• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Ubwanditsi 15 Oct 2016 ITOHOZA

Madame Ségolène Royal, Minisitiri ushinzwe ibidikikije, iterambere rirambye n’ingufu muri guverinoma y’u Bufaransa, yari mu bategerejwe mu nama mpuzamahanga ya 28 yiga ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’i Montreal ku bijyanye no gukumira ibyangiza akayunguruzo k’Izuba n’imihindagurikire y’ikirere, ariko ntiyege akandagira mu Rwanda, mu gihe abandi bo mu muryango w’Ibihugu by’i Burayi baraye i Kigali.

Amakuru avuga ko Ségolène Royal yagombye kuba yarageze i Kigali ku wa 12 Ukwakira 2016, kugira ngo yitabire inama yo ku wa 13-14 Ukwakira 2016, ariko kuza kwe byaje gusubikwa ku munsi wa nyuma wo gufata indege, ejobundi hashize, Abafaransa baba i Kigali na Minisiteri yabo ishinzwe ubutwererane bavuga ko umwuka utameze neza hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa.

Mu bantu bakomeye bitabira iyi nama barimo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame n’Umunyamabanga wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, John Kerry uri bugere mu Rwanda uyu munsi ku wa 13 Ukwakira 2016. Iyi nama yitabiriwe n’abantu 200 izamara iminsi itanu, kuva ku wa 10 kugeza ku wa 14 Ukwakira 2016.

Birakekwa ko ugutinya kwitabira inama kwa Ségolène Royal, kwaba gushingiye ku kuba Perezida Paul Kagame ubwo yagezaga ijambo ku bacamanza mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Umwaka w’Ubucamanza wa 2016/2017; ku wa mbere tariki ya 10 Ukwakira 2016, yasabye abari basanzwe batanga serivisi z’u Bufaransa igihe bwari bwarafunze umubano wabwo n’u Rwanda, kwitegura kongera gusubira mu nshingano.

Imvugo ikakaye ya Perezida Kagame yateye ikidodo Abafaransa bumva ko isaha n’isaha Ambasade yabo ishobora gufungwa, ndetse amwe mu makuru akavuga ko abakozi ba Ambasade y’u Bufaransa mu Rwanda biteguye ifunga ryayo.

Ikibazo cy’agatotsi mu mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa cyongeye guhaguruka nyuma y’uko u Bufaransa bwongeye gushaka gukora iperereza ku ihanurwa ry’indege y’uwari Perezida w’u Rwanda Juvenal Habyarimana, ikibazo cyasaga n’aho cyashyizwe iruhande kubera umubano wari hagati y’ibihugu byombi, aho byari byaratangiye n’ubucuruzi mu ngendo zo mu kirere.

Ségolène Royal ni umugore ukomeye muri Politiki mu Bufaransa, kuko amaze kuyobora Minisiteri eshanu zirimo iyo ayoboye ubu y’ ibidikikije, iterambere rirambye n’ingufu kuva ku wa 2 Mata 2014. Yabaye Minisitiri w’Umuryango, abana n’abafite ubumuga mu 2001-2002 ; Minisitiri w’Umuryango n’abana mu 2000-2001, Minisitiri w’Uburezi kuva mu 1997 kugeza mu 2000.

Ségolène Royal ni umwe mu bantu bakomey mu ishyaka ry’abasosiyalisiti ryo mu Bufaransa.

-4349.jpg

Madame Ségolène Royal, yabyaranye abana bane na Perezida Francois Hollande n’ubwo batasezeranye mu mategeko.

Yabyaranye abana bane na Perezida w’u Bufaransa, Francois Hollande, ariko ntibigeze besezerana.

Source : Panorama

2016-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Ibya Dr. Rudasingwa n’abagenzi be Musonera na Ngarambe biteye kwibaza byinshi!

Ibya Dr. Rudasingwa n’abagenzi be Musonera na Ngarambe biteye kwibaza byinshi!

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Ubwanditsi 18 Aug 2021
IMPAMVU : Prof Lwakabamba yeguye ku buyobozi bwa INATEK

IMPAMVU : Prof Lwakabamba yeguye ku buyobozi bwa INATEK

Ubwanditsi 22 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR
INKURU NYAMUKURU

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye
IMIKINO

Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza
INKURU NYAMUKURU

Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza

Ubwanditsi 29 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru