• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Ubwanditsi 17 Feb 2016 IMIKINO

Angelique Kidjo, umuhanzikazi wo muri Benin, yongeye gutsindira igihembo cya Grammy Awards, agitura abahanzi bagenzi be bo muri Afurika.

-2166.jpg

Icyo gihembo yagihawe mu birori ngarukamwaka byo guha ibihembo abahanzi bagaragaje ubudashyikirwa mu bihangano byabo mu mwaka watambutse Grammy Awards 2016, byabereye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku wa mbere tariki ya 15 Gashyantare 2016.

-2167.jpg

Kidjo yahawe icyo gihembo kubera Album yise “Sings”, iriho indirimbo zivanze n’injyana ya “Classic” imenyerewe mu bihugu by’u Burayi n’Amerika. Iyo album yayikoze afatanyije n’itsinda ry’abacuranzi n’abaririmbyi ba “Classic” ryitwa “Orchestre Philharmonique du Luxembourg”.

Kanda hano urebe uko yaje gufata igihembo

Ubwo yajyaga gufata icyo gihembo yagize ati “Iki gihembo ngituye abahanzi bose b’indirimbo za gakondo muri Afurika, mu gihugu cyanjye ndetse no ku bandi bose bakizamuka.

Kanda hano urebe “We Are One” Indirimbo yakunzwe cyane

Afrika yarahagurutse, Afurika iteye ibyishimo. Nimucyo dushyire hamwe, tube umwe muri muzika ubundi twamagane urwango n’imvururu.”

-2168.jpg

Kidjo atsindiye icyo gihembo ahigitse abo bari bahanganye mu gice kiswe “Best World Music Album” aribo Anoushka Shankar, Gilberto Gil wo muri Brazil, Korali y’abagabo bo muri Afrika y’Epfo yitwa Ladysmith Black Mambazo, hakiyongeraho indirimbo zikusanyije ziswe Zomba Prison Project zaririmbwe n’abagororwa bo muri Malawi.


Kanda hano urebe indirimbo ye Agoro

Muri 2015 nabwo yahawe icyo gihembo kubera indi album ye yise “Eve” naho muri 2008 ari nabwo bwa mbere yari agitsindiye kubera album yise “Djin Djin.”

Angelique Kidjo ubundi witwa Angélique Kpasseloko Hinto Hounsinou Kandjo Manta Zogbin Kidjo, yavutse mu 1960. Yamenyekanye mu Rwanda no ku isi yose kubera indirimbo ze zirimo iyitwa “Agolo”, “We We”, “Adouma”, “Wombo Lombo”, “Afirika” n’indirimbo yasubiyemo yakunzwe cyane yitwa “Malaika.”

M.Fils

2016-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Charly na Nina baririmbye indirimbo z’indundi mu gitaramo bakoreye i Bujumbura

Charly na Nina baririmbye indirimbo z’indundi mu gitaramo bakoreye i Bujumbura

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Rooney yujuje imikino 120 mu ikipe y’u Bwongereza asezera mu marira menshi

Rooney yujuje imikino 120 mu ikipe y’u Bwongereza asezera mu marira menshi

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Hazashyirwaho isiganwa ry’amagare ryo kwibuka Lambert Byemayire

Hazashyirwaho isiganwa ry’amagare ryo kwibuka Lambert Byemayire

Ubwanditsi 03 Jan 2017
Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA

Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA

Ubwanditsi 11 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.
Amakuru

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

Ubwanditsi 12 Jun 2021
Rayon Sports irakira APR FC mu mukino kwinjira mu myanya y’icyubahiro ari ibihumbi 100Frw, ibiranga umunsi wa 14 wa PNL
Amakuru

Rayon Sports irakira APR FC mu mukino kwinjira mu myanya y’icyubahiro ari ibihumbi 100Frw, ibiranga umunsi wa 14 wa PNL

Ubwanditsi 16 Dec 2022
Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?
INKURU NYAMUKURU

Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?

Ubwanditsi 23 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru