• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Ubwanditsi 12 Jul 2019 UBUKUNGU

Hagati ya tariki 26 na 30 Kamena 2019, mu turere twose tw’igihugu uko ari 30 harimo hemezwa ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka wa 2019-2020.
Uko ingengo y’imari itorwa kandi ikemezwa n’inama njyanama y’akarere, ni na ko igabanywa mu bice, hagendewe ku bikorwa byateganyijwe gukorwa mu karere runaka.

Tariki ya 13 Kamena 2019, nibwo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), yamurikiye inteko ishinga amategeko imitwe yombi, ingengo y’imari y’umwaka wa 2019/2020.

Ingengo y’imari y’igihugu cyose muri uyu mwaka wa 2019/20 ingana na miliyari 2,876.9 z’amafaranga y’u Rwanda, ikaba yariyongereyeho miliyari 291.8, ugereranyije n’ingengo y’imari y’umwaka ushize wa 2018/19.

MINECOFIN ivuga ko intego y’uyu mwaka ari “Guteza imbere inganda hagamijwe guhanga imirimo mishya no guteza imbere ubukungu”.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana avuga ko ingengo y’imari ya 2019/20 izibanda ku bikorwa byo guteza imbere inkingi eshatu z’iterambere (NST1), hakazibandwa cyane ku guhanga imirimo mishya.

Agira ati “Mu ngengo y’imari ya 2019/20, turateganya kuzamura umusaruro muri gahunda zitandukanye, ndetse no gushyiraho gahunda zihamye zo guhanga imirimo mishya”.

Ingengo y’imari y’uyu mwaka kandi ikazanibanda ku bikorwa by’uburezi, ubuzima, ibikorwa remezo ndetse n’imibereho y’abaturage.

Kigali Today dukesha iyi nkuru yazengurutse tumwe mu turere tw’igihugu, ireba uko twagiye tugabanya ingengo y’imari yemejwe n’inama njyanama, mu bikorwa binyuranye, by’umwihariko mu nkingi enye: ubuzima, uburezi, ibikorwa remezo n’imibereho y’abaturage.

Nk’uko gahunda y’igihugu ibiteganya, no mu turere twose igice kinini cy’ingengo y’imari cyizakoreshwa muri izo nkingi enye, ariko cyane cyane bigaragara ko imibereho y’abaturage ari yo izatwara igice kinini cy’ingengo y’imari ya 2019/2020.

Kicukiro
Mu karere ka Kicukiro, ingengo y’imari yemejwe n’inama njyanama muri uyu mwaka wa 2019/2020 ni miliyari 18,709,966,665Frw.
Mu burezi hazakoreshwa miliyari 3,545,745,844Frw, mu buzima miliyari 1,450,303,246Frw, imibereho y’abaturage hazakoreshwa miliyoni 997,105,295Frw, naho mu bikorwa remezo hakazakoreshwa miliyari 4,570,767,153Frw.

Bugesera
Mu karere ka Bugesera, ingengo y’imari y’uyu mwaka wa 2019/2020 ni miliyari 19,053,085,701 z’amafaranga y’u Rwanda.

Mu burezi hazakoreshwa miliyari 5,476,766,345Frw, mu buzima hazakoreshwa miliyari 1,634,210,891Frw, mu mibereho y’abaturage ho hazakoreshwa miliyari 2,912,102,891Frw, naho mu bikorwa remezo ho hakazakoreshwa miliyari 2,541,477,015Frw.

Ruhango 
Ingengo y’imari y’Akarere ka Ruhango mu mwaka wa 2019-2020 ingana na miliyari 16,247,113,554Frw.
59% by’ingengo y’imari y’aka karere bizakoreshwa mu bikorwa byo guteza imbere imibereho y’abaturage, naho ibikorwa by’iterambere ry’ubukungu bikazatwara ingengo y’imari ingana na 23%, mu gihe ibikorwa byo guteza imbere imiyoborere bizatwara 18%.

Nyamasheke

Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yasuzumye inemeza ingengo y’ imari y’akarere y’umwaka wa 2019-2020 ingana na miliyari 24,702,250,588Frw.
Muri iyi ngengo y’imari y’Akarere ka Nyamasheke, ibikorwa by’iterambere (ibikorwa remezo n’ibindi) byagenewe ingengo y’imari ingana na miliyari 11,813,745,144Frw ingana na 48% by’ingengo y’imari yose y’akarere.
Ibikorwa bindi bisigaye harimo n’ibyo guteza imbere imibereho y’abaturage, byagenewe ingengo y’imari ingana na miliyari 12,888,505,444Frw, ingana na 52%.

Rubavu 
Ingengo y’imari izakoreshwa muri aka karere mu mwaka wa 2019-2020, ingana na miliyari 21,563,268,312.

Amakuru agaragara ku rubuga rwa twitter rw’akarere ka Rubavu, agaragaza ko mu bikorwa remezo, hazakoreshwamo ingengo y’imari ya miliyari zirenga 7,000,000,000Frw.

Nyagatare 
Ingengo y’imari y’umwaka wa 2019/2020 mu karere ka Nyagatare, ingana na miliyari 25,569,417,140 FRW. 
Muri uyu mwaka, 43% by’iyi ngengo y’imari azakoreshwa mu bikorwa by’iterambere ry’ubukungu, 41% akoreshwe mu kuzamura imibereho myiza, naho 16% akoreshwe mu kuzamura imiyoborere myiza.

Rulindo
Ingengo y’imari y’Akarere ka Rulindo mu mwaka wa 2019/20 ingana na miliyari 16,031,837,144Frw. Kimwe no mu tundi turere, ibikorwa byo guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara ingengo y’imari ingana na miliyari 8,546,884,112Frw ingana na 53.31%, ibikorwa by’iterambere bizatwara miliyari 3,979,459,591Frw ingana na 24.82%, naho ibikorwa byo guteza imbere imiyoborere bikazatwara miliyari 3,505,493,441Frw, ingana na 21.87%.

Nyabihu
Mu karere ka Nyabihu, inama njyanama yemeje ingengo y’imari izakoreshwa muri uyu mwaka wa 2019/2020, ingana na miliyari 15,000,319,227Frw.

Ibikorwa bigamije guhindura imibereho y’abaturage bizakoreshwamo ingengo y’imari ingana na miliyari 7,962,736,707, angana na 53%. Ibikorwa byo guteza imbere ubukungu bizatwara ingengo y’imari ingana na miliyari 3,826,128,311, angana na 26%, naho ibikorwa byo guteza imbere imiyoborere bizatwara ingengo y’imari ingana na miliyari 3,211,454,209, ingana na 21% by’ingengo y’imari yose.

Nyanza
Akarere ka Nyanza muri uyu mwaka wa 2019/2020 kazakoresha ingeno y’imari ingana na miliyari 15,965,335,23Frw. Ingengo y’imari izakoreshwa mu guteza imbere imibereho y’abaturage ingana na miliyari 1,684,320,343Frw, mu burezi ho hakazakoreshwa miliyari 5,090,533,548Frw, mu gihe mu buzima hazakoreshwa miliyari 1,433,524,416Frw.

Burera
Ingengo y’imari izakoreshwa mu karere ka Burera muri uyu mwaka wa 2019/20 ingana na miliyari 17,906,971,148Frw.

Ibikorwa bigamije guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara miliyari 3,491,023,137Frw, ibyo guteza imbere ubukungu bizatwara miliyari 1,301,616,306Frw naho ibikorwa byo guteza imbere imiyoborere byo bikazatwara ingengo y’imari ingana na miliyoni 105,600,000Frw.

Nyaruguru
Mu karere ka Nyaruguru, inama njyanama yemeje ingengo y’imari izakoreshwa muri uyu mwaka wa 2019/20, ingana na miliyari 18,502,588,934Frw.

Ibikorwa bijyanye n’imibereho y’abaturage bizatwara ingengo y’imari ingana na miliyari 2,530,316,010Frw, ibikorwa by’uburezi bizatwara miliyari 5,135,597,112Frw, mu buzima hazakoreshwa miliyari 1,272,140,557Frw, ibikorwa remezo bizatwara miliyoni 670,616,781Frw, mu buhinzi hazakoreshwa miliyari 2,323,628,814Frw, naho imiyoborere n’ubutabera byo bikazatwara miliyoni 791,632,753Frw.

Ugendeye ku ngengo y’imari y’uturere 11 Kigali Today yabashije kureba, bigaragara ko ibikorwa byo guteza imbere imibereho y’abaturage ari byo biziharira igice kinini cy’ingengo y’imari ya 2019/2020.

Ahenshi mu turere bazibanda ku bikorwa byo guteza imbere uburezi, ubuzima, gufasha ndetse no kubakira abatishoboye.

Inkingi y’ibikorwa remezo kandi na yo, bigaragara ko izatwara igice kitari gito cy’ingengo y’imari, ahenshi mu turere bakazibanda ku kubaka imihanda mishya no gusana iyangiritse, kubaka ibiraro (amateme), n’ibindi.

Src : KT

2019-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Ubwanditsi 31 Dec 2018
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Ubwanditsi 16 May 2019
Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana
Amakuru

M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana

Ubwanditsi 07 Jul 2021
Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)
POLITIKI

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka
IMIKINO

Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru