• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16, barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.

Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16, barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.

Editorial 10 Jun 2016 Mu Mahanga

Umuvugizi wa Polisi, ishami ryo mu muhanda, SP Jean Marie Vianney Ndushabandi, yatangaje iyi mpanuka yatewe n’ikamyo yari iturutse mu bice bya Gahanga mu Karere ka Kicukiro, iza kubura feri bituma igonga abagenzi, imodoka na moto byari mu nzira.

Yakomeje avuga ko barindwi bahise bitaba Imana, abandi icyenda bakomeretse bikomeye, barimo batanu bajyanwe mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe mu gihe abandi bane bari kuvurirwa mu bitaro bikuru bya Kaminuza bya Kigali, CHUK.

Amakuru aravuga ko abamaze kumenyekana ko bitabye Imana ari 20, mu gihe abakomeretse ari benshi ku buryo hari impungenge ko imibare y’abapfuye ishobora kuza kwiyongera.

Iyi Kamyo yari ipakiye umucanga yamanukaga, icika feri igeze Kicukiro Centre, bituma igonga imodoka zari aho abagenzi bategera, zirimo iz’ibigo bitwara abagenzi mu mujyi wa Kigali, Royal na KBS, hangirika na moto zigera kuri 11.

Iyi kamyo yagonze abantu ku ntera igera kuri metero 200 uvuye ahubatse Ibiro by’Akarere ka Kicukiro kugera aho abagenzi bategera imodoka.

Kugeza ubu polisi n’ingabo z’igihugu bari gutanga ubutabazi bajyana kwa muganga abakirimo umwuka, hatangwa n’ubundi bufasha.

-2914.jpg

-2915.jpg

-2916.jpg

Iyi mpanuka yari iteye ubwoba

2016-06-10
Editorial

IZINDI NKURU

Abayobozi b’inzego z’ibanze n’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Karongi basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Abayobozi b’inzego z’ibanze n’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Karongi basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Editorial 10 Apr 2016
Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Editorial 01 Jul 2016
Batatu batawe muri yombi  bagerageza guha Ruswa abapolisi

Batatu batawe muri yombi bagerageza guha Ruswa abapolisi

Editorial 27 Oct 2016
Muri Uganda Covid-19 iraca ibintu, ariko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buti twakajije umutekano ku mupaka ngo Abanyarwanda batatuzanira ubwandu!

Muri Uganda Covid-19 iraca ibintu, ariko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buti twakajije umutekano ku mupaka ngo Abanyarwanda batatuzanira ubwandu!

Editorial 07 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center

Editorial 16 Nov 2016
Zambia yahaye abari impunzi z’Abanyarwanda 1468 impushya zo gutura mu gihugu z’agateganyo
INKURU NYAMUKURU

Zambia yahaye abari impunzi z’Abanyarwanda 1468 impushya zo gutura mu gihugu z’agateganyo

Editorial 01 Jun 2018
Murekezi Anastase asimbuye Cyanzayire kuba Umuvunyi Mukuru
Mu Rwanda

Murekezi Anastase asimbuye Cyanzayire kuba Umuvunyi Mukuru

Editorial 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru