• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2019 UBUKUNGU

Mohamed Lemine Raghani, Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, ku mugabane wa Afurika ushinzwe ibihugu 24, yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, ku iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda.

IMF ni umufatanyabikorwa ukomeye mu iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda. Iki kigega gitera inkunga imirongo migari y’ubukungu bwa za Leta.

Ifasha u Rwanda gucunga ubukungu bw’igihugu cyane cyane mu bijyanye no gucunga ifaranga, kuzamura ubukungu bitabangamiye ibiciro ku masoko n’ibindi.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente na Raghani baganiriye kuri uyu wa Kabiri, kuri gahunda nshya iteza imbere ubukungu bw’u Rwanda yemejwe na IMF muri Kamena uyu mwaka.

Yavuze ko icyo kigega kujya kwemera gahunda nshya izageza mu 2022, habanje gusuzuma iyari irangiye y’imyaka itatu bagasanga yarafashije ubukungu bw’u Rwanda kuzamuka.

Ati “ Byagaragaye ko twayishyize mu bikorwa mu buryo bw’intangarugero. Bishimira ko ubukungu bwacu buzamuka ku gipimo cyo hejuru , bakishimira uburyo tugerageza gucunga agaciro k’ifaranga n’ibiciro kuko twumvikana ko katarenza 5 % kandi turi hasi cyane nka 1 %. Bishimira uburyo tugerageza kuzamura umusaruro uturuka imbere mu gihugu binyuze mu misoro cyangwa mu bundi buryo n’uko tugenda twihaza mu ngengo y’imari.”

Umuyobozi wa IMF mu bihugu 24 bya Afurika, Mohamed Lemine Raghani yavuze ko ari iby’agaciro kuba yahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda bakaganira ku iterambere ry’ubukungu.

Raghani yavuze ko IMF ifitiye icyizere u Rwanda ariyo mpamvu yemeje gahunda nshya y’imikoranire igamije kurushaho guteza imbere ubukungu.

Ati “IMF yashimye imikorere y’u Rwanda mu myaka ishize, igaragaza ko ifitiye icyizere abayobozi bu Rwanda. Twanaganiriye uburyo twarushaho kurengera inyungu z’u Rwanda birushijeho. Byari ibiganiro byiza kandi nahawe n’inama na Minisitiri w’Intebe ku buryo bwiza twagera ku ntego twihaye.”

Ubukungu bw’u Rwanda umwaka ushize bwiyongereye ku gipimo cya 7.2 %, uyu mwaka bukaziyongera ku gipimo cya 7.8%.

Muri gahunda y’imikoranire hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na IMF mu myaka itatu iri imbere, harimo no gukomeza kuzamura ubushobozi bw’imbere kugira ngo imyenda iva hanze igabanyuke.

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi itangaza ko amadeni y’u Rwanda ava hanze ari 30 % by’Umusaruro mbumbe w’igihugu mu gihe igipimo ntarengwa ari 55 %.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente (ibumoso) yakira Raghani mu biro bye

Mohamed Lemine Raghani yavuze ko ari iby’agaciro kuba yahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda bakaganira ku iterambere ry’ubukungu.

Raghani yavuze ko IMF ifitiye icyizere u Rwanda ariyo mpamvu yemeje gahunda shya y’imikoranire igamije kurushaho guteza imbere ubukungu

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente na Raghani baganiriye kuri uyu wa Kabiri, kuri gahunda nshya iteza imbere ubukungu bw’u Rwanda yemejwe na IMF muri Kamena uyu mwaka

IMF ni umufatanyabikorwa ukomeye mu iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda. Iki kigega gitera inkunga imirongo migari y’ubukungu bwa za Leta
Inkuru ya IGIHE

2019-07-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Ubwanditsi 14 Jan 2020
U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Ubwanditsi 20 Jun 2017
U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Ubwanditsi 29 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.
Amakuru

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 05 May 2021
Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo
MULTIMEDIA

Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo

Ubwanditsi 30 Mar 2017
Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi
ITOHOZA

Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi

Ubwanditsi 10 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru