• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na Obed Ndahayo

Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na Obed Ndahayo

Editorial 10 Oct 2017 ITOHOZA

Ku italiki ya 05/10/2017, uwitwa Tharcisse Semana yakoranye kiganiro na Obed Ndahayo, umuyobozi mukuru w’ikinyamakuru Intambwe bivugwa ko gikorera mu Rwanda agaruka kubyaranze intangiriro z’iyi manda y’umukuru w’igihugu Paul Kagame.

Ku itari ya 08/07/2017, nabwo Tharcisse Semana usanzwe uba mu gihugu cy’Ubufaransa aho yahungiye nyuma yo kuba umunyamakuru m’Umuseso yari yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru Obed Ndahayo w’ikinyamakuru »Intambwe » mu gusesengura amatora yo mu Rwanda banibazaga uzegukana instinzi hagati ya Paul Kagame na Frank Habineza, ariko banerekana ko FPR-Inkotanyi n’umukandida wayo Paul Kagame aribo bakinnyi nyakuri bakaba kandi n’abasifuzi.

bati : “Amatora yo mu Rwanda ni nk’umukino w’ikipe imwe rukumbi yizengurutsa ikibuga ariko ivuza ifirimbi y’intsinzi “.Biratangaje kuba uri umukinnyi ukaba kandi ari nawe wisifurira!

Mu bisanzwe aba banyamakuru bombi bafite ibyo bahuriyeho mu mitekerereze iyo usesenguye amateka yabo, birazwi ko uyu Semana Tharcisse yize mu Iseminari yonka amashereka ya Musenyeri Perraudin yo guteza amacakubiri n’umwiryane mu Banyarwanda, urwango rwashimangiweho mu gitabo cy’umunyamateka Padiri Rudakemwa Fortunatus ’l’Evangilisation du Rwanda (1900-1959)’.

-8287.jpg

Semana Tharcisse

Musenyeri Perraudin wari Arkiyepiskopi wa Kabgayi yabanje kurwanya Inganji Kalinga kugeza n’aho ategeka Musenyeri Bigirumwami gusinya inyandiko yashishikarizaga Abaturage kutemera amatwara y’umwami Mutara wa III Rudahigwa ahubwo bakayoboka kiliziya, bityo nayo ikazabafasha guharanira inyungu ya rubanda. Ibi ninabyo Tharcisse Semana arimo byo kwangisha abaturage ubuyobozi bihitiyemo.

-8288.jpg

Obed Ndahayo
Umunyamakuru Obed Ndahayo, tuzi neza ko yagororewe muri gereza mbere y’uko yigira umunyamakuru, ahunga ibyaha n’ubwo bigaragara ko ntacyo yavanye muri gereza akaba akwiye kwigishawa indangagaciro mu Itorero ry’Igihugu yanze kujyamo mu gihe bagenzi be babanyamakuru hafi yabose batojwe. Semana na Ndahayo, n’ubwo umwe aba mu bihugu by’uburayi naho undi akaba mu Rwanda-I Gikondo, iyo ukurikiye ikiganiro cyabo kuri youtube wibaza niba hari ubaza undi kuko usanga bahuje imitekerereze.

Biratangaje kubona barirengagije uko itegeko nshinga ry’u Rwanda ryahinduwe nyuma y’ubusabe bw’abanyarwanda, aho basaga miliyoni enye babyisabiye INteko ishingamategeko.

Twebwe abanyarwanda nitwe twisabiye ko nyakubahwa Perezida Kagame yakomeza kutuyobora, akiyamamariza manda ya gatatu kuko twabonaga ko hari ikivi yatangiye atarusa.

Icya mbere: Politiki y’u Rwanda yo gushyirahamwe ibitekerezo bigamije kubaka Igihugu niyo ikigejeje ku iterambere, imitwe ya Politiki PSD, PL, PDI, PSR, UDPR, PPC, n’ayandi yahisemo gushyigikira umukandida wa FPR-Inkotanyi, aya mashyaka ntawayabujije gutanga umukandida ni uguhitamo kwayo ari nabwo budasa bwa Politiki y’u Rwanda, aho kujya mu macakubiri yashenye u Rwanda muri Repubulika zabanje, zahitanye inzirakarengane, ayamacakubiri y’amoko yazanywe n’abazungu akwira Afrika yose, uwo badashatse ntayobore mu gihugu ke! muzi ibihugu byinshi by’Afrika byabaye amatongo kubera Politiki mbi, aho amatora aba ari ishiraniro, nkibyo tubona muri Kenya.

Icyakabiri : Ishyaka RPF uburyo ryiyubatse mu bushobozi bw’amafaranga no ku mbaraga za Politiki itavangura, niyo politiki iyoboye igihugu , no kuba ryaratanze umukandida akaza kwegukana instinzi 98,3% ntagitangaza kirimo.

Umusomyi wa Rushyashya

2017-10-10
Editorial

IZINDI NKURU

ICC izatangira kuburanisha urubanza rwa Al Mahdi mu kwezi gutaha

ICC izatangira kuburanisha urubanza rwa Al Mahdi mu kwezi gutaha

Editorial 12 Aug 2016
Rubavu: Havumbuwe Imbunda mu  Inzu y’ Abajyanama b’Ubuzima

Rubavu: Havumbuwe Imbunda mu Inzu y’ Abajyanama b’Ubuzima

Editorial 01 Sep 2017
Ibibazo 10 bibazwa Kayumba Nyamwasa

Ibibazo 10 bibazwa Kayumba Nyamwasa

Editorial 10 Oct 2016
Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.

Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.

Editorial 11 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Team Rwanda yatwaye umudali w’umwanya wa kabiri muri shampiyona ya Afurika 2021.
Amakuru

Team Rwanda yatwaye umudali w’umwanya wa kabiri muri shampiyona ya Afurika 2021.

Editorial 02 Mar 2021
Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.
Amakuru

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Editorial 17 Jul 2024
Guverinoma ya Uganda irateganya kwirukana impunzi z’Abanyarwanda
Mu Mahanga

Guverinoma ya Uganda irateganya kwirukana impunzi z’Abanyarwanda

Editorial 15 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru