• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Editorial 06 Mar 2016 Mu Rwanda

Mu nama ya 17 y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba yebereye i Arusha muri Tanzania kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Werurwe 2016.

Umurundi Liberat Mfumukeko yasimbuye Umunyarwanda Dr Richard Sezibera ku bunyamabanga bw’Umuryango wa Afurika y’’i Burasirazuba naho Sudani y’Epfo yemezwa nk’Umunyamuryango mushya iba igihugu cya gatandatu nyuma ya Kenya, Uganda, Tanzania, u Rwanda n’u Burundi.

Sudani y’Epfo ituwe n’abantu barenga miliyoni 11. Kuba icyo gihugu cyinjiye muri EAC, byatumye uwo muryango ugirwa n’abaturage bagera kuri miliyoni 160.

Nk’uko byari ku murongo w’ibyigwa kandi, ibibazo by’umutekano muke mu Burundi byavuzweho, ndetse hanashyirwaho umuhuza mushya ari we Benjamin Mkapa, Umunya-Tanzania wigeze no kuyobora Tanzania.

-2343.jpg

Liberat Mfumukeko na Dr Richard Sezibera

Dr Richard Sezibera, Umunyarwanda wari Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’i Burasirazuba (EAC) yasimbuwe kuri uwo mwanya.

Yasimbuwe n’Umurundi Liberat Mfumukeko wari usanzwe ushinzwe imari n’ubuyobozi muri EAC ndetse akaba yari yungirije Sezibera ku bunyamabanga bw’Umuryango.

Umwanya Mfumukeko yatorewe wahatanirwaga n’Abarundi bane n’Abanya-Kenya bane. Mu Barundi bawuhataniraga harimo na Willy Aime Nyamitwe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.

-2344.jpg

Perezida Paul Kagame na Perezida John Pombe Magufuli Arusha muri Tanzania

Mu mirimo Mfumukeko yakoze, yabaye umuyobozi mukuru w’ikigo cy’u Burundi gishinzwe amazi n’amashanyarazi (REGIDESO) mbere yakoraga mu muryango nyafurika ushinzwe ingufu (African Power Pool-EAPP).

Nubwo u Burundi bwahawe kuyobora Ubunyamabanga bwa EAC, Tanzania nicyo gihugu cyakomeje kuyobora uwo Muryango.

Hafi y’ibihugu byose bigize EAC, ibyo byohereza hanze ni bike ugereranyije n’ibyo bikura hanze.Kubw’ibyo abakuru b’ibihugu bigize EAC basabye ko hashyirwamo ingufu.

Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania abigarukaho yagize ati: “Twe dukora ibyo tudakoresha, tugakoresha ibyo tudakora, rwose ibi bigomba guhagarara”.

Ku ikubitiro abakuru b’ibihugu bigize EAC barashaka ko imodoka ziva hanze zarakoze zihagarara, ahubwo zikajya zizanwa zigateranyirizwa imbere muri EAC, ndetse no guhagarika ibikoresho bikozwe mu mpu na caguwa biva hanze, hagatezwa imbere ibyakorewe imbere mu muryango.

Abakuru b’ibihugu bigize EAC kandi batangije ku mugaragaro uburyo bwo gusaba pasiporo y’ibihugu bigize uwo muryango hifashishijwe ikoranabuhanga(e-Passport).

Iyi nama yari yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo Paul Kagame w’u Rwanda, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Uhuru Kenyatta wa Kenya na John Pombe Magufuli wa Tanzania. Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza ntiyagaragaye mu nama.

Umwanditsi wacu

2016-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Editorial 16 May 2017
Abakinnyi batatu muri bane baserukiye u Rwanda mu irushanwa mpuzamahanga rya Triathlon ryaberaga I Bangui muri Santrafrika begukanye imidali

Abakinnyi batatu muri bane baserukiye u Rwanda mu irushanwa mpuzamahanga rya Triathlon ryaberaga I Bangui muri Santrafrika begukanye imidali

Editorial 28 Mar 2021
Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Editorial 08 Aug 2016
Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira

Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira

Editorial 30 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

DRC: Leta yahagaritse ikoreshwa rya internet
ITOHOZA

DRC: Leta yahagaritse ikoreshwa rya internet

Editorial 01 Jan 2019
Birababaje :Bruce Melody Ntiyasohotse ku rutonde rw’abazaririmbana n’ Icyamamare Jason Derulo, Ese Cyaba Ari kibazo Cya Muzika Nyarwanda Itazwi
Mu Rwanda

Birababaje :Bruce Melody Ntiyasohotse ku rutonde rw’abazaririmbana n’ Icyamamare Jason Derulo, Ese Cyaba Ari kibazo Cya Muzika Nyarwanda Itazwi

Editorial 10 Jun 2017
Iya 3 Gicurasi 1994: Kambanda yayoboye mitingi kuri Stade ya Kibuye
Mu Rwanda

Iya 3 Gicurasi 1994: Kambanda yayoboye mitingi kuri Stade ya Kibuye

Editorial 03 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru