• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU

Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU

Editorial 08 Feb 2016 ITOHOZA

Amakuru agera kuri Rushyashya aravuga ko icyegeranyo cy’ibanga kigenewe inama y’umutekano y’umuryango w’abibumbye (United Nations Security Council) giharabika u Rwanda kwegeranya no guha imyitozo impunzi z’abarundi hagamijwe guhirika ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza.

Icyo cyegeranyo cyakozwe n’abiyita impuguke zikurikirana ibihano byafatiwe abantu bamwe na bamwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyabonywe n’abanyamakuru b’ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters kuri uyu wa gatatu tariki ya 3 Gashyantare 2016, icyo cyegeranyo kirimo ubuhamya bw’ibinyoma bwerekana ko u Rwanda rwivanga mu bibazo by’u Burundi ngo hakaba hari impungenge z’uko hashobora kuba isubiranamo rikomeye rya politiki rishobora kuganisha ku bwicanyi ndengakamare.

Icyo cyegeranyo kigaragaza amakuru y’ibinyoma n’ubuhamya byatanzwe n’abiyita abarwanyi b’abarundi bavuga ko bahawe imyitozo mu kigo cya gisirikare kiri mu ishyamba riri mu Rwanda.

Impuguke za ONU zivuga ko mu gukora icyo cyegeranyo zaganiriye n’abarundi bagera kuri 18 b’abarwanyi mu ntara ya Kivu y’amajyepfo muri Congo.

Abo barwanyi bose b’abarundi ngo bavuze ko binjijwe mu mutwe w’abarwanyi bakuwe mu nkambi y’impunzi ya Mahama iri mu burasirazuba bw’u Rwanda mu mezi ya Gicurasi na Kamena 2015, ngo bakaba barahawe imyitozo ya gisirikare mu gihe cy’amezi 2 ndetse mu kubeshyera u Rwanda bakavuga ko ababahaga imyitozo ya gisirikare ngo barimo n’abasirikare ba Leta y’u Rwanda.

-1998.jpg

Perezida Kagame na Perezida Nkurunziza

Muri icyo kinyoma cya raporo bavuga ko abo barwanyi b’abarundi barimo abana 6 ngo bigishijwe ubuhanga bwo kurwana, gukoresha imbunda nto n’izirasa amasasu menshi icyarimwe (machine guns/mitrailleuses), gutera za grenades, gutega ibisasu bya mines, kurashisha imbunda nini (mortars/mortiers) no kurashisha imbunda zitera ibisasu bya roketi.

Muri icyo kegeranyo cy’ibinyoma banavuga ko abo barwanyi bababwiye ko igihe bahabwaga imyitozo mu ishyamba riri mu Rwanda bageraga kuri 400. Ngo batwarwaga mu Rwanda hagati n’amakamyo ya gisirikare yabaga aherekejwe n’abasirikare b’u Rwanda. Ngo intego nyamukuru y’iki gikorwa ni ugukuraho ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza buriho mu Burundi.

Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU, ndetse avuga ko icyo cyegeranyo nta gaciro gifite kuko abagikoze bihaye ububasha bwo kujya gukora amaperereza mu gihugu cy’u Burundi kandi bitari mu nshingano zabo!

-1997.jpg

Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana

Icyegeranyo cya ONU ntabwo kigeze kivuga impamvu abo barwanyi b’abarundi byabaye ngombwa ko baca ku butaka bwa Congo ariko uwungirije uhagarariye u Burusiya muri ONU yatangaje ko mu kwezi gushize hari amakuru babonye yavugaga ko abarwanya ubutegetsi bw’u Burundi barimo kugerageza gushaka abarwanyi babafasha mu burasirazuba bwa Congo.

Abarwanyi b’abarundi kandi ngo beretse impuguke za ONU ibyangombwa by’ibihimbano bya Congo byakorewe mu Rwanda bakoreshaga kugirango hatagira ubakeka igihe babaga bari muri Congo.

Ibi bya ONU babihuza na Leta y’u Burundi yari yareze u Rwanda mu kwezi k’Ukuboza 2015 ko hari umutwe urimo kwinjiza abarwanyi ubakuye mu nkambi z’impunzi ziri ku butaka bw’u Rwanda, ariko Perezida Paul Kagame yateye utwatsi ibyo birego.

Ibirego biharabika u Rwanda kandi ku kibazo cya Leta y’u Burundi byatsindagiwe kandi n’imiryango ifasha mu nkambi z’impunzi yavugaga ko ihangayikishijwe n’amakuru ngo yabonaga avuga ko hari impunzi z’abarundi zirimo kwinjizwa mu mitwe yitwara gisirikare.

Ibi bije mu gihe umukuru w’ishyaka CNDD-FDD, Pascal Nyabenda aherutse kwikoma u Rwanda ko Perezida Kagame akomeje kwivanga mu bibazo by’u Burundi afatanije na bamwe mu banyamahanga barimo umubiligi, Louis Michel n’uhagarariye Amerika muri ONU, Samantha Power.

Igitangaje n’uko mu minsi ishize hatangajwe amakuru y’abarwanyi b’abarundi bafatiwe mu gihugu cya Congo bagasanganwa amakarita y’itora ya Congo y’amahimbano, si ibyo gusa ko n’ingabo za ONU muri Congo (MONUSCO) zashyize ingabo nyinshi ku mupaka wa Congo n’u Burundi mu rwego rwo kubuza ibitero byagabwa muri Congo bivuye i Burundi cyangwa ibitero byatera u Burundi biva muri Congo. Kuki rero ibirego nk’ibi bikomeje kwisuka ku Rwanda, kandi mu byukuri ntashingiro bifite ?

Umwanditsi wacu

2016-02-08
Editorial

IZINDI NKURU

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Editorial 28 Jul 2019
’Le Monde’ n’ikinyoma mu bishushanyo ku Rwanda

’Le Monde’ n’ikinyoma mu bishushanyo ku Rwanda

Editorial 16 Apr 2019
Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Editorial 07 Oct 2023
Police mu iperereza  yemeje ko Umucuruzi  Rwabukamba yapfuye  yiyahuye

Police mu iperereza yemeje ko Umucuruzi Rwabukamba yapfuye yiyahuye

Editorial 13 Oct 2016
Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Editorial 28 Jul 2019
’Le Monde’ n’ikinyoma mu bishushanyo ku Rwanda

’Le Monde’ n’ikinyoma mu bishushanyo ku Rwanda

Editorial 16 Apr 2019
Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Editorial 07 Oct 2023
Police mu iperereza  yemeje ko Umucuruzi  Rwabukamba yapfuye  yiyahuye

Police mu iperereza yemeje ko Umucuruzi Rwabukamba yapfuye yiyahuye

Editorial 13 Oct 2016
Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Editorial 28 Jul 2019
’Le Monde’ n’ikinyoma mu bishushanyo ku Rwanda

’Le Monde’ n’ikinyoma mu bishushanyo ku Rwanda

Editorial 16 Apr 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru