• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Urujijo ku byavuye mu iperereza ku rupfu rwa Agnes uherutse gupfa bitunguranye

Urujijo ku byavuye mu iperereza ku rupfu rwa Agnes uherutse gupfa bitunguranye

Editorial 02 May 2018 HIRYA NO HINO

Mu gihe kugeza ubu abantu batariyumvisha icyishe umunyamideri Masogange n’ubwo hatangajwe byinshi bivugwa ko ari byo yazize, nk’uko byifujwe n’abantu batandukanye ngo hakorwe iperereza ryimbitse hamenyekane ukuri ku rupfu rw’uyu munyamideri witabye Imana ku buryo butunguranye, noneho nyuma yo kujya gukorerwa isuzuma ndetse mu bitaro bya Muhimbili Police yagize icyo itangaza ku iperereza yakoze ku rupfu rwe.

 Mu gihe kugeza ubu abantu batariyumvisha icyishe umunyamideri Masogange n’ubwo hatangajwe byinshi bivugwa ko ari byo yazize, nk’uko byifujwe n’abantu batandukanye ngo hakorwe iperereza ryimbitse hamenyekane ukuri ku rupfu rw’uyu munyamideri witabye Imana ku buryo butunguranye, noneho nyuma yo kujya gukorerwa isuzuma ndetse mu bitaro bya Muhimbili Police yagize icyo itangaza ku iperereza yakoze ku rupfu rwe.
JPEG - 145.4 kb
Agnes Masogange yababje benshi

Masogange Agnes Gerald watabarutse ku wa 21 Mata 2018 afite imyaka 28 y’amavuko nyuma akaza kujyana mu bitaro bya Muhimbili gukorerwa isuzuma ngo hamenyekane neza icyamwishe, kuri ubu rero nubwo nyakwigendera yamaze gushyingurwa abantu batari bake bari bagitegereje ibisubizo biza kuva mu iperereza ryarimo rikorwa na Police ku rupfu rw’uyu munyamideli.

JPEG - 7.7 kb
Masogange Agnes Gerald yari akunzwe ku bw’imiterere ye

Iri perereza nubwo ryakozwe ryakomeje guteza impaka mu bantu bari baje ku bitaro bategereje umwanzuro uza gutangwa na Police nyuma y’amasuzuma atandukanye, aho bamwe bavugaga ko ubusanzwe iperereza ndetse n’ibizamini ku bapfuye bikwiye gukorerwa ahabereye urugomo n’imvururu cyangwa se umuntu bigaragara ko yaba yishwe mu buryo bugaragara, naho kuri Masogange ngo ntibiyumvisha impamvu yabyo.

Umwe muri bari aho yagize ati:

“Bishoboka bite ko Police yajya gukora iperereza n’ibizamani ku muntu wapfuye mu buryo busanzwe, ndetse n’ibizamini by’abaganga bigaragaza ko ntawamukubise cyangwa ngo agire uruhare mu rupfu rwe?”

Uretse ibyo kandi iminsi yari ibaye 10 uru rupfu rubaye nyamara police yavuze ko iri mu iperereza ntacyo iratangaza ku byo yaba imaze kugeraho. Ibintu nabyo bitavuzweho rumwe ukuntu bagiye gusuzuma umurambo ndetse n’ibindi bizamini bamukoreye ariko iminsi ikaba yari ingannye itya ntacyo baratangaza ku byavuyemo.

JPEG - 116.7 kb
Ubwo yashyingurwaga benshi barahogoye

Nyuma y’ibi byose byavugwaga n’abaturage, mu kiganiro n’abanyamakuru, umuvugizi wa Police mu Ntara ya Kinondoni ari naho ikibazo cyabere, ACP Muliro Jumanne ubwo yabazwaga byinshi ku iperereza ryakozwe ku rupfu rwa Agnes Masogange yasubije muri aya magambo:

“Si umubiri wa Masogange wakorewe ibi bizamini gusa, nugera kuri biriya bitaro bya Mahumbili iteka uzahasanga abapolisi bari gukurikirana no gusuzuma imibiri y’abapfuye kugira ngo abaganga bemeze mu buryo bufatika, koko uwapfuye yapfuye ate mu buhe buryo azize iki n’ibindi.”

ACP Muliro Jumanne yongeyeho ko nubwo urupfu rwa Agnes byavugwaga ko ntakindi kirwihishe inyuma ari urupfu rusanzwe ku bw’uburwayi, ngo ntibyari kubuza Police gukora akazi kayo, aho urupfu rwose rugomba kugira uburyo rwemezwa, nubwo ahanini ku banditsi/abanyamakuru bita ku byamamare n’abandi bafite amazina akomeye, ngo Police yo iba igomba kumenya amakuru kuri buri wese kugira hamenyekane amakuru afatika kandi yizewe.

Ubwo noneho umunyamakuru yabazaga ACP Muliro Jumanne ibisubizo byaba byaravuye mu iperereza yamusubije muri aya magambo:

“Wowe fata ibi nkubwiye ni yo makuru akugenewe, ku birebana n’ibisubizo byavuye mu iperereza rya Masogange, ibyo bireke. Icyo nashakaga kwari ukugira ngo abantu bamenye ko gukora iperereza ndetse n’ibizamini ku mibiri y’abapfuye ari akazi gasanzwe ka Police”.

Tubibutse ko Masogange Agnes Gerald yitabye Imana kuwa 21 Mata 2018 mu bitaro bya Mama Ngoma biri mu mujyi wa Dar Es Salam akaza kujya gukorerwa ibizamini mu bitaro bya Muhimbili, hanyuma akaba yarasezeweho n’inshuti n’imiryango ku wa 23 Mata 2018 hanyuma ashyingurwa mu cyubahiro ku wa 24 Mata 2018.

2018-05-02
Editorial

IZINDI NKURU

CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

Editorial 24 Jun 2019
Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Editorial 20 Sep 2022
Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Editorial 16 Mar 2020
Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Editorial 28 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nta kuntu amaraso atagiye kumeneka muri DRC
Mu Rwanda

Nta kuntu amaraso atagiye kumeneka muri DRC

Editorial 31 Mar 2017
RDC: Jean Pierre Bemba yageze i Kinshasa agiye guhatana mu matora ya Perezida
POLITIKI

RDC: Jean Pierre Bemba yageze i Kinshasa agiye guhatana mu matora ya Perezida

Editorial 01 Aug 2018
Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba
Amakuru

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Editorial 28 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru