• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN

Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN

Ubwanditsi 18 Jan 2016 IMIKINO

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2016, mu Rwanda nibwo mu Rwanda hatagiye igikombe cya Afurika cy’abakinnyi bakina imbere mu bihugu, CHAN, irushanwa rizasozwa tariki ya 7 Gashyantare 2016.Rushyashya.net irakugezaho abakinnyi 10 bato kurusha abandi bose bazagaragara muri iri rushanwa.

Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bazagaragara muri CHAN y’uyu mwaka igiye kuba ku nshuro ya kane. (Kuva ku mukuru ujya ku muto cyane).

-1834.jpg

10. Oum gouet Samuel

Umukinnyi wo mu kibuga hagati muri Cameroon, Oum Gouet Samuel uzajya yambara nimero 22, yavutse tariki ya 14 Gashyantare 1997.Akinira ikipe ya Apejes de Mfou.

-1835.jpg

9. Abogo Pierre sylvain

Umuzamu wa Cameroon, Abogo Pierre Sylvain yavutse tariki ya 27 Mutarama 1998, azajya yambara nimero 1. Asanzwe akinira ikipe ya Tonnerre Kalara club de Yaounde.

-1836.jpg

8. Conde Ibrahima Aminata

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Guinea, uzajya yambara nimero 21, yavutse tariki ya 5 Gashyantare 1998. Asanzwe akinira ikipe ya Horoya AC.

7. Demte Beneyam

Umunya Ethioipia ukina hagati mu kibuga, Demte Beneyam yavutse tariki ya 18 Nyakanga 1998, azaba yambaye nimero 14. Akinira ikipe ya CBE.


6. Diarra Samuel

Umuzamu w’ikipe y’igihugu ya Mali, Diarra Samuel ni we mukinnyi wa gatandatu muto uzaba ugaragara muri CHAN. Yavutse tariki ya 11 Kanama 1998. Azaba yambaye nimero 1.Asanzwe akinira ikipe ya ASKO.

5. Mandrault Mario Bernard

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Gabon, Mandrault Mario Bernard yavutse tariki ya 18 Kanama 1998. Azajya yambara nimero 11 muri iyi CHAN.Akaba ari we mukinyi wa gatanu muto uzakina CHAN. Bernard asanzwe akinira ikipe ya AS Pelican.

4. Mulenga Tresford Lawrence

Umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Zambia, Mulenga Tresford Lawrence yavutse tariki ya 21 Kanama 1998. Ni we mukinnyi muto wa kane uzagaragara muri CHAN, aho azaba yambaye nimero 16. Mulenga asanzwe akinira ikipe ya Kabwe Warriors.

3. Daka Patson

Umunyezamu wa gatatu w’ikipe y’igihugu ya Zambia, Daka Patson yavutse tariki ya 9 Ukwakira 1998, azajya yambara nimero 20 muri CHAN. Asanzwe akinira ikipe ya Nchanga Rangers FC.


2.Dante Abdoul Karim

Myugariro wa Mali, Dante Abdoul Kalim yavutse tariki ya 29 Ukwakira 1998, ni we mukinnyi wa kabiri uzaba ari muto kurusha abandi bose bazakina CHAN, aho azajya yambara nimero 21.Kalim asanzwe akinira ikipe ya Jeanne d’Arc de Bamako.

1.Mukatuka Stephen

Umukinnyi w’inyuma w’ikipe y’igihugu ya Zimbabwe, Mukatuka Stephen yavutse tariki ya 19 Ukuboza 1998, azajya yambara nimero 13 ndetse asanzwe akinira ikipe ya Caps United. Mukatuka ni we mukinnyi muto kurusha abandi bose bazagaragara muri iri rushanwa rizamara ibyumweru bitatu.

M.Fils

2016-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamirambo : Umugabo amaze imyaka 5 azi ko arera imfumbyi kandi ari umwana umugore we yabyaye hanze

Nyamirambo : Umugabo amaze imyaka 5 azi ko arera imfumbyi kandi ari umwana umugore we yabyaye hanze

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Rayon Sports iri ku mwanya wa 36, APR FC ku wa 49 mu makipe akomeye muri Afurika

Rayon Sports iri ku mwanya wa 36, APR FC ku wa 49 mu makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Urubanza rw’ibura ry’umuriro muri Stade Huye: Urukiko rwanzuye ko umwe afungwa by’agateganyo

Urubanza rw’ibura ry’umuriro muri Stade Huye: Urukiko rwanzuye ko umwe afungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Ibihugu 17 mu bagabo bigiye kwitabira irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball rizabera muri Kigali Arena

Ibihugu 17 mu bagabo bigiye kwitabira irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball rizabera muri Kigali Arena

Ubwanditsi 04 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamakuru wo mu gihugu cya Canada witwa Judi Rever, akwiye kwamaganwa
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru wo mu gihugu cya Canada witwa Judi Rever, akwiye kwamaganwa

Ubwanditsi 02 May 2018
U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda
Amakuru

U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

Ubwanditsi 17 Jul 2023
Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yasuye umuryango wa Fred Rwigema
Mu Mahanga

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yasuye umuryango wa Fred Rwigema

Ubwanditsi 21 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru