• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona

Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 16 Apr 2018 IMIKINO

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza “Premier League 2017-2018” nyuma y’uko Manchester United iri ku mwanya wa kabiri itsindiwe imbere y’abafana bayo na West Bromwich Albion igitego kimwe ku busa, mu mukino wabaye kuri iki Cyumweru.

Ikipe y’abanyamujyi b’i Manchester yahise yegukana igikombe mu gihe Shampiyona ibura imikino itanu ngo igere ku musozo.

Byari byitezwe ko Manchester City izegukana igikombe cya Shampiyona kuko kuva mu ntangiriro z’umwaka w’imikino yitwaye neza, itsinda imikino ikomeye irimo n’iy’amakipe ubusanzwe ahanganira ibikombe byatumye igenda iyarusha amanota menshi.

Kugeza ubu habura imikino itanu ngo shampiyona irangire, iyi kipe itozwa na Pep Guardiola iri ku mwanya wa mbere n’amanota 87 irusha mukeba Manchester United iyigwa mu ntege amanota 15.

Manchester City yari yakinnye umukino wayo ku wa Gatandatu yasuye Tottenham Hotspur iyinyagira ibitego 3-1. Mu mibare yasabwaga kuzatsinda umukino uzakurikiraho izasuramo Swansea City igahita yegukana igikombe ariko iyo zari zihanganye, ku isonga Manchester United yananiwe gutsinda umukino wayo wo kuri iki Cyumweru, ihagamwa na West Bromwich Albion iri ku mwanya wa nyuma.

Manchester City yabaye ikipe ya kabiri mu mateka ya Shampiyona y’u Bwongereza yegukanye igikombe habura imikino myinshi (itanu), agahigo isangiye na Manchester United yabikoze bwa mbere mu 1907-08, ibisubiramo mu 2000-01 kimwe na Everton yabikoze mu 1984-85.

Amakipe atandukanye arimo na Manchester United zari zihanganiye igikombe abicishije ku mbuga nkoranyambaga yatanze ubutumwa bwo gushimira Manchester City, mu gihe ayo bitarahura mu mikino yo kwishyura azajya abanza kuyiha icyubahiro mbere y’umukino.

Kompany afata ifoto n’umufana we nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza

Bernardo Silva, Kyle Walker na John Stones basangiye ibyishimo n’abafana ba Manchester City

Kapiteni wa Manchester City, Vincent Kompany, yafataga amafoto y’urwibutso akoresheje telefone ya Kevin De Bruyne

Kyle Walker (iburyo) na Fabian Delph banditse amagambo abibutsa urugendo bakoze batwara igikombe

Rutahizamu Gabriel Jesus yanditse amagambo kuri Instagram ye agaragaza ibyishimo nyuma yo kwegukana igikombe

Umufana agerageza gufata selfie na myugariro John Stones (uwa kabiri ibumoso), wegukanye igikombe cya mbere cya Shampiyona nk’umukinnyi

Manchester City yanditse kuri Twitter yayo yishimira igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza

Manchester United yahagamwe na West Bromwich Albion iri ku mwanya wa nyuma

Chris Smalling (ibumoso) na Romelu Lukaku bari bijimye mu maso nyuma y’umukino

2018-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Ubwanditsi 17 Feb 2016
Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu

Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 16 Mar 2021
Amanyanga mubahanzi nyarwanda : Nyuma ya The Ben na Meddy, Alpha Rwirangira yatse ubuhungiro muri Amerika mu ibanga rikomeye!

Amanyanga mubahanzi nyarwanda : Nyuma ya The Ben na Meddy, Alpha Rwirangira yatse ubuhungiro muri Amerika mu ibanga rikomeye!

Ubwanditsi 29 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru
ITOHOZA

Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 24 Sep 2017
Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.
Amakuru

Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.

Ubwanditsi 23 Apr 2021
Jonathan Musonera  yatetse umutwe abeshya ko  yatumwe n’ umuryango  Col. Karegeya?
ITOHOZA

Jonathan Musonera yatetse umutwe abeshya ko yatumwe n’ umuryango Col. Karegeya?

Ubwanditsi 02 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru