• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umutekano w’Isi ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS

Umutekano w’Isi ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS

Ubwanditsi 15 Nov 2016 ITOHOZA

Abahanga mu by’ikirere batubwira ko agace duherereyemo kagizwe n’imibumbe umunane twavuga iyi si dutuyeho, Mars, Venus n’indi. Mu minsi ishize hatangajwe ko havumbuwe umubumbe wa cyenda ariko ntibiremezwa neza.

Uko rero iyo mibumbe iteye hari ibindi bintu bigiye biyigaragiye muri byo hari ibibuye bigenda bikurikira umuvuduko wayo mu cyongereza nibyo bita “asteroids”.

Ikigo NASA cy’abanyamerika gikurikiranira hafi ibyo mu kirere kivuga ko ubu bamaze kuvumbura asteroids 15.000 zizenguruka hafi y’ isi dutuyeho. Muri rusange habaruwe izirenga 580.000 ngo inyinshi ziri hagati y’umubumbe wa Mars na Jupiter.

Amakuru rero yatanzwe n’umuyobozi mukuru w’ikigo NASA bwana Charles Boden, yatangarije itsinda rihagarariye Leta y’Amerika mugihe bari bagiye guhabwa rapport kunyigo nshya yasohotse kubijyanye naya mabuye azenguruka mu kirere. Mu gihe bahabwaga ibisobanuro, umwe mubari bagize iryo tsinda yabajije ikibazo asaba ko bagerageza gutanga ingero ku kintu batekereza ko cyabaho kugira ngo bumve neza ingaruka byabyara. Yagize ati tugerageze gutekereza ko hari ikibuye kimanutse kigana Los Angels, ati ari gito mwabimenyesha abantu mugihe kingana iki cg hakwangirika ibintu bingana iki?

Boden yahise abasubiza ko igihe aho kigeze atari ugukekeranya cg guteganya. Yagize ati ahubwo mu mbaze igihe ibiri munzira byerekeza ku isi aho bigeze.

Umuyobozi wa NASA bwana Charles Boden yababwiye ko hari asteroids ziri munzira zigana ku isi ati ndetse hari izishobora kugwa na New York.

Naho Thomas Zurbuchen yabwiye abari aho ko ubushakashatsi buhanitse burimo gukorwa ngo barebe uko bahangana nibyo bibazo ati ariko ntitwabura kubabwiza ukuri ko icyo kibazo kiriho ati:”Ntagushidikanya hari igihe zizagwa ku isi”.

Iryo tsinda ryamubajije icyakorwa ngo babe babuza ibyo bibuye kuzahagwa hakoreshejwe uburyo bwo kukiyobya cg kugisenyera mu kirere. ? Ngo yariyumviriye mu magambo make ngo arababwira ati: “Musenge gusa”.

-4671.jpg

-4672.jpg

-4673.jpg

-4674.jpg

Yasobanuye ko gusa Atari vuba aha bishobora kuzaba bigeze ku isi kuko biratandukanye mu bunini. Ati: Hari ibifite 300 kugeza kuri 800ft n’ibindi binini cyane bifite nka kilometer 10. Yongeyeho ko babonye hari ikibuye kinini kigiye kugera ahantu runaka ku isi ko icyo gihe abantu bahabwa igihe kingana n’iminsi itatu ngo babe barangije guhunga aho bari. Yavuze ko byaterwa n’ingano yacyo naho ubundi kubiyobya ngo ntabwo ari ikibazo cyoroshye bitewe n’umuvuduko biba bifite.

Batanze ibisobanuro bavuga ko asteroids ntoya nazo ari ikibazo gikomeye kuko zo badashobora kuzigenzura kubera n’ubwinshi bwazo ngo bajya kubona bakabona zigeze ku isi.

Batanze urugero rwa asteroid yaguye mu mugi witwa Chelyabinsk mu Burusiya hari tariki ya 15/2/2013. Iyo asteroid ikaba yaranganaga na metero 18 (50ft) yaje itunguranye ifite umuvuduko uri hagati ya kilometero 60.000 – 69.000 ku isaha. Icyo kibuye cyakomerekeje abantu ibihumbi ndetse ikamenagura ibirahure by’amazu hafi umugi wose. Bavuze ko kari gato kuburyo indorerwamo za telescope bakoresha babigenzurira mu kirere itigeze iyibona. Ngo asteroid nini ishobora kwangiza ibintu bisumba nibyo bombe bateye Hiroshima.

Umutekano w’isi rero uragenda ugerwa kumashyi uko biriya bibuye biyegera.

Biracyaza………

Hakizimana Themistocle

2016-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umubiligi Alain Billen yibajije impamvu abanenze Kagame yiyamamaza banumye kuri Angela Merkel

Umubiligi Alain Billen yibajije impamvu abanenze Kagame yiyamamaza banumye kuri Angela Merkel

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Uganda: Umusirikare ufite ipeti rya general muri UPDF arashinjwa uruhare mu bikorwa byo gushimuta abantu

Uganda: Umusirikare ufite ipeti rya general muri UPDF arashinjwa uruhare mu bikorwa byo gushimuta abantu

Ubwanditsi 29 May 2018
“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

Ubwanditsi 15 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda hakomeje kubera inama z’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda hakomeje kubera inama z’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Amavubi ngo agiye muri CECAFA kurushaho kwitegura CHAN
IMIKINO

Amavubi ngo agiye muri CECAFA kurushaho kwitegura CHAN

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Umurambo wa Dr Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo ugiye kuzanwa mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Umurambo wa Dr Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo ugiye kuzanwa mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru