• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amagambo atangaje ya Twagiramungu ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Amagambo atangaje ya Twagiramungu ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Ubwanditsi 13 Aug 2017 Mu Rwanda

Umunyapolitiki Twagiramungu Faustin uba ku mugabane w’u Burayi, avuga ko kudataha mu Rwanda ari uko yimwa ibyangombwa by’inzira, by’umwihariko ngo nta cyamubuza kuvuga kandi ngo ntiyataha aseseye.

Yabitangaje nyuma y’uko Paul Kagame ubwo yiyamamazaga muri Nyamasheke ku wa 29 Nyakanga 2017, aho Twagiramuntu avuka, yagize icyo amuvugaho, yongeraho ko bahora bamutumira ngo atahe ariko akanga.

Ubwo yari i Nyamasheke, Umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame yabanje gushima amashyaka 8 yishyize hamwe na FPR mu kwamamaza umukandida wa yo ndetse anashima abandi banyapolitiki bafite ibitekerezo byiza batabarizwa mu mashyaka ariko ngo bakaba bashyira mu gaciro bagafatanya na FPR.

Ati “….batari no muri ayo mashyaka batari no muri FPR , nka Makuza, nabo bashyira mu gaciro bafatanya na FPR, kandi babitangiye kuva kera”.

Umukandida, Paul Kagame yanagarutse mu mateka y’imikoranire ya FPR Inkotanyi n’indi mitwe ya politiki ubwo urugamba rwari rurangiye, ari naho yahise agira icyo avuga kuri Twagiramungu ngo basaba gutaha.

Agira ati “Ngirango yababwiye, hari abantu bazanye kundeba [avuga Makuza] twubaka inzego zigiye gukurikira igihe cy’intambara irangiye dushyiraho Leta y’ubumwe n’ibindi, hari abantu benshi barimo ba Twagiramungu,… ngirango ni we yavuze uri hanze, ariko duhora dutumira ngo atahe ariko… yari ahari.

Icyantangazaga ni uko icyo gihe nyine bazana ari group nini, harimo abantu ba PL, PSD harimo icyo gihe iyari MDR, icyo gihe ni yo Twagiramungu yari ayoboye, icyo gihe tubasobanurira ibigiye gukorwa, icyo gihe icyantangaje Ni uko icyo gihe nyine uwo Makuza yavugaga [Twagiramungu] yambwiraga ngo ni njye ukwiriye kuba Perezida ariko hashize igihe gito arabihindura, ntabwo yari akinyifuza ngirango yibwiraga ko ahari azankoresha, nari nabaye urutindo yambukiraho ariko ibyo ni amateka”.

Mu gihe Paul Kagame avuga ko bahora batumira Twagiramungu ngo atahe, we avuga ko ananizwa, akimwa ibyangombwa by’inzira.

Aganira n’itangazamakuru aho aba i Burayi, Twagiramungu yagize ati “narananijwe, banyima pasiporo, kandi sinshobora kugenda nseseye, sinagenda ngo mbunde kandi kujya mu Rwanda ari uburenganzira bwange, n’ubwa buri muntu wese. Oya, sinasesera kandi nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa”.

Muri Kanama 2015, nibwo Twagiramungu yari yatangaje ko ashatse kuza mu Rwanda kwiyamamaza muri aya matora ya 2017 nta wa mubuza, ashimangira ko adashaje mu mutwe, ko imyaka nta ho ihuriye n’ibitekerezo.

Aho yagize ati “Nshatse kwiyamamaza natsindwa kubera ibitekerezo byange, ntabwo natsindwa kubera imyaka mfite. Ibyo ni ibyo abantu baba birirwa baririmba , niba nshaje ntabwo nshaje mu bwonko, ibitekerezo byange biracyari bya bindi”.

Faustin Twagiramungu w’imyaka 72, ubu ubarizwa mu gihugu cy’u Bubiligi, yabaye Minisitiri w’Intebe mu 1994, yiyamamaje mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye muri 2003, atsindwa na Paul Kagame afite amajwi (Twagiramungu) 3,62%.

-231.png
Faustin Twagiramungu w’imyaka 72

2017-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Ubwanditsi 25 Sep 2021
Kansiime James wari ‘gitifu’ wa Gakenke yeguye ku mirimo

Kansiime James wari ‘gitifu’ wa Gakenke yeguye ku mirimo

Ubwanditsi 28 Jun 2017
Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Ubwanditsi 03 Jun 2017
APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

America:2 bitabye Imana17 barakomereka nyuma yo kuraswa mu ishuri rya Kentucky high school muri America
HIRYA NO HINO

America:2 bitabye Imana17 barakomereka nyuma yo kuraswa mu ishuri rya Kentucky high school muri America

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Amavubi yageze muri Seychelles nyuma y’urugendo rurerure
IMIKINO

Amavubi yageze muri Seychelles nyuma y’urugendo rurerure

Ubwanditsi 04 Sep 2019
Umuhanda wa gari ya moshi Isaka – Kigali uratangira kubakwa uyu mwaka
INKURU NYAMUKURU

Umuhanda wa gari ya moshi Isaka – Kigali uratangira kubakwa uyu mwaka

Ubwanditsi 14 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru