi Rever
Biramenyerewe ko mu kwezi kwa Mata, ari nabwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye, abajenosideri n’ababashyigikiye bashishikarira ibikorwa bigamije gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kugeza n’aho bavuga ko Abatutsi aribo bishe Abatutsi!

Judi Rever ari mu gatebo kamwe n’abandi bagizi ba nabi biyemeje kuba umuzindaro w’abajenosideri, barimo n’ Umubiligi Filipp Reyntjens, Umwongerezakazi Michela Wrong, Umunyakameruni Charles Onana unafite ubwenegihugu bw’Ubufaransa, Umunyekongo Patrick Mbeko n’abandi bagoreka amateka babigambiriye.Ibitabo n’inkuru aba bose bandika bazishingira ku magambo bapakirwamo n’abajenosideri, bigira abere, bakagereka icyaha cya Jenoside ku bayirokotse n’abayihagaritse.

By’umwihariko Judi Rever akwiza ingengabitekerezo ya Théoneste Bagosora, Anathole Nsengiyumva, Jean Kambanda, Edouard Karemera, JPaul Akayezu, n’abandi bajenosideri bahamwe n’icyaha bagakatirwa n’ubutabera mpuzamahanga.

Mu Kwakira 2020, Judi Rever yahawe akato mu ruhando rw’abanyamakuru n’abashakashatsi bakomeye ku isi , bagombaga guhurira mu Bufaransa muhango bita” Bayeux Calvados-Normandy Award”.

Ku munota wa nyuma Judi Rever wari watumiwe muri ibyo birori, yatunguwe no kubwirwa ko imyitwarire ye ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi itamuhesha ubunyangamugayo bwo kwitabira umuhango nk’uriya wiyubashye.

2021-04-16
Editorial

IZINDI NKURU

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Editorial 18 Apr 2021
Ngo “uhiriye munzu ntaho adapfunda imitwe”  FDLR yuririyeho ku mvugo za Cardinal Ambongo na Muzito zihembera urwango

Ngo “uhiriye munzu ntaho adapfunda imitwe”  FDLR yuririyeho ku mvugo za Cardinal Ambongo na Muzito zihembera urwango

Editorial 14 Jan 2020
Uko Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije Umunsi w’Igitambo wa Eid Al Adha

Uko Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije Umunsi w’Igitambo wa Eid Al Adha

Editorial 21 Aug 2018
Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Editorial 16 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imishinga itatu ya baringa ikiryabarezi Thomas Nahimana n’agatsiko ke bashaka gukoresha muri gahunda yabo ya mpemuke ndamuke
Amakuru

Imishinga itatu ya baringa ikiryabarezi Thomas Nahimana n’agatsiko ke bashaka gukoresha muri gahunda yabo ya mpemuke ndamuke

Editorial 25 Mar 2022
Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi
INKURU NYAMUKURU

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Editorial 12 Jun 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA Y’UWITWA HASINGIZWIMANA Jean Berchimas
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA Y’UWITWA HASINGIZWIMANA Jean Berchimas

Editorial 18 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru