• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir yemerewe gukoresha ikibuga cya Accra mu ngendo zirimo urwo muri Amerika

RwandAir yemerewe gukoresha ikibuga cya Accra mu ngendo zirimo urwo muri Amerika

Editorial 22 May 2018 UBUKERARUGENDO

Binyuze mu masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ingendo zikorerwa mu kirere hagati y’u Rwanda na Ghana, Sosiyete Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege, Rwandair, yemerewe gukoresha ikibuga cya Accra (Kotoka International Airport) mu gukora ingendo zerekeza mu bihugu bitandukanye birimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kuri uyu wa 21 Gicurasi nibwo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara Abantu n’Ibintu muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu na Minisitiri ushinzwe ibijyanye n’indege muri Ghana, Cecilia Abena Dapaah, bashyize umukono kuri aya masezerano, nyuma y’imyaka isaga umunani atangiye kuganirwaho.

Uwihanganye yavuze ko nubwo RwandAir yari isanzwe ikora ingendo zerekeza muri Ghana, binyuze muri aya masezerano u Rwanda rwemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo muri iki gihugu byose mu buryo busesuye.

Yagize ati “ Twatangiye gukorera muri kiriya gihugu dukoresheje RwandAir mu myaka hafi itanu ishize, mu minsi ishize twahinduye umuhanda uba Kigali-Abuja-Accra. Turateganya gukoresha Accra tujya mu bindi byerekezo by’isi birimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

Yakomeje asobanura ko bahisemo ikibuga cy’indege cya Accra muri Ghana kubera ko cyujuje ibisabwa n’Ibigo bishinzwe ibijyanye n’ingendo zo mu kirere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’ibindi bihugu byo ku mugabane w’u Burayi.

Ku ruhande rwa Ghana, Minisitiri Cecilia yavuze ko bishimira kuba RwandAir ikorera ingendo mu gihugu cyabo, aho yavuze ko iyo iza kuba idahari bari gukoresha iminsi ibiri ngo babashe kugera mu Rwanda, none bakoresheje amasaha atanu gusa.

Yakomeje avuga ko ingendo zo mu kirere ari ingenzi cyane mu guteza imbere ubukungu bw’Afurika, ahamya ko Ghana ifite urubuga rwagutse u Rwanda rwabyaza umusaruro, haba mu gutwara abantu n’ibintu mu ndege mu gihugu imbere cyangwa kwerekeza mu bindi bihugu birimo n’ibyo mu Burengerazuba bw’uyu mugabane.

Umuyobozi mukuru wa Rwandair, Yvonne Manzi Makolo, yagaragaje ko Accra ari rimwe mu masoko yagutse bafite, kuko iki kibuga gikoreshwa mu gutwara abagenzi bajya muri Afurika y’Amajyepfo ndetse n’Uburengerazuba.

RwandAir iherutse gutangiza ingendo zerekeza Cape Town muri Afurika y’Epfo, kuri ubu ijya mu byerekezo 26 mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika, u Burayi na Aziya.

Mu minsi iri mbere kandi iyi sosiyete ifite indege 12 irateganya gutangira gukora ingendo zerekeza i Tel Aviv muri Israel, Addis Ababa muri Ethiopia, Djibouti, Guangzhou mu Bushinwa na New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Minisiteri y’ibikorwaremezo ihamya ko uko u Rwanda ruzagenda rwagura aho rukorera ingendo, ibihugu bikarushaho gushyira mu bikorwa amasezerano arebana no gufungura ikirere bizagira uruhare mu kugabanya ibiciro byo kugenda mu ndege bigihanitse cyane muri Afurika.

2018-05-22
Editorial

IZINDI NKURU

RwandAir yatangije  ingendo enye mu cyumweru zigana Cape Town

RwandAir yatangije ingendo enye mu cyumweru zigana Cape Town

Editorial 16 May 2018
Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Editorial 29 Aug 2025
RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

Editorial 26 Aug 2018
U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

Editorial 19 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutsiro: Polisi yataye muri yombi uwashakaga guha ruswa umupolisi
Mu Rwanda

Rutsiro: Polisi yataye muri yombi uwashakaga guha ruswa umupolisi

Editorial 18 Apr 2017
Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka
Mu Mahanga

Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Editorial 25 Dec 2016
Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya
ITOHOZA

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Editorial 22 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru