• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yasabye ko abitabiriye itorero basubizwayo bakigishwa ibya gisirikare

Perezida Kagame yasabye ko abitabiriye itorero basubizwayo bakigishwa ibya gisirikare

Editorial 20 Jul 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame arasaba ko abanyeshuri bose bagiye bajya mu ngando kuva mu cyiciro cya mbere kugeza mu cya cyenda, basubirayo bagahurizwa hamwe bakigishwa imyitozo ya gisirikare.

Umukuru w’Igihugu avuga ko we ku giti cye, agiye gusaba ko abanyeshuri bose baciye muri izi ngando bahurizwa hamwe mu cyiciro cya cumi ubwo kizaba gitangiye kandi yizera adashidikanya ko bazamwemerera.

Ibi Perezida Kagame yabivuye mu Karere ka Gatsibo mu Kigo cya Gabiro, aho yasozaga Itorero cy’indangamirwa icyiro cya cyenda, ryari rimaze ibyumweru bibiri, rihuje abanyeshuri 345 biga mu mahanga, n’abo mu Rwanda batsinze neza ibizamini bya Leta.

Mu ijambo Umukuru w’Igihugu yagejeje kuri aba banyeshuri, yavuze ko ibijyanye n’uko batozwaga asanga bikwiye guhinduka, ku buryo noneho abaciye mu byiciro icyenda byabanje bahurizwa hamwe, bakajya banigishwa igisirikare.

Perezida Kagame yagize ati “Nahoze nganira n’abayobozi b’ingabo dusubira no mu mateka uko izi ngando zagiye zigenda, turavuga ngo ariko ko zimaze kuba 9, ku ya 10, twagize igitekerezo rero ko ubutaha twagira ikintu kinini cyane kirenze hano, twasanze ko ku nshuro ya mbere kugeza ku ya cyenda twabashyira hamwe kandi tukabazamura ku rundi rwego.”

Yakomeje agira ati “Twabaganyamo mu byiciro bitandukanye dukurikije ibyiciro by’imyaka yabo, icyo tuzakora, tuzagabanya bya bipindi bya Rucagu ahubwo tubahe bya bindi mukunda cyane.”

Umukuru w’igihugu yavuze ko ubu aba banyeshuri bazigishwa kurasa.

Yunzemo ati “Tuzagabanya ibyo bavugaga tuzamure ibiri mu kuri, tubigishe igisirikare kandi bitabavunnye, hari abibira ko imyitozo ya gisirikari ivunanye, ubu twarabyoroheje, tuzabigisha kumasha no kumenya imbunda z’ubwoko bwose, no kumenya kuzirinda aho ziba ziri mu gihe utazifite, aha ndavuga cyane cyane nkamwe muba hanze tubagirira impungege kubera ko kuko dusigaye tubona barasa abantu ku muhanda.”

Perezida Kagame yavuze ko abona kubwira ababanje mu byiciro byabanje kuza bitazamugora. Yagize ati “Ndabona muzizana ntawe ubasunitse.”

Perezida Kagame yasabye uru rubyiruko kuva muri iri torero ruhavanye ubumenyi buzarufasha gukomeza kwiyubaka, kubaka igihugu no kwirinda kuba ibigwari.

-3351.jpg

Perezida Kagame yashimishijwe n’imyitwarire y’aba bana

2016-07-20
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR

Editorial 26 Oct 2018
Abajenosideri  Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Abajenosideri Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Editorial 05 Nov 2021
Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso

Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso

Editorial 29 Oct 2017
Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Editorial 29 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Google yaciwe amande ya miliyari €4,3 kuko yimana amahitamo
IKORANABUHANGA

Google yaciwe amande ya miliyari €4,3 kuko yimana amahitamo

Editorial 18 Jul 2018
Uganda yashyikirije Congo bamwe mu bahoze muri M23 bari bahahungiye
POLITIKI

Uganda yashyikirije Congo bamwe mu bahoze muri M23 bari bahahungiye

Editorial 26 Feb 2019
Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu
POLITIKI

Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Editorial 18 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru