• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Pistorius wivuganye umukunzi we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu

Pistorius wivuganye umukunzi we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu

Ubwanditsi 06 Jul 2016 IMIKINO

Oscar Pistorius, Umunyafurika y’Epfo wamamare mu mikino yo gusiganwa ku maguru mu cyiciro cy’abafite ubumuga, yakatiwe n’urukiko rw’ikirenga rwa Pretoria, gufungwa imyaka 6 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umukunzi we.

Hari ku munsi w’abakundana(Valentine’s day), ku itariki ya 14 Gashyantare 2013, ubwo Pistorius yicaga arashe amasasu ane Reeva Steenkamp, umukunzi we, ku mpamvu yagaragaje ko yamwitiranyije n’ibisambo.

Nyuma y’imyaka itatu yisobanura mu nkiko zo muri Afurika y’Epfo, kuri uyu wa 6 Nyakanga 2016, inkuru nyinshi zirirwaga zivugwa kuri kiriya cyamamare, zashojwe n’igihano cy’igifungo cy’imyaka itandatu yahawe n’umucamanza Thokozile Masipa.

Ni igihano ‘gito cyane’ ugereranyije n’icyo benshi bari bategereje bitewe n’uko umushinjacyaha yari yabanjije kumusabira gufungwa nibura imyaka 15, bikaba bigaragara ko cyanakiriwe neza na benshi nk’uko ikinyamakuru The Guardian cyabyanditse.

Andrew Fawcett, umwunganizi wa Pistorius, yagize ati “Twubashye icyemezo cy’umucamanza Masipa kandi ntabwo tuzajurira.”

Ku ruhande rw’abashyigikiye umuryango wa nyakwigendera Steenkamp bagaragaje ko amategeko yakoze akazi kayo, bityo ko ngo nta kindi bakongera gukora.

Doup De Bruyn, umwunganizi mu mategeko, wari uhagarariye umuryango wa Steenkamp, yavuze ko “nta cyo umuryango wakora ku mwanzuro w’urukiko. Nta kizagarura Reeva. Icyiza cyo gukora ni ugukomeza kwituriza.”

Pistorius yamamaye ku Isi hose mu mikino Olempike na Paralempike yabereye i London mu Bwongereza mu mwaka wa 2012, ubwo yageraga muri kimwe cya kabiri cy’irangiza mu marushanwa y’abasiganwa ku maguru mu cyiciro cy’abafite ubumuga basiganwa muri metero 200.

Amwe mu mateka ya Pistorius

-3198.jpg

Wikipedia.org ivuga ko amazina bwite y’iki cyamamare, ari Oscar Leonard Carl Pistorius, yavutse ku wa 22 Ugushyingo 1986, avukana ubumuga bw’amaguru yombi bwahereye munsi y’amavi, ni ubumuga ngo bwamufashe amaze amezi 11 avutse.

Uyu musore wamamaye mu mikino yo gusiganwa ku maguru (athletisme) ndetse agasiganwa n’abadafite ubumuga, yavukiye mu rusisiro rwa Sandton, ruri mu mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo, afite uburebure bwa metero 1.84, afite kandi ibilo 80.6

2016-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru

Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 03 Jul 2025
Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Ubwanditsi 16 Jan 2022
Mu bihembo bya The Choice, Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague yabaye umukinnyi w’umwaka wa 2021 ahize abarimo Sugira Ernest

Mu bihembo bya The Choice, Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague yabaye umukinnyi w’umwaka wa 2021 ahize abarimo Sugira Ernest

Ubwanditsi 14 Mar 2022
APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

Ubwanditsi 24 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu bataramenyekana bigabije urugo rw’Umwami Kigeli biba impano ze zose
ITOHOZA

Abantu bataramenyekana bigabije urugo rw’Umwami Kigeli biba impano ze zose

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Uganda : Abafite abana bari bajyanywe mu gisirikare cya RNC  basaba ko Rugema Kayumba abiryozwa
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda : Abafite abana bari bajyanywe mu gisirikare cya RNC basaba ko Rugema Kayumba abiryozwa

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Mu Burusiya umuriro wahitanye abasaga 64 biganjemo abana
Mu Mahanga

Mu Burusiya umuriro wahitanye abasaga 64 biganjemo abana

Ubwanditsi 26 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru