• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Muri ULK: Abanyeshuri 2986 bahawe impamyabumenyi

Muri ULK: Abanyeshuri 2986 bahawe impamyabumenyi

Ubwanditsi 14 Dec 2016 Mu Mahanga

Mu mujyi wa Kigali, muri Kaminuza yigenga ya Kigali ULK, kuri uyu wagatanu tariki ya 9/12/2016, habaye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku nshuro ya 13, z’ikiciro cya kabiri cya kaminuza (License )n’iz’ikiciro cya gatatu ( Masters).

Abanyeshuri 271 bahawe impamyabumenyi za masters, muribo 63,8% ni abagabo naho 36,2 ni abagore.

Kubanyeshuri 2715 babonye License, 62,3% ni abagore naho 37,7% ni abagabo. Izi mpamya bumenyi zatanzwe na Chancellor wa ULK Prof.Kalisa Mbanda wavuze ko ari ubutwari n’ubwitange n’ishema bahesha Igihugu na Kaminuza ya ULK, Prof. Mbanda yashimiye ubuyobozi bwiza bw’igihugu cyacu kiyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku cyerekezo kiza adahwema guha Igihugu cyane cyane mu guteza imbere abikorera bari mu kiciro cy’Uburezi ( Private operators in educational sector).

Vice Chancellor, Dr. Sekibibi Ezekiel, yavuze ko uretse kwigisha no guha abanyeshuri ubumenyi, ULK ifasha abanyeshuri gukora ubushakashatsi ari nako ifasha rubanda, agaruka kumibare y’abahawe impamyabumenyi, yavuze ko harimo ikinyuranyo muri masters aho abagabo bafite ubwiganze bwa 63,8% naho muri License abagore bakaza kwisonga na 62,3% ,avuga ko abagore bakwiye gutinyuka kwiga masters.

-4969.jpg

Dr. Sekibibi yavuze ko ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke zifite uburambe mu myigishirize zaturutse hanze y’igihugu, zifatanyije na MINEDUC, zakoze ubushakashatsi ku nyigisho zifite ireme ry’uburezi muri za Kaminuza zose zo mu Rwanda uko ari 35, ULK yafashe umwanya wa kabiri. ULK kandi ngo yaje ku isonga iba iya mbere muri za Kaminuza 34, zigenga zo mu Rwanda.

-4963.jpg

Abanyeshuri babonye License

-4993.jpg

Dr. Sekibibi yanavuze ko abihangiye imirimo bize muri ULK, bari ku kigero cyo hejuru cyane mu byo bakora, ubu bushakashatsi bwakozwe na ULK, bwagaragaje ko m’ubutegetsi bwite bwa Leta ( MINALOC) ba Mayor, n’abayobozi b’imirenge hose mu gihugu 30% bize muri ULK.

Muguteza imbere ireme ry’uburezi ULK, abarimu bayo abenshi bari kwiga mu kiciro cya gatatu cya Kaminuza ( Master).

Prof. Rwigamba Balinda washinze ULK, yavuze ko ULK imaze gutanga umusaruro ungana n’ibihumbi 29.by’abanyeshuri bamaze guhabwa impamyabumenyi na ULK, kuva yashingwa.

-4962.jpg

Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) iri mu byishimo bidasanzwe nyuma y’uruhurirane rw’ibyiza yagezeho, aho mu muhango wo gusoza icyumweru cyo kwinjiza Intore mu zindi(Induction week), ari bwo inkuru yabaye kimomo ko iyo Kaminuza yahigitse izindi mu irushanwa ku by’amategeko mpuzamahanga y’intambara.

Prof. Rwigamba yagarutse kubyiza bikorwa na ULK aho tariki ya 7 Ukwakira 2016, wari umunsi udasanzwe muri ULK, ubwo abasore babiri n’umwari umwe begukanaga igikombe mu irushanwa ryiswe “International Humanitarian Law national Moot Court” ryahuje Amashuri makuru na za Kaminuza zigisha Amategeko mu Rwanda.

Abo banyeshuri b’indashyikirwa Mugisha Fred, witwaye neza kurusha abandi muri iryo rushanwa, na bagenzi be Ndahayo Karisti na Lois Kassana begukana igikombe bahigitse bagenzi babo bo muri Kaminuza y’u Rwanda.

Hashyizweho kandi ishami ry’ubumenyingiro rya kaminuza ya ULK ( ULK Polytechnic Institute) ryatangije amasomo yaryo mu mwaka wa 2014, ubu rifite poromosiyo ebyiri, abatangiye muri 2014 bari mu mwaka wa kabiri, bazahabwa impamyabumenyi muri 2017 kuko biga imyaka itatu.

-4964.jpg

-4965.jpg

Mu rwego rwo guteza imbere umuryango nyarwanda muri rusange ndetse n’Afurika, Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yeteguye umushinga wo kubaka ibitaro byayo byigenga ndetse n’ishuri rya Kaminuza ry’ubuvuzi bizafasha abanyarwanda n’Abanyafurika kubona serivisi z’ubuvuzi zo ku rwego rwo hejuru batiriwe bajyanwa mu bitaro byo hanze y’igihugu, ubu ibikorwa by’inyubako bikaba birimbanije.

Prof. Rwigamba yashoreje ku mpanuro 5 akunze guha abanyeshuri barangije muri ULK, zirimo kwigirira ikizere no guhanga umurimo.

Uko byari byifashe mu mafoto

-5004.jpg

-5005.jpg

-5003.jpg

-4985.jpg

-4984.jpg

-4983.jpg

-4982.jpg

-4986.jpg

-4987.jpg

-4988.jpg

-4989.jpg

-4990.jpg

-4992.jpg

-5007.jpg

-5008.jpg
Umwanditsi wacu

2016-12-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Abayoboke ba PL  bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Abayoboke ba PL bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Ubwanditsi 16 Jul 2016
Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Nov 2022
Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho

Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho

Ubwanditsi 13 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59
Amakuru

Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Ubwanditsi 20 Mar 2024
APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026
Amakuru

APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026

RUSHYASHYA 22 Apr 2026
Amakipe 11 arimo 7 y’abagabo 4 y’abagore niyo yitabira irushwanwa rya volleyball ’Kirehe Open’
Amakuru

Amakipe 11 arimo 7 y’abagabo 4 y’abagore niyo yitabira irushwanwa rya volleyball ’Kirehe Open’

Ubwanditsi 22 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru