• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»#Umushyikirano wa 14: Abanyarwanda barifuza ko Perezida Kagame abakemurira ibibazo birimo icy’ igitutu gitera itekinika

#Umushyikirano wa 14: Abanyarwanda barifuza ko Perezida Kagame abakemurira ibibazo birimo icy’ igitutu gitera itekinika

Editorial 08 Dec 2016 Mu Mahanga

Mu gihe u Rwanda rwitegura inama y’ igihugu y’umushyikirano igiye kuba ku nshuro ya 14, Abanyarwanda barishimira ibyo izabanje zagezeho ariko bagasaba Perezida Kagame kubakemurira ibibazo birimo igitutu gishyirwa ku bayobozi b’ inzego z’ ibanze bigatuma bahimba imibare aribyo bizwi nko gutenika.

Guhimba imibare cyangwa gutekinika ni rimwe mu kosa akorwa n’ abayobozi bikagira ingaruka ku muturage. Urugero ni mu karere ka Gakenke aho ubuyobozi bw’ inzego z’ ibanze bwatanze imibare bugaragaza ko nta baturage bagituye mu maneka kandi bahari, bigatumu ibiza bihitana abarenga 35.

Mu kiganiro abaturage bagiranye n’ itangazamakuru basabye ko muri iyi nama y’ umushyikirano igiye kuba ikibazo cy’ igitutu gishyirwa ku bayobozi b’ inzego z’ ibanze bigatuma batekinika imibare cyakwigwaho kandi kigafatirwa umwanzuro.

Kubireba Icyiciro cy’Ubudehe

Umwe baturage baganiriye n’ itangazamakuru yagize ati “Abayobozi b’ inzego z’ ibanze baba bazi abaturage bayobora kuva ku mudugudu kugera ku kagari no ku murenge. Ariko iyo tubareba dusanga bafite igitutu cy’ ubuyobozi bwo hejuru. Nibwo bubabwira ngo mukoze iki ni ki kigaragare. Noneho ugasanga umuyobozi ahise atekinika imibare….”

Yakomeje agira ati “Mu mudugudu hari abantu b’ abakene inzara yarabishe, noneho ukabona umuyobozi ahise yandika ngo abaturage banjye ni bazima nta kibazo bafite. Biterwa ni uko agera ku kagari uw’ akagari akamubwira ngo hejuru bantumye ngo nta mukene bashaka, uwa kagari yagera ku murenge bakamubwira ngo ku karere bantumye ngo nta bakene bashaka, yatanga imibare uko iri bati niyegure byamunaniye kuyobora, iki nicyo dushaka ko Perezida Kagame azakemura muri uyu mushyikirano”

Iki kibazo cy’ igitutu gitera itekinika ngo ninayo ntandaro y’ ibibazo by’ urusobe bikigaragara mu byiciro by’ ubudehe.

Mugenzi we yagize ati “ Dore nk’ ubu barimo gutanga amatungo ariko barayihera abantu bafite imbaraga, bashoboye. Abantu b’ abakene nta kintu barimo kubaha, muri uwo mushyikirano mbaye mbaza nabaza nti kunshira mu kiciro ntagishoboye mubona nzabaho nte?”

Abaturage kandi bumva uyu mushyikirano wakemura burundu ikibazo cy’ abana bo mu muhanda. Abaturage bavuga ko kuba iki kibazo kitarangira biterwa n’ ubukene no kuba abayobozi bo hejuru bategera abaturage ngo bumve ibibazo bafite.

Yagize ati “Baravuga ngo abana nibavane mu mihanda, ariko bakabivugira hejuru ntibamanuke ngo barebe ko abo bana bavuye mu muhanda. None se babona abo bana bazava mu muhanda gute mu rugo baburara bakabwirirwa. Jye mbona abayobozi bo hejuru bajya bamanuka bakegera abaturage kuko abayobozi bo hasi(b’ inzego z’ ibanze) ntabwo barimo kwita kubaturage barimo kwita ku mibare ngo badatanga raporo zigaragaza ubukene bikanabaviramo gukurwa ku buyobozi”

-4959.jpg

-4958.jpg

Mu Umushyikirano abaturage bageza ibibazo n’ ibyifuzo byaho kuri Perezida wa Repubulika, haba imbonankubone no mu buryo bw’ ikoranabuhanga

Kuri ibi bibazo abaturage bongeraho n’ ikibazo cy’ amafaranga ahabwa abari mu kiruhuko cy’ izabukuru, ngo aya mafaranga ntabwo arahuzwa n’ ibiciro biri ku masoko.

Umuturage ati “Nanjye ndi umwe mubafata pension amafaranga duhwabwa ntabwo ahuye n’ ibiciro biri ku masoko, bavuze kenshi ko bagiye kugira icyo babikoraho ariko amaso yaheze mu kirere. Twumva rwose uyu mushyikirano wasiga iki kibazo gikemutse burundu”

Kimwe mu bibazo by’ ingutu inama y’ igihugu y’umushyikirano yakemuye mu buryo bushimishije ni ikibazo cy’ itinda ry’ inguzanyo y’ amafaranga igenerwa ababyeshuri biga muri kaminuza(Buruse). Ngo kuri ubu aya mafaranga asigaye atangirwa kugihe cyangwa agatangwa mbere y’ igihe

Samuel Mujyanama wiga muri Kaminuza y’ u Rwanda aganira n’ Umuryango.rw yagize ati “Ikibazo cy’ itinda rya buruse cyarakemutse burundu, uretse ibibazo by’ abantu ku giti cyabo bifitanye isano n’ ubudehe naho buruse yo izira igihe. Nk’ ubu mu kwa cyenda baduhereye rimwe amezi ane, ukwa cyenda, ukwa 10, ukwa 11 n’ ukwa 12.”

Ni mu gihe umwanzuro wa 12 muri 13 yafatiwe mu nama y’ igihugu y’ umushyikirano uheruka yateranye tariki 21 na 22, 2015 wagiraga uti “. Gukemura burundu kandi vuba ikibazo cy’inguzanyo igenerwa abanyeshuri (buruse) itinda kubagezwaho.”.

Buri uko inama y’ igihugu y’ umushyikirano iteranye hafatwa imyanzuro, gusa iki cy’ igihugu cy’ imiyoborere RGB cyemeranya n’ abaturage bavuga ko imyanzuro iba yafashwe idashyirwa mu bikorwa 100%. Anastase Shyaka uyobora RGB atangaza ko imyanzuro ifatirwa mu nama y’ igihugu y’ umushikirano ishyirwa mu bikorwa ku kigereranyo cya 73%.

Inama ya 14 y’ umushyikirano iteganyijwe tariki 15 na 16 Ukuboza 2016 , ifite insanganyamatsiko igira iti “Dufatanyije, Twubake u Rwanda twifuza”.

Umuryango

2016-12-08
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Editorial 16 Feb 2022
Nyuma yo gucuruza imva kuri internet, ikiryabarezi Thomas Nahimana cyiyemeje gutanga pasiporo z’ibicupuri

Nyuma yo gucuruza imva kuri internet, ikiryabarezi Thomas Nahimana cyiyemeje gutanga pasiporo z’ibicupuri

Editorial 25 Jun 2022
Ngororero: Urubyiruko rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rwasabwe kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ngororero: Urubyiruko rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rwasabwe kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Editorial 02 Feb 2016
Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Editorial 24 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bahaye imfashanyo imfubyi zaho
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bahaye imfashanyo imfubyi zaho

Editorial 17 Apr 2017
Ivan Minnaert yagaruye Mbondi muri 11 bagiye guhangana na Costa do Sol
IMIKINO

Ivan Minnaert yagaruye Mbondi muri 11 bagiye guhangana na Costa do Sol

Editorial 18 Apr 2018
Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere
Mu Mahanga

Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Editorial 22 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru