• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN

Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN

Ubwanditsi 18 Jan 2016 IMIKINO

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2016, mu Rwanda nibwo mu Rwanda hatagiye igikombe cya Afurika cy’abakinnyi bakina imbere mu bihugu, CHAN, irushanwa rizasozwa tariki ya 7 Gashyantare 2016.Rushyashya.net irakugezaho abakinnyi 10 bato kurusha abandi bose bazagaragara muri iri rushanwa.

Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bazagaragara muri CHAN y’uyu mwaka igiye kuba ku nshuro ya kane. (Kuva ku mukuru ujya ku muto cyane).

-1834.jpg

10. Oum gouet Samuel

Umukinnyi wo mu kibuga hagati muri Cameroon, Oum Gouet Samuel uzajya yambara nimero 22, yavutse tariki ya 14 Gashyantare 1997.Akinira ikipe ya Apejes de Mfou.

-1835.jpg

9. Abogo Pierre sylvain

Umuzamu wa Cameroon, Abogo Pierre Sylvain yavutse tariki ya 27 Mutarama 1998, azajya yambara nimero 1. Asanzwe akinira ikipe ya Tonnerre Kalara club de Yaounde.

-1836.jpg

8. Conde Ibrahima Aminata

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Guinea, uzajya yambara nimero 21, yavutse tariki ya 5 Gashyantare 1998. Asanzwe akinira ikipe ya Horoya AC.

7. Demte Beneyam

Umunya Ethioipia ukina hagati mu kibuga, Demte Beneyam yavutse tariki ya 18 Nyakanga 1998, azaba yambaye nimero 14. Akinira ikipe ya CBE.


6. Diarra Samuel

Umuzamu w’ikipe y’igihugu ya Mali, Diarra Samuel ni we mukinnyi wa gatandatu muto uzaba ugaragara muri CHAN. Yavutse tariki ya 11 Kanama 1998. Azaba yambaye nimero 1.Asanzwe akinira ikipe ya ASKO.

5. Mandrault Mario Bernard

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Gabon, Mandrault Mario Bernard yavutse tariki ya 18 Kanama 1998. Azajya yambara nimero 11 muri iyi CHAN.Akaba ari we mukinyi wa gatanu muto uzakina CHAN. Bernard asanzwe akinira ikipe ya AS Pelican.

4. Mulenga Tresford Lawrence

Umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Zambia, Mulenga Tresford Lawrence yavutse tariki ya 21 Kanama 1998. Ni we mukinnyi muto wa kane uzagaragara muri CHAN, aho azaba yambaye nimero 16. Mulenga asanzwe akinira ikipe ya Kabwe Warriors.

3. Daka Patson

Umunyezamu wa gatatu w’ikipe y’igihugu ya Zambia, Daka Patson yavutse tariki ya 9 Ukwakira 1998, azajya yambara nimero 20 muri CHAN. Asanzwe akinira ikipe ya Nchanga Rangers FC.


2.Dante Abdoul Karim

Myugariro wa Mali, Dante Abdoul Kalim yavutse tariki ya 29 Ukwakira 1998, ni we mukinnyi wa kabiri uzaba ari muto kurusha abandi bose bazakina CHAN, aho azajya yambara nimero 21.Kalim asanzwe akinira ikipe ya Jeanne d’Arc de Bamako.

1.Mukatuka Stephen

Umukinnyi w’inyuma w’ikipe y’igihugu ya Zimbabwe, Mukatuka Stephen yavutse tariki ya 19 Ukuboza 1998, azajya yambara nimero 13 ndetse asanzwe akinira ikipe ya Caps United. Mukatuka ni we mukinnyi muto kurusha abandi bose bazagaragara muri iri rushanwa rizamara ibyumweru bitatu.

M.Fils

2016-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Ubwanditsi 06 Dec 2018
CAFCC: Inzozi za APR FC zo kugera mu matsinda ziyoyokeye i Kigali, nyuma yo gusezererwa na Djoliba AC

CAFCC: Inzozi za APR FC zo kugera mu matsinda ziyoyokeye i Kigali, nyuma yo gusezererwa na Djoliba AC

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Djoliba yageze i Kigali n’intego zo gusatira ikipe ya APR FC

Djoliba yageze i Kigali n’intego zo gusatira ikipe ya APR FC

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Perezida wa “CAF”Ahmad Ahmad yavuze ko ntacyo yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle

Perezida wa “CAF”Ahmad Ahmad yavuze ko ntacyo yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle

Ubwanditsi 13 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala
INKURU NYAMUKURU

Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Gor Mahia yageze i Kigali, umutoza avuga ko yimwe amakuru na Mamelodi Sundowns
IMIKINO

Gor Mahia yageze i Kigali, umutoza avuga ko yimwe amakuru na Mamelodi Sundowns

Ubwanditsi 05 May 2018
Kicukiro: Inka iherutse gutemwa n’abagizi ba nabi yapfuye
ITOHOZA

Kicukiro: Inka iherutse gutemwa n’abagizi ba nabi yapfuye

Ubwanditsi 06 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru