• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amanyanga mubahanzi nyarwanda : Nyuma ya The Ben na Meddy, Alpha Rwirangira yatse ubuhungiro muri Amerika mu ibanga rikomeye!

Amanyanga mubahanzi nyarwanda : Nyuma ya The Ben na Meddy, Alpha Rwirangira yatse ubuhungiro muri Amerika mu ibanga rikomeye!

Ubwanditsi 29 Dec 2016 IMIKINO

Mu mwaka w’ 2010, Médard Ngabo (Meddy), Benjamin Mugisha (The Ben) bahagurutse mu Rwanda bagiye kuririmba mu gitaramo kiswe Rwanda Diaspora Urugwiro bajya muri Amerika baherekeje Perezida Kagame mu 2010.

Amakuru avuga ko icyabajyanye bagikoze kuko basusurukije abitabiye icyo gitaramo ariko barangije bahisemo guhita bigumira muri Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika, ariko babikoze mu kinyabupfura ntibahita bavuga ko batse ubuhungiro bityo bikomeza kubera urujijo benshi mu bakurikirana umuzika nyarwanda hafi kuko bari bavuye mu Rwanda ari abahanzi bakunzwe cyane.

Bageze muri Amerika bakomeje gukundwa n’abanyarwanda baba aba mu Rwanda cyangwa mu mahanga. Ikibazo cyaje kubaho ni uko bageze muri Amerika bahasanga undi muhanzi w’umunyarwanda Alpha Rwirangira nawe wari umaze kuhagera ahawe uburyo bwo kujya kwiga na Perezida Kagame (presidential scholarship) ibijyanye na muzika nyuma yo kwegukana the East Africa Tusker Project Fame Season 3 mu 2009.

-5169.jpg

Alpha Rwirangira

Amakuru tugikurikirana atangaje ni uko ubu Alpha Rwirangira ngo yaba amaze kurangiza amasomo ye nawe byabaye ngombwa ko aguma muri Amerika ashaka kwisunga Meddy na The Ben ariko kuko batumvikana ndetse bamurusha umuziki banga gukorana nawe.

Ibi ariko si umwihariko wa Alpha Rwirangira gusa kuko abahanzi benshi niko babigenza ngo bagume mu mahanga, urugero rutari kure ni Kitoko nawe watse ubuhungiro mu Bwongereza. Niyo mpamvu benshi muri bo iyo babajijwe igihe bazagarukira mu Rwanda bahitamo kubeshyabeshya cyangwa abagerageje kuza bakabanza guca mu bihugu by’abaturanyi nk’uko The Ben yabigenje agaca Kampala agafata icyangombwa cy’u Rwanda kimwijiza mu Rwanda akaza n’indege ya Rwandair adakorejeje icyangombwa cy’impunzi yahawe n’Amerika kuko amategeko agenga impunzi atemera ko impunzi ijya mu gihugu ivuga ko yahunze.

-5168.jpg

Médard Ngabo (Meddy)

Tugarutse inyuma ariko ikintu kigomba gusobanuka hano ni uko umuntu wese watse ubuhungiro agomba gutanga impamvu zifatika zitumye ahunga kugira ngo ahabwe ubuhungiro. Izo mpamvu akenshi ziba zishingiye ku mpamvu z’umutekano muke cyangwa ihohoterwa n’itotezwa byakorewe cyangwa bishobora gukorerwa uwatse ubuhungiro cyane cyane bikozwe na Leta cyangwa abantu bafite ingufu muri Leta nk’abayobozi cyangwa abashinzwe umutekano!

Nk’umuntu nka Alpha Rwirangira wagiye kwiga ku bufasha bwa Perezida Kagame kugira ngo yake ubuhungiro bisaba ko agomba gusobanura ko umutekano we ugeramiwe ko ndetse na Perezida Ubwe ntacyo yamufasha niba ataravuze ko ariwe umuhiga cyangwa ari muri rimwe mu mashyaka ya Politiki atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubushize muri Rwanda Day yabereye i San Franscisco muri Amerika abahanzi nka King James, Teta, Meddy n’abandi bagombaga kuririmba ariko Alpha Rwirangira we yasabye kujyamo nawe ngo aririmbe byo kugira ngo nawe agaragare kuko yasaga nk’uwibagiranye kandi ashaka ngo ahishe ko nawe ari mu byo kuvuga nabi Leta yaka ubuhungiro.

Amakuru dufite ubu ni uko Alpha Rwirangira adashobora kuva muri Amerika ubu arimo kugenda yimuka ava mu mujyi umwe ajya mu wundi, kuza mu Rwanda byo ntabwo bishoboka mu myaka iri munsi ya 5 iri imbere kubera ko yatse ubuhungiro.

Tugarutse ku kugera mu Rwanda kwa The Ben amakuru twabonye aravuga ko habayeho ubuvugizi buhambaye kugira ngo The Ben naza mu Rwanda gucuranga hatazagira ugira icyo amubaza ku bijyanye no kujyana na Perezida agakwepa cyangwa kwaka ubuhungiro.

-5167.jpg

Benjamin Mugisha (The Ben)

Biravugwa ko The Ben agomba kubona ubwenegihugu bwa Amerika muri uku kwezi kwa Mutarama 2017, kandi mbere yo kuza mu Rwanda yabanje kubipanga n’umuburanira (avocat/Lawyer) amwizeza ko azamurwanaho akabisobanura neza ku buryo nta kibazo azagira ko Ubwenegihugu bw’Amerika bazabumuha nta kibazo ariko amubuza guca ku kibuga cy’indege cya Kanombe i Kigali ni nayo mpamvu yaciye i Kampala agahindura indege akaza akoresheje icyangombwa cy’u Rwanda.

Amakuru dufite yandi ni uko umwaka utaha na Meddy azajya mu Rwanda muri ubu buryo nk’ubwa The Ben uretse ko ashobora kuba wenda yarabonye Ubwenegihugu bw’Amerika mbere yaho.

-5170.jpg

Kitoko

Ariko si abahanzi gusa ahubwo 70% bajya hanze babeshya ko ari impunzi. cyokora kuri Meddy na The Ben rwose guhera muri Amerika byatanze umusaruro mwinshi kuko ubona ko bamaze kuba ibyamamare mpuzamahanga kandi bakaba bakunzwe n’abanyarwanda bose. Ndetse na Kitoko nawe ni kimwe uyu mwaka yagarukiye Kampala kuko passeport y’ubuhunzi yari afite itamwinjiza mu Rwanda.

Alpha nawe niba ari muri urwo rwego ni byiza. Ariko ku bigaragara Alpha nyuma ya 2009 aho aboneye igihembo cya Tusker Project Fame Season 3 ubona ko nta ntambwe yateye ku buryo mu Rwanda abenshi bamuzi gusa ku mafoto kurusha kuri scène.

Cyiza D.

2016-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

Ubwanditsi 13 Dec 2023
Mugisha Bonheur yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Al Masry yo mu Misiri avuye muri Stade Tunisien

Mugisha Bonheur yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Al Masry yo mu Misiri avuye muri Stade Tunisien

Ubwanditsi 06 Aug 2025
Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Olivier Kwizera yasezeye umupira w’amaguru

Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Olivier Kwizera yasezeye umupira w’amaguru

Ubwanditsi 22 Jul 2021
U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

Ubwanditsi 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC
ITOHOZA

Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Burundi: Interahamwe zaba zarinjijwe mu mutwe kabuhariwe ushinzwe kurinda Perezida Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Interahamwe zaba zarinjijwe mu mutwe kabuhariwe ushinzwe kurinda Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 03 Jan 2018
Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya
Amakuru

Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 13 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru