• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Editorial 20 Oct 2016 Mu Rwanda

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu gihe yari yarateguye imyigaragambyo ikaze ku wa 19 Ukwakira 2016, mu Mujyi wa Goma na Beni bakoze imyigaragambyo ariko i Kinshasa ho yaburijwemo kuko inzego zishinzwe umutekano zayiburijemo.

Mu mujyi wa Goma mu Intara y’Amajyaruguru abayoboke b’amashyaka biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo bise ‘‘y’ituze’’ amaduka ntiyafungurwa n’amashuri ntiyakora, kuko batinyaga imvururu, iyo myigaragambyo yatangiriye urugendo kuri rond-point signers barusoreza ku biro bya Guverineri, aho batanze ibitekerezo byabo babishyira mu inyandiko babishyira mu igikarito bise icyo ‘‘umuhondo’’ (Cartons Jaune).

Muri iyo nyandiko barunze mu igikarito cy’umuhondo babwiye Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru kuzabagereza ubwo butumwa kuri Perezida Kabila ko atahirahira ngo arenze umunsi ntarengwa wo ku wa 19 Ukuboza 2016.

Icyo gikarito cy’umuhondo ngo gisobanura «kwihaniza» umukuru w’igihugu kugira ngo azabe yavuye ku butegetsi kuko manda ye izaba yarangiye mu Kuboza 2016.

Mu gutatanya abigaragambyaga Polisi y’Igihugu yakoresheje ibyuka biryana mu maso bakunze kwita ‘‘gaz lacrymogène’’ kugira ngo babashe kubatatanya.

Indi myigaragamyo ikaze yabaye mu Mujyi wa Beni aho abayoboke b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi na bo bakoresheje ibyo bikarito by’umuhondo bamagana umugambi wo kugundira ubutegetsi Perezida Kabila.

Inama y’umushyikirano yahuje abanyekongo yashoje imirimo yayo ku 18 Ukwakira 2016 bemeje ko umukuru w’igihugu ari we Joseph Kabila yakomeza kuba Perezida w’igihugu kugeza amatora abaye akazakorana ihererekanyabubasha n’undi uzaba ucyuye igihe, kuko atemerewe kongera kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.

Abari muri iyo nama kandi bemeranya kandi ko guverinoma izaba iyobowe n’umuntu ukomoka mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ari we Minisitiri w’Intebe.

Mu gihe cy’amezi 2 n’igice abanyekongo bari mu mishyikirano i Kinshasa, Bank-Moon Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Edem Kodjo Perezida w’Ubumwe bw’Afurika akaba n’Umukuru w’Igihugu cya Chad ndetse na Idriss Deby Itno umuhuza w’ibiganiro by’abanyekongo basabye ko abanyepolitiki gusenyera umugozi umwe birinda imvururu ko zakongera kuba mu baturage.

Muri iyo nama bemeje kandi ko hagiye gutegurwa amatora mu amezi atandatu ari imbere uhereye umunsi iyo nama ishojwe, aho mu Ukwakira 2017 ari bwo amatora agomba kuzaba aho kuba mu mwaka wa 2018 kuko ishyaka riri ku butegetsi PPRD ryabyifuzaga.

-4448.jpg

Perezida Joseph Kabila

Abazatorwa uhereye Ukwakira 2017 ni umwanya wa Perezida wa Repubulika, Inteko Ishinga Amategeko n’inzego zo mu Intara.

Umusomyi wacu i Goma muri RDC

2016-10-20
Editorial

IZINDI NKURU

Umugore yaguye igihumure nyuma yo gutsindira itike yo kuziyamamariza mu ishyaka Uhuru Kenyatta ayobora

Umugore yaguye igihumure nyuma yo gutsindira itike yo kuziyamamariza mu ishyaka Uhuru Kenyatta ayobora

Editorial 01 May 2017
Uganda: Amashusho agaragaza uko Sgt (Rtd) Rutagungira yashimuswe

Uganda: Amashusho agaragaza uko Sgt (Rtd) Rutagungira yashimuswe

Editorial 11 Aug 2017
Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Editorial 25 Oct 2019
Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Editorial 03 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 24 Mar 2025
Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?
IMIKINO

Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?

Editorial 30 Jan 2018
BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City
UBUKUNGU

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

Editorial 24 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru