• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Editorial 25 Feb 2016 IMIKINO

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe itumanaho muri Tanzania (TCRA) cyashyize mu kato indirimbo Zigo Remix y’umuhanzi AY afatanyije na Diamond Platinumz kuko ngo itandukira umuco.

-2271.jpg

Umuhanzi AY nyiri ndirimbo

TCRA ivuga ko amashusho akururira abantu gukora imibonano mpuzabitsina adakwiye kwerekanwa ku manywa, iki cyemezo kikaba kireba n’iyi ndirimbo ya AY irimo abakobwa bambaye amakariso n’udusutiye gusa.

-2273.jpg

AY, mubyara wa Alpha Rwirangira, avuga ko ibyemezo byo guca indirimbo z’abanyagihugu ariko iz’abanyamahanga zigahabwa rugari kandi na zo zitubahirije umuco, ari ikibazo gikomeye.

“Ibi ni byo bituma abahanzi b’Abanyatanzania badatera imbere, bakwiye no kujya baca indirimbo zo muri Amerika no mu bihugu by’i Burayi kuko zifite amafoto ashotorana kurusha Zigo Remix.”

Kanda hano urebe iyo ndirimbo

Ayo ni amagambo AY yabwiye ikinyamakuru Izuba Rirashe, yungamo ati “Abanyamakuru ni bo ba mbere bakwiye kutubariza TCRA impamvu itwigirizaho nkana.”

Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa kabiri, AY yaje mu Rwanda ahamara iminsi ine, aho yari yaje kwamamaza iyi ndirimbo ye yashyizwe mu kato.

Byinshi abahanzi nyarwanda bakwigira kuri AY wo muri Tanzania ukubutse mu Rwanda

-2272.jpg

AY na Diamond

Zigo Remix ni indirimbo ikunzwe cyane kuri televiziyo zo muri Afurika y’Iburasirazuba cyane cyane. Mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa imaze kuri Youtube, imaze kurebwa n’abantu 2,818,885.

Icibwa ry’iyi ndirimbo rije rikurikiranye n’icibwa ry’indi ndirimbo y’umuraperi Ney wa Mitego yitwa Shika adabu yako (bisobanuye ngo iyubahe, mu Kinyarwanda); ariko iyi yo yafunzwe na BASATA (Baraza la Sanaa la Taifa: Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhanzi.)

BASATA yaciye iyo ndirimbo ivuga ko itandukira umuco ndetse ikabamo ubushotoranyi bwinshi, aho Ney wa Mitego yaririmbye anenga cyane abahanzi batandukanye barimo abakina amafilime (Bongo Movies) ndetse n’abanyamuziki bagenzi be.

Muri iyo ndirimbo, Ney wa Mitego anatukamo BASATA, ati “Nibaza niba BASATA ari inkoko cyangwa imbata kuko mbona imeze nk’urukero rwagimbye, bahimba bamagana indirimbo z’abahanzi batazi imvune duhura na zo.”

Mu bandi aririmbamo harimo Wema Sepetu wabaye Miss Tanzania 2006 ndetse akaba yaranamamaye ubwo yakundanaga na Diamond Platinumz. Muri iyi ndirimbo, Ney agaruka kuri Wema wigeze gutangaza ko afite inda, amubaza niba afite inda koko cyangwa niba ari ugushaka hit (kuvugwa ngo yamamare).

Avugamo na Vicent Kigosi “Ray” wamamaye muri filime nka Oprah ari kumwe na Irene Uwoya “Oprah” ndetse na nyakwigendera Steven Kanumba. Muri shika adamu yako, Ney abwira Ray ati “Ray wowe ukomeje kuba umunyekongo, amafaranga yose ukura mu gukina amafilime uyaguramo amavuta yo kwitukuza.”

Bidatinze Ray yamaganye iyo mvugo ya Ney, asobanura ko atitukuza ahubwo ko yabaye inzobe cyane kubera kunywa amazi menshi.

Reba iyo ndirimbo bagiye gukorera amashusho

Shika adabu yako ni bwo yari igisohoka ndetse itaranakorerwa amashusho, abanyamakuru ba radiyo babujijwe kuyikina, ariko Ney wa Mitego yatangaje ko icyo cyemezo cya BASATA ntacyo kimubwiye ndetse ngo agiye no kuyikorera amashusho (video).

M.Fils

2016-02-25
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’isezererwa ry’Amavubi amakipe 18 yo yamaze kubona itike ya CHAN2023, Rayon Sports yasoje imikino mpuzamahanga ya gishuti inganya na Singida Bigstars

Nyuma y’isezererwa ry’Amavubi amakipe 18 yo yamaze kubona itike ya CHAN2023, Rayon Sports yasoje imikino mpuzamahanga ya gishuti inganya na Singida Bigstars

Editorial 05 Sep 2022
Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Editorial 12 May 2023
Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe

Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe

Editorial 22 Jul 2023
Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1

Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1

Editorial 11 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma

Editorial 26 Nov 2018
Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura
HIRYA NO HINO

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Editorial 19 Sep 2019
Umukino wa APR FC na Marines FC wimuriwe kuri Stade Amahoro kubera ikipe ya Kenya
IMIKINO

Umukino wa APR FC na Marines FC wimuriwe kuri Stade Amahoro kubera ikipe ya Kenya

Editorial 18 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru