• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali

Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali

Ubwanditsi 16 Jul 2016 Mu Rwanda

Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania, ntazagaragara mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ibera i Kigali.

Perezida Magufuli yahisemo kohereza Vise Perezida we Samia Suluhu Hassan ndetse na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga.

Ibitangazamakuru birimo daily news na the citizen, biravuga ko aba bayobozi babiri aribo bazahagararira Perezida Magufuli muri iyi nama.

Kuva Perezida Magufuli yajya ku butegetsi mu mwaka wa 2015 yakomeje kuvuga ko adashaka ingendo zisesagura umutungo w’igihugu.

Yaje no gufata icyemezo cyo kugabanya ingendo z’abayobozi bo muri Leta ye bajyaga mu mahanga, ku buryo yemeje ko icyemezo cyo kujya mu mahanga ku muyobozi runaka kigomba kujya kiva iwe muri perezidansi.

Nk’ubu kuva muri Gushyingo 2015 ubwo yatorwaga, Perezida Magufuli amaze gukora ingendo ebyiri gusa mu mahanga, zirimo urwo yakoreye mu Rwanda muri Mata 2016, aho yifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nubwo Perezida Magufuli atazifatanya na bagenzi be bo kuri uyu mugabane, abarenga 13 bamaze kugera mu Rwanda.

Ikinyamakuru The Citizen cyo kigaragaza ko iyi ibaye inama yindi ya kabiri ikomeye kuri uyu mugabane, Perezida Magufli atagaragayemo. Nabwo Perezida Magufuli ntiyagaragaye mu nama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe yabaye muri Mutarama 2016 muri Ethiopia.

Bamwe mu batavuga rumwe na Perezida Magufuli, bavuga ko bitumvikana uburyo umukuru w’igihugu atagaragara mu nama nk’izi zikomeye, cyane ko ngo igihugu gikeneye ububanyi n’amahanga.

Gusa Magufuli we avuga ko imirimo yo mu mahanga, yajya ikorwa n’abahagarariye Tanzania muri ibyo bihugu.

-3310.jpg

Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania

2016-07-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2

Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2

Ubwanditsi 06 Dec 2021
Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe  mu Burundi

Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe mu Burundi

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Mu burundi:   Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi   bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba

Mu burundi: Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba

Ubwanditsi 16 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.
HIRYA NO HINO

Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.

Ubwanditsi 21 Jun 2017
Nahimana Thomas ntahejwe gutaha mu Rwanda amarembo arakinguye
POLITIKI

Nahimana Thomas ntahejwe gutaha mu Rwanda amarembo arakinguye

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Urukiko rwemeje ko Mutuyemariya Christinewari ushinzwe ubutegetsi n’imari muri ADEPR arekurwa
Mu Rwanda

Urukiko rwemeje ko Mutuyemariya Christinewari ushinzwe ubutegetsi n’imari muri ADEPR arekurwa

Ubwanditsi 29 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru