• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona

Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 16 Apr 2018 IMIKINO

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza “Premier League 2017-2018” nyuma y’uko Manchester United iri ku mwanya wa kabiri itsindiwe imbere y’abafana bayo na West Bromwich Albion igitego kimwe ku busa, mu mukino wabaye kuri iki Cyumweru.

Ikipe y’abanyamujyi b’i Manchester yahise yegukana igikombe mu gihe Shampiyona ibura imikino itanu ngo igere ku musozo.

Byari byitezwe ko Manchester City izegukana igikombe cya Shampiyona kuko kuva mu ntangiriro z’umwaka w’imikino yitwaye neza, itsinda imikino ikomeye irimo n’iy’amakipe ubusanzwe ahanganira ibikombe byatumye igenda iyarusha amanota menshi.

Kugeza ubu habura imikino itanu ngo shampiyona irangire, iyi kipe itozwa na Pep Guardiola iri ku mwanya wa mbere n’amanota 87 irusha mukeba Manchester United iyigwa mu ntege amanota 15.

Manchester City yari yakinnye umukino wayo ku wa Gatandatu yasuye Tottenham Hotspur iyinyagira ibitego 3-1. Mu mibare yasabwaga kuzatsinda umukino uzakurikiraho izasuramo Swansea City igahita yegukana igikombe ariko iyo zari zihanganye, ku isonga Manchester United yananiwe gutsinda umukino wayo wo kuri iki Cyumweru, ihagamwa na West Bromwich Albion iri ku mwanya wa nyuma.

Manchester City yabaye ikipe ya kabiri mu mateka ya Shampiyona y’u Bwongereza yegukanye igikombe habura imikino myinshi (itanu), agahigo isangiye na Manchester United yabikoze bwa mbere mu 1907-08, ibisubiramo mu 2000-01 kimwe na Everton yabikoze mu 1984-85.

Amakipe atandukanye arimo na Manchester United zari zihanganiye igikombe abicishije ku mbuga nkoranyambaga yatanze ubutumwa bwo gushimira Manchester City, mu gihe ayo bitarahura mu mikino yo kwishyura azajya abanza kuyiha icyubahiro mbere y’umukino.

Kompany afata ifoto n’umufana we nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza

Bernardo Silva, Kyle Walker na John Stones basangiye ibyishimo n’abafana ba Manchester City

Kapiteni wa Manchester City, Vincent Kompany, yafataga amafoto y’urwibutso akoresheje telefone ya Kevin De Bruyne

Kyle Walker (iburyo) na Fabian Delph banditse amagambo abibutsa urugendo bakoze batwara igikombe

Rutahizamu Gabriel Jesus yanditse amagambo kuri Instagram ye agaragaza ibyishimo nyuma yo kwegukana igikombe

Umufana agerageza gufata selfie na myugariro John Stones (uwa kabiri ibumoso), wegukanye igikombe cya mbere cya Shampiyona nk’umukinnyi

Manchester City yanditse kuri Twitter yayo yishimira igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza

Manchester United yahagamwe na West Bromwich Albion iri ku mwanya wa nyuma

Chris Smalling (ibumoso) na Romelu Lukaku bari bijimye mu maso nyuma y’umukino

2018-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Ubwanditsi 19 Apr 2021
FibaU18Africa: Angola  yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma

FibaU18Africa: Angola yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Cristiano Ronaldo yagaragaje uburakari bwinshi mu mukino Portugal yanganyije na Serbia mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Cristiano Ronaldo yagaragaje uburakari bwinshi mu mukino Portugal yanganyije na Serbia mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Ubwanditsi 28 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda
INKURU NYAMUKURU

Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Ubwanditsi 28 Feb 2020
Peter Vrooman wagizwe Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda ni muntu ki ?
HIRYA NO HINO

Peter Vrooman wagizwe Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda ni muntu ki ?

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Uganda:  Undi mugabo ufite inkomoko mu Rwanda yaburiwe irengero nyuma yo gushimutwa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Undi mugabo ufite inkomoko mu Rwanda yaburiwe irengero nyuma yo gushimutwa

Ubwanditsi 24 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru