• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Editorial 16 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu ibaruwa yashyizweho umukono n’abayobozi ba IBUKA hirya no hino ku isi, hagaragajwe impunge z’uko Umunyakanadakazi, Judi Rever, akomeje gutangaza ibinyoma, cyane cyane avuga ko mu Rwanda habaye “Jedoside ebyiri”, akaba agenda abikwiza mu itangazamakuru no mu makoraniro anyuranye arimo na za kaminuza zikomeye ku isi


Muri uwo mugambi wo gutera urujijo ariko agamije gutesha agaciro Jenoside yakorewe Abatutsi, biteganyijwe ko Judi Rever azatanga ikiganiro muri Kaminuza ya Cambridge yo mu Bwongereza tariki 21 Mata uyu mwaka. Umuryango IBUKA rero wasabye ubuyobozi w’iyo kaminuza guhagarika iyo gahunda, ejo amateka atazayirega gutiza umurindi abajenosideri n’ababashyigikiye nka Judi Rever.

Ikindi kigaragara muri iyi baruwa , IBUKA iributsa Kaminuza ya Cambridge ko Jenoside yakorewe Abatutsi yamaze kwemezwa n’isi yose, ko rero uretse ko ari n’ikimwaro guha urubuga abakwiza mu Rwanda habaye “jenoside ebyiri”, binanyuranyije n’amahame ndetse n’amategeko mpuzamahanga ahana upfobya n’uhakana jenoside, kimwe n’ababibashamo. IBUKA rero iribaza niba iyi Kaminuza ya Cambridge, ubundi izwiho gushyira mu gaciro, yatinyuka guha ijambo abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abayahudi. Kuba yakubahuka guha urwaho abantu nka Judi Rever rero, IBUKA irabibonamo kudaha agaciro amarira n’agahinda by’Abanyafrika, by’umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibaruwa ya IBUKA ikimara kujya ahabona, abantu benshi banditse bamagana icyemezo cya Kaminuza ya Cambrigde, bayibuza gutoneka ibikomere by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi isi yose irebera. Mu gihe twateguraga iyi nkuru, abantu 100 barimo abarimu muri za kaminuza hirya no hino ku isi n’abanyamakuru bo ku rwego mpuzamahanga, bamaze gusohora inyandiko isaba Kaminuza ya Cambridge guheza Judi Rever, kuko basanga aramutse atanze ikiganiro muri iyo kaminuza byaba ari amahano no gutesha agaciro imbaga y’abatutsi yatikiriye muri Jenoside.Kugeza ubu Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Cambridge ntacyo buravuga ku nyandiko zikomeje kwamagana ubutumire bwa Judi Rever
Biramenyerewe ko mu kwezi kwa Mata, ari nabwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye, abajenosideri n’ababashyigikiye bashishikarira ibikorwa bigamije gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kugeza n’aho bavuga ko Abatutsi aribo bishe Abatutsi!

Judi Rever ari mu gatebo kamwe n’abandi bagizi ba nabi biyemeje kuba umuzindaro w’abajenosideri, barimo n’ Umubiligi Filipp Reyntjens, Umwongerezakazi Michela Wrong, Umunyakameruni Charles Onana unafite ubwenegihugu bw’Ubufaransa, Umunyekongo Patrick Mbeko n’abandi bagoreka amateka babigambiriye.Ibitabo n’inkuru aba bose bandika bazishingira ku magambo bapakirwamo n’abajenosideri, bigira abere, bakagereka icyaha cya Jenoside ku bayirokotse n’abayihagaritse.

By’umwihariko Judi Rever akwiza ingengabitekerezo ya Théoneste Bagosora, Anathole Nsengiyumva, Jean Kambanda, Edouard Karemera, JPaul Akayezu, n’abandi bajenosideri bahamwe n’icyaha bagakatirwa n’ubutabera mpuzamahanga.

Mu Kwakira 2020, Judi Rever yahawe akato mu ruhando rw’abanyamakuru n’abashakashatsi bakomeye ku isi , bagombaga guhurira mu Bufaransa muhango bita” Bayeux Calvados-Normandy Award”.

Ku munota wa nyuma Judi Rever wari watumiwe muri ibyo birori, yatunguwe no kubwirwa ko imyitwarire ye ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi itamuhesha ubunyangamugayo bwo kwitabira umuhango nk’uriya wiyubashye.

2021-04-16
Editorial

IZINDI NKURU

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Editorial 12 Nov 2020
Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Editorial 04 Mar 2020
CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

Editorial 07 Feb 2016
U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

Editorial 28 Aug 2018
Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Editorial 12 Nov 2020
Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Editorial 04 Mar 2020
CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

Editorial 07 Feb 2016
U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

Editorial 28 Aug 2018
Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Editorial 12 Nov 2020
Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Editorial 04 Mar 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru