• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa   |   27 May 2022

  • Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.   |   27 May 2022

  • Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda?    |   27 May 2022

  • FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball   |   26 May 2022

  • PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon   |   26 May 2022

  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Muri ULK: Abanyeshuri 2986 bahawe impamyabumenyi

Muri ULK: Abanyeshuri 2986 bahawe impamyabumenyi

Editorial 14 Dec 2016 Mu Mahanga

Mu mujyi wa Kigali, muri Kaminuza yigenga ya Kigali ULK, kuri uyu wagatanu tariki ya 9/12/2016, habaye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku nshuro ya 13, z’ikiciro cya kabiri cya kaminuza (License )n’iz’ikiciro cya gatatu ( Masters).

Abanyeshuri 271 bahawe impamyabumenyi za masters, muribo 63,8% ni abagabo naho 36,2 ni abagore.

Kubanyeshuri 2715 babonye License, 62,3% ni abagore naho 37,7% ni abagabo. Izi mpamya bumenyi zatanzwe na Chancellor wa ULK Prof.Kalisa Mbanda wavuze ko ari ubutwari n’ubwitange n’ishema bahesha Igihugu na Kaminuza ya ULK, Prof. Mbanda yashimiye ubuyobozi bwiza bw’igihugu cyacu kiyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku cyerekezo kiza adahwema guha Igihugu cyane cyane mu guteza imbere abikorera bari mu kiciro cy’Uburezi ( Private operators in educational sector).

Vice Chancellor, Dr. Sekibibi Ezekiel, yavuze ko uretse kwigisha no guha abanyeshuri ubumenyi, ULK ifasha abanyeshuri gukora ubushakashatsi ari nako ifasha rubanda, agaruka kumibare y’abahawe impamyabumenyi, yavuze ko harimo ikinyuranyo muri masters aho abagabo bafite ubwiganze bwa 63,8% naho muri License abagore bakaza kwisonga na 62,3% ,avuga ko abagore bakwiye gutinyuka kwiga masters.

-4969.jpg

Dr. Sekibibi yavuze ko ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke zifite uburambe mu myigishirize zaturutse hanze y’igihugu, zifatanyije na MINEDUC, zakoze ubushakashatsi ku nyigisho zifite ireme ry’uburezi muri za Kaminuza zose zo mu Rwanda uko ari 35, ULK yafashe umwanya wa kabiri. ULK kandi ngo yaje ku isonga iba iya mbere muri za Kaminuza 34, zigenga zo mu Rwanda.

-4963.jpg

Abanyeshuri babonye License

-4993.jpg

Dr. Sekibibi yanavuze ko abihangiye imirimo bize muri ULK, bari ku kigero cyo hejuru cyane mu byo bakora, ubu bushakashatsi bwakozwe na ULK, bwagaragaje ko m’ubutegetsi bwite bwa Leta ( MINALOC) ba Mayor, n’abayobozi b’imirenge hose mu gihugu 30% bize muri ULK.

Muguteza imbere ireme ry’uburezi ULK, abarimu bayo abenshi bari kwiga mu kiciro cya gatatu cya Kaminuza ( Master).

Prof. Rwigamba Balinda washinze ULK, yavuze ko ULK imaze gutanga umusaruro ungana n’ibihumbi 29.by’abanyeshuri bamaze guhabwa impamyabumenyi na ULK, kuva yashingwa.

-4962.jpg

Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) iri mu byishimo bidasanzwe nyuma y’uruhurirane rw’ibyiza yagezeho, aho mu muhango wo gusoza icyumweru cyo kwinjiza Intore mu zindi(Induction week), ari bwo inkuru yabaye kimomo ko iyo Kaminuza yahigitse izindi mu irushanwa ku by’amategeko mpuzamahanga y’intambara.

Prof. Rwigamba yagarutse kubyiza bikorwa na ULK aho tariki ya 7 Ukwakira 2016, wari umunsi udasanzwe muri ULK, ubwo abasore babiri n’umwari umwe begukanaga igikombe mu irushanwa ryiswe “International Humanitarian Law national Moot Court” ryahuje Amashuri makuru na za Kaminuza zigisha Amategeko mu Rwanda.

Abo banyeshuri b’indashyikirwa Mugisha Fred, witwaye neza kurusha abandi muri iryo rushanwa, na bagenzi be Ndahayo Karisti na Lois Kassana begukana igikombe bahigitse bagenzi babo bo muri Kaminuza y’u Rwanda.

Hashyizweho kandi ishami ry’ubumenyingiro rya kaminuza ya ULK ( ULK Polytechnic Institute) ryatangije amasomo yaryo mu mwaka wa 2014, ubu rifite poromosiyo ebyiri, abatangiye muri 2014 bari mu mwaka wa kabiri, bazahabwa impamyabumenyi muri 2017 kuko biga imyaka itatu.

-4964.jpg

-4965.jpg

Mu rwego rwo guteza imbere umuryango nyarwanda muri rusange ndetse n’Afurika, Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yeteguye umushinga wo kubaka ibitaro byayo byigenga ndetse n’ishuri rya Kaminuza ry’ubuvuzi bizafasha abanyarwanda n’Abanyafurika kubona serivisi z’ubuvuzi zo ku rwego rwo hejuru batiriwe bajyanwa mu bitaro byo hanze y’igihugu, ubu ibikorwa by’inyubako bikaba birimbanije.

Prof. Rwigamba yashoreje ku mpanuro 5 akunze guha abanyeshuri barangije muri ULK, zirimo kwigirira ikizere no guhanga umurimo.

Uko byari byifashe mu mafoto

-5004.jpg

-5005.jpg

-5003.jpg

-4985.jpg

-4984.jpg

-4983.jpg

-4982.jpg

-4986.jpg

-4987.jpg

-4988.jpg

-4989.jpg

-4990.jpg

-4992.jpg

-5007.jpg

-5008.jpg
Umwanditsi wacu

2016-12-14
Editorial

IZINDI NKURU

Mbere yo gutokora u Rwanda, abategetsi b’Ububiligi bajye babanza bikize umugogo uri mu jisho ryabo!

Mbere yo gutokora u Rwanda, abategetsi b’Ububiligi bajye babanza bikize umugogo uri mu jisho ryabo!

Editorial 31 Jul 2021
U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

Editorial 01 Apr 2020
EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

Editorial 25 Feb 2017
Ukwivuguruza  no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Ukwivuguruza no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Editorial 06 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru