• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon yegukanye igikombe 10 cy’amahoro

Rayon yegukanye igikombe 10 cy’amahoro

Ubwanditsi 04 Jul 2016 IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya 10 cy’amahoro mu mateka yayo, itsinze ikipe ya APR FC igitego 1 ku 0, cyatsinzwe n’umunya Mali, Ismaila Diarra, ku munota wa nyuma.

-3167.jpg

Igice cya mbere cy’umukino kihariwe bigaragara n’ikipe ya Rayon Sports. APR FC yaje mu kibuga, ubona ko umuzamu Nizar Khanfir afite gahunda yo gufunga izamu kurusha kuba yasatira.

-3169.jpg

Hakiri kare, ku mupira Savio yafashe akinjiza mu rubuga rw’amahina, yaje gukorerwa ikosa na Rugwiro Herve na Rwatubyaye, ariko umusifuzi Louis Hakizimana ntiyatanga penaliti.

Rayon Sports yotsaga igitutu bigaragara ikipe ya APR FC, muri iyi minota ya mbere y’umukino.

-3170.jpg

Emery Bayisenge umutoza yari yahisemo ko akina imbere ya ba myugariro, yakoraga amakosa menshi, wabonaga ko yagowe n’abakinnyi ba Rayon Sports, bakina hagati.

-3171.jpg

Uyu musore wakoraga amakosa menshi, yaje kubona ikarita y’umuhondo, aza no gusunikana benshi bakeka ko agiye kubona ikarita ya 2, ariko Louis Hakizimana, ntiyamuha ikarita ya 2.

Umutoza Nizar wabonaga uyu musore akomeza gukora amakosa menshi, yamukuyemo ku munota wa 24, yinjiza mu kibuga Benedata Janvier.

Kwinjira mu kibuga kwa Janvier, APR FC yatangiye guhererekanya neza mu kibuga, ni ubwo wabonaga igihunga ku bakinnyi ba APR FC.

Rayon Sports yarushaga APR FC cyane, ikabona koruneli na coup franc nyinshi, ari nako abakinnyi bayo bakomezaga kubona amakarita, nka Rwatubyaye Abdoul, azira gukubita umupira mu mutwe Ismaila Diarra.

Ni ubwo Rayon Sports yakinaga neza hagati mu kibuga, ntiyageraga imbere y’izamu rya APR kenshi, wabonaga umupira uguma cyane hagati.

-3173.jpg

Mbere gato y’uko igice cya mbere cy’umukino kirangira, Issa Bigirimana yatunguye Bakame, atera ishoti riremereye ariko rica hejuru y’izamu. Igice cya mbere kirangira nta kipe ibashije kureba mu izamu.

Amakipe agarutse ava mu rwambariro, Rayon Sports yatangiye neza, ibona koruneli 2, ariko ntizatanga umusaruro.

Nizar Khanfir yafashe icyemezo cyo gukuramo Yannick Mukunzi utakinaga neza, yinjiza Ndahinduka Michel ngo akomeze ubusatirizi, anashake ubwinyagamburo hagati mu kibuga.

APR FC yatangiye gukina neza hagati mu kibuga, irusha Rayon Sports guhererekanya umupira, wabonaga ko mu minota nka 60, yakiniraga kuri za contre attaque, inakoresha amakosa abakinnyi ba APR FC.

Rayon Sports yabonye Coup franc iri hafi y’urubuga rw’amahina, itewe na Kwizera Pierrot, awutera mu rukuta rw’abakinnyi ba APR FC.

APR FC yacishagamo igahererekanya neza, yacishagamo ikotsa igitutu abakinnyi ba Rayon Sports, batangira gukora nabo. Mugheni Fabrice yaje kubona ikarita y’umuhondo, akiniye nabi Rusheshangoga.

Rayon Sports yakuyemo Djabel, yinjiza mu kibuga Muhire Kevin, Masudi ashaka uko yakongera imbaraga mu busatirizi bw’ikipe ye.

Diarra yaje guhabwa umupira mwiza na Manzi Thierry, ashatse kuwurenza umuzamu wa APR FC, Kwizera Olivier, ntibyamuukundira.
-3180.jpg
Amakipe yakomeje gusatirana, ariko igitego cyorabura. Iranzi yabonyue ikarita y’umuhondo akiniye nabi Tubane James . Ku munota wa 2 w’inyongera, ku minota 4 yari yongeweho, benedata yatakaje umupira, ufatwa na Mugheni wawuhaye Pierrot, atera ishoti rikomeye, Kwizera ananirwa kuwufata, Diarra asubizamo, umupira ujya mu rushundura.

Abakinnyi babanje mu kibuga ku mpande zombi :

APR FC : Kwizera Olivier, Rusheshangoga Michel, Ngabo Albert, Rwatubyaye Abdoul, Rugwiro Herve, Bayisenge Emery (24’, Benedata Janvier), Mukunzi Yannick (52’ Ndahinduka Michel), Djihad Bizimana, Buteera Andrew, Iranzi Jean Claude, Issa Bigirimana.

Abasimbura : Ntaribi Steven, Rutanga Eric, Ntaluhanga Tumaine, Usengimana faustin, Nshutiyamagara Ismael.

Rayon Sports : Ndayishimiye Eric, Manzi Thierry, Imanishimwe Emmanuel , Tubane James, Munezero Fiston, Niyonzima Seif, Mugheni Fabrice, Kwizera Pierrot, Manishimwe Djabel (74, Muhire Kevin), Ismaila Diarra, Nshuti Savio Dominique.

Abasimbura : Bashunga Abouba, Niyonkuru Djuma, Mugisha Francois, Mugenzi Cedric, Irambona Eric, Niyonkuru Vivien.

2016-07-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Miss Rwanda 2016: Iburasirazuba abakobwa bose baje mu irushanwa  ni abanya  Kigali

Miss Rwanda 2016: Iburasirazuba abakobwa bose baje mu irushanwa ni abanya Kigali

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’

Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’

Ubwanditsi 07 Jul 2023
FERWAFA yunze murya Rwanda Premier League yanga icyifuzo cyo gusubika umukino APR FC ifitanye na Police FC

FERWAFA yunze murya Rwanda Premier League yanga icyifuzo cyo gusubika umukino APR FC ifitanye na Police FC

Ubwanditsi 03 Dec 2024
Henok Muluberhan yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025, Byukusenge Patrick aba Umunya-Rwanda waje hafi

Henok Muluberhan yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025, Byukusenge Patrick aba Umunya-Rwanda waje hafi

Ubwanditsi 24 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?
Amakuru

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Ubwanditsi 29 Oct 2021
Iminsi irabarirwa ku ntoki  ngo Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside agezwe mu Rwanda
ITOHOZA

Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside agezwe mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Perezida wa banki y’ Isi  yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]
UBUKUNGU

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Ubwanditsi 18 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru