• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Paris: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Simbikangwa cyo gutesha agaciro iburanisha rya mbere

Paris: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Simbikangwa cyo gutesha agaciro iburanisha rya mbere

Ubwanditsi 29 Oct 2016 ITOHOZA

Urukiko rwo mu nkengero z’umujyi wa Paris mu Bufaransa ruburanisha ubujurire bwa Capt. Pascal Simbikangwa, umunyarwanda wa mbere wakatiwe n’ubutabera bw’u Bufaransa azira uruhare muri jenoside yo mu 1994, kuri uyu wa Gatatu rwateye utwatsi ubusabe bwa Simbikakangwa bwo gutesha agaciro iburanisha rya mbere ryamukatiye gufungwa imyaka 25 nyuma yo guhamwa no kugira uruhare mu gutegura no gukora Jenoside.

Abunganira Simbikangwa mu rubanza rw’ubujurire, biteganywa ko ruzamara iminsi 32 mu Rukiko ruhana ibyaha ndengakamere rwa Saine-Saint-Denis i Bobigny, kuri uyu wa Kabiri ushize, rutangizwa bakaba baravuze ko bafite uburyo budahagije ugereranyije n’ubushinjacyaha, Parike ya Paris, ngo ifite ibyangombwa byose mu kurwanya ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Urukiko rwo rwahise ruvuga ko atari rwo rufata icyemezo ku bigize urubanza rubereye, iburanisha rihita rikomeza habazwa ibibazo ku mwirondoro w’ushinjwa ufungiye kuva mu 2009 muri gereza ya Fresnes, hafi ya Paris.

-4491.jpg

Ingoro y’ubutabera i Paris

Uyu mugabo ukurikiranweho uruhare muri jenoside n’uruhare mu byaha byibasiye inyokomuntu, yari yakatiwe imyaka 25 y’igifungo. Uyu wahoze mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu ariko akaza kuwuvamo nyuma y’impanuka yakoreye iShyorongi mu 1986, ashinjwa kuba mu mujyi wa Kigali ( Ubu ni PVK) aho yari afite iBiro muri Perezidansi ari we wateguye ahashinzwe za bariyeri zahagarikirwagaho Abatutsi bakicwa, kuba yaratanze amabwiriza yo kwica ndetse akanaha intwaro Interahamwe.

Sibyo gusa kuko Simbikangwa niwe wari ushinzwe gutoteza itangazamakuru ritavugaga rumwe na Leta, akaba yarahohoteye bikomeye abanyamakuru Sam Gody Nshimiyimana wa Kiberinka, na Boniface w’Umurangi n’abandi ba nyamakuru bitabye imana muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu iburanisha rya mbere mu rukiko rwa Paris, Simbikangwa ntiyahwemye koroshya uruhare rwe n’uko yumvaga ubwicanyi bwakorwaga icyo gihe. Simbikangwa ntiyatinye kuvuga ko kuva muri Mata kugeza muri Nyakanga 1994 nta murambo yigeze abona, mu gihe abantu basaga miliyoni bishwe muri icyo gihe.

Kuri uyu wa Gatatu mu rukiko nk’uko AFP ibyandika, Simbikangwa akaba yatangaje ko ibigize dosiye ye byose ari ibintu byahimbwe. Yagize ati: “Maze kumara imyaka 8 muri gereza mu Bufaransa, mu gihugu cy’uwaharaniye impinduramatwara Mirabeau, (…) iyo dosiye nta kirimo, nta buhamya nta bumwe bwakwizerwa.”

Muri uru rubanza rw’ubujurire biteganyijwe ko ruzasozwa kuwa 09 Ukuboza, hazumvwa abatangabuhamya bagera muri 50, bamwe muri bo bafungiye mu Rwanda bakaba bazumvwa hakoreshejwe ikizwi nka videoconference.

-4490.jpg

CPT Simbikangwa

2016-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Ibyo wamenya ku Banyarwanda bagiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bubiligi

Ibyo wamenya ku Banyarwanda bagiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bubiligi

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 05 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze mu Buhinde
POLITIKI

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze mu Buhinde

Ubwanditsi 09 Jan 2017
Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR
Amakuru

Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Ubwanditsi 11 Oct 2024
UMUYOBOZI WA POLISI Y’U RWANDA YASUYE ITSINDA RY’ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MU BUTUMWA BW’AMAHORO MURI HAITI
Mu Rwanda

UMUYOBOZI WA POLISI Y’U RWANDA YASUYE ITSINDA RY’ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MU BUTUMWA BW’AMAHORO MURI HAITI

Ubwanditsi 08 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru