• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika

Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika

Ubwanditsi 07 Aug 2016 Mu Rwanda

Abakuriye inzego z’Ubutasi muri Afurika basabye ko nta mucamanza wakongera kwitwaza Ubucamanza Mpuzamahanga ngo ashyireho impapuro zita muri yombi umuyobozi wa Afurika, banagaragaza impungenge ku mikorere ya ICC mu nyungu za bimwe mu bihugu bikomeye ku Isi.

Ni imwe mu myanzuro y’inama ya 13 yahuje abayobozi b’Akanama k’Inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika, CISSA, yateraniye i Kigali kuwa 4 n’uwa 5 Kanama 2016, yiga ku “guhangana n’ubwiyongere bw’ikoreshwa nabi ry’ubucamanza mpuzamahanga bigirirwa Afurika.”

Iyi nama yakusanyije iyi myanzuro ishingiye ku nshingano ifite zo “gufasha Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe n’inzego zayo guhangana n’ibibazo by’umutekano byugarije Afurika”.

Harimo kandi no kuba hari impapuro ziri gushyirirwaho guta muri yombi abayobozi ba Afurika bikozwe n’abacamanza bo mu bihugu “byigenga” byo mu burengerazuba bw’Isi, bikabangamira umutekano w’ibihugu ndetse bikagira n’ingaruka ku mibereho y’abaturage bitewe n’ibihano ibihugu byabo byashyiriweho.

Byose kandi byafatiye ku kuba Ubucamanza mpuzamahanga buri gukoreshwa nabi bigahungabanya ubusugire n’umutekano w’ibihugu bya Afurika, ndetse ibyinshi bigakorwa mu nyungu z’ibihugu bikomeye.

Ikoreshwa nabi ry’Ubucamanza mpuzamahanga

CISSA ifunguye ku bihugu byose bigize AU, ariko ubu igizwe n’Inzego zishinzwe Iperereza n’Umutekano w’igihugu zo mu bihugu 51, Ubunyamabanga Bukuru bwayo bugakorera Addis Ababa, Ethiopia.

Muri iyi nama yaberaga i Kigali, izi nzego ziyemeje guhanahana amakuru ku gihe no guhuza imbaraga mu guhangana n’ibibazo bikomeje kwibasira Afurika.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’iyi nama rivuga ko “zashimangiye ubushake bwo guhuza imbaraga mu guhangana n’igitutu gikomeje kwiyongera gishingiye ku butabera mpuzamahanga.”

Rikomeza rigira riti “Inzego zigize uyu muryango zamaganye ikoreshwa ry’ihame ry’ubucamanza mpuzamahanga bikozwe n’umucamanza umwe, zisaba ko umwanzuro wo gukoresha iryo hame wajya ufatwaho icyemezo n’urwego rukuru rw’ubucamanza.”

-3514.jpg

Izi nzego z’iperereza mu bihugu bya Afurika kandi zasabye ibihugu bishaka gukoresha ubucamanza mpuzamahanga kujya bikorana n’ibirebwa n’ikibazo mbere yo gushyiraho impapuro zita muri yombi abaturage babyo.

ICC yakomeje gukomanyirizwa

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, rwakunze gushinjwa kwibasira abayobozi ba Afurika, ndetse ibihugu bya Afurika biri mu nzira yo kwitandukanya narwo burundu, bikivana mu masezerano ya Roma yarushyizeho, bimwe muri ibyo bihugu byanashyizeho umukono.

CISSA iti “Hashingiwe ku ngingo ya 98 y’amasezerano ya Roma, inzego z’ubutasi muri ibi bihugu zagaragaje impungenge ku isinywa ry’amasezerano y’inyongera agabanya uburemere bw’ishyirwa mu bikorwa ry’amategeko mpuzamahanga, mu nyungu za bimwe mu bihugu bikomeye.”

Iyi nama ya 13 ya CISSA yasabye ko ibihugu bitandukanye mbere yo gukoresha ihame ry’Ubucamanza mpuzamahanga, byajya bibanza gukorana n’ibihugu birebwa n’ikibazo, mbere yo gutangira gushakisha abaturage babyo.

“Inzego zigize uyu muryango zunze mu ijwi ry’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ryo gusaba ihagarikwa ry’impapuro zashyiriweho guta muri yombi no gukurikirana abayobozi ba Afurika cyangwa abandi bayobozi bo ku rwego rwo hejuru, kugeza ubwo ibiganiro n’abarebwa n’ibibazo bizagera ku musozo ndetse byose bigakemuka.”

Izo nzego zashimangiye umwanzuro wo guhanahana amakuru arebana n’Imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri leta, (INGOs) n’imiryango y’itangazamakuru ifite intego zidasobanutse cyangwa ibindi bikorwa bidashyirwa amakenga.

Ibihugu byakunze kwamagana ikoreshwa ry’ihame ry’ubucamanza mpuzamahanga, bituma hari bamwe mu bantu ku giti cyabo babukoresha mu nyungu zifatwa nk’iza politiki bagakurikirana abayobozi b’ibindi bihugu.

Harimo nk’Umucamanza Andreu Merelles akoresheje ihame ry’ ubucamanza mpuzamahanga watanze ibirego mu 2008 bikurikirana abayobozi b’u Rwanda, ariko biza guteshwa agaciro mu 2015, , bikaba byarakomeje gufatwa nk’ ibishingiye ku nyungu za politiki.

-3513.jpg

Abari bitabiriye inama

2016-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ubwanditsi 05 Sep 2017
APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 

Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 

Ubwanditsi 27 May 2021
Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Ubwanditsi 17 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bitangiye kugaragara yuko nta Jammeh wa Gambia nta Nkurunziza w’u Burundi
POLITIKI

Bitangiye kugaragara yuko nta Jammeh wa Gambia nta Nkurunziza w’u Burundi

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome
ITOHOZA

Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome

Ubwanditsi 06 May 2017
Mugore  dore ibintu 7 ugomba kuba wujuje ku buryo buri mugabo wese akwifuza
HIRYA NO HINO

Mugore dore ibintu 7 ugomba kuba wujuje ku buryo buri mugabo wese akwifuza

Ubwanditsi 13 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru