• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona

Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 16 Apr 2018 IMIKINO

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza “Premier League 2017-2018” nyuma y’uko Manchester United iri ku mwanya wa kabiri itsindiwe imbere y’abafana bayo na West Bromwich Albion igitego kimwe ku busa, mu mukino wabaye kuri iki Cyumweru.

Ikipe y’abanyamujyi b’i Manchester yahise yegukana igikombe mu gihe Shampiyona ibura imikino itanu ngo igere ku musozo.

Byari byitezwe ko Manchester City izegukana igikombe cya Shampiyona kuko kuva mu ntangiriro z’umwaka w’imikino yitwaye neza, itsinda imikino ikomeye irimo n’iy’amakipe ubusanzwe ahanganira ibikombe byatumye igenda iyarusha amanota menshi.

Kugeza ubu habura imikino itanu ngo shampiyona irangire, iyi kipe itozwa na Pep Guardiola iri ku mwanya wa mbere n’amanota 87 irusha mukeba Manchester United iyigwa mu ntege amanota 15.

Manchester City yari yakinnye umukino wayo ku wa Gatandatu yasuye Tottenham Hotspur iyinyagira ibitego 3-1. Mu mibare yasabwaga kuzatsinda umukino uzakurikiraho izasuramo Swansea City igahita yegukana igikombe ariko iyo zari zihanganye, ku isonga Manchester United yananiwe gutsinda umukino wayo wo kuri iki Cyumweru, ihagamwa na West Bromwich Albion iri ku mwanya wa nyuma.

Manchester City yabaye ikipe ya kabiri mu mateka ya Shampiyona y’u Bwongereza yegukanye igikombe habura imikino myinshi (itanu), agahigo isangiye na Manchester United yabikoze bwa mbere mu 1907-08, ibisubiramo mu 2000-01 kimwe na Everton yabikoze mu 1984-85.

Amakipe atandukanye arimo na Manchester United zari zihanganiye igikombe abicishije ku mbuga nkoranyambaga yatanze ubutumwa bwo gushimira Manchester City, mu gihe ayo bitarahura mu mikino yo kwishyura azajya abanza kuyiha icyubahiro mbere y’umukino.

Kompany afata ifoto n’umufana we nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza

Bernardo Silva, Kyle Walker na John Stones basangiye ibyishimo n’abafana ba Manchester City

Kapiteni wa Manchester City, Vincent Kompany, yafataga amafoto y’urwibutso akoresheje telefone ya Kevin De Bruyne

Kyle Walker (iburyo) na Fabian Delph banditse amagambo abibutsa urugendo bakoze batwara igikombe

Rutahizamu Gabriel Jesus yanditse amagambo kuri Instagram ye agaragaza ibyishimo nyuma yo kwegukana igikombe

Umufana agerageza gufata selfie na myugariro John Stones (uwa kabiri ibumoso), wegukanye igikombe cya mbere cya Shampiyona nk’umukinnyi

Manchester City yanditse kuri Twitter yayo yishimira igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza

Manchester United yahagamwe na West Bromwich Albion iri ku mwanya wa nyuma

Chris Smalling (ibumoso) na Romelu Lukaku bari bijimye mu maso nyuma y’umukino

2018-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

Ubwanditsi 10 Oct 2025
Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba  Beach Volleyball Tournament 2023

Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba Beach Volleyball Tournament 2023

Ubwanditsi 18 Dec 2023
Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Ubwanditsi 09 Mar 2021
APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

Ubwanditsi 16 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igitekerezo cy’Umusomyi  Mutezintare Jean-Michel , Cleveland-Ohio
POLITIKI

Igitekerezo cy’Umusomyi Mutezintare Jean-Michel , Cleveland-Ohio

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Kigali: Bamwe mu bakobwa barifuza ko igiciro cy’impapuro z’isuku (Pads) cyashyirwa kuri 300 Frw
Amakuru

Kigali: Bamwe mu bakobwa barifuza ko igiciro cy’impapuro z’isuku (Pads) cyashyirwa kuri 300 Frw

Ubwanditsi 29 May 2021
Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza
Mu Rwanda

Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza

Ubwanditsi 04 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru