• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Umusirikare ufite ipeti rya general muri UPDF arashinjwa uruhare mu bikorwa byo gushimuta abantu

Uganda: Umusirikare ufite ipeti rya general muri UPDF arashinjwa uruhare mu bikorwa byo gushimuta abantu

Ubwanditsi 29 May 2018 ITOHOZA

Umwe mu basirikare bakuru ba Uganda ufite ipeti rya general aravugwaho kugira uruhare mu bikorwa byo gushimuta abantu bimaze iminsi byugarije iki gihugu nk’uko amakuru aturuka mu gisirikare avuga.

Nk’uko amakuru yizewe agera ku rubuga Spyreports dukesha iyi nkuru aturuka mu rwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI), mu bantu bakurikiranye ikibazo cyo gushimuta abantu cyugarije igihugu avuga, ngo ubutasi bumaze kwegeranya amakuru agaragaza ko ibikorwa by’ubushimusi bitegurwa n’umusirikare mukuru (General) muri UPDF imyirondoro ye yabaye igizwe ibanga.

Gusa, biravugwa ko ari umusirikare ufite ipeti rya full general, unanutse, muremure, kandi ukomoka mu burengerazuba bw’igihugu (abazi abasirikare bakuru ba Uganda bakaba bashobora kumwibwira).

Uwatanze aya makuru akaba yasobanuye ko ubutasi mu gisirikare buri kurangiza raporo y’ukuntu ibikorwa byo gushimuta abantu byatangiye na buri wese wari ubiri inyuma, ikazashyikirizwa perezida Museveni ari nawe uzategeka ikizakurikiraho.

Bamwe mu bakekwaho uruhare muri ibi bikorwa ngo bakaba baramaze gushyirishamo uyu musirikare mukuru uwatanze amakuru avuga ko nawe batangiye kumukoraho iperereza ngo humvwe niba ibimuvugwaho ari ukuri.

Biravugwa ko impamvu uyu musirikare mukuru yashyigikiye ibi bikorwa ari ugutuma umurwa mukuru Kampala umera nk’udafite ubuyobozi ndetse no kwangisha abaturage ubuyobozi buriho. Mu cyumweru gishize ngo hakaba haranaburijwemo igikorwa cyo gushimuta muri Makindye, aho ngo ba rshimusi bahamagaye umugore uri mu myaka 20 wari ugiye gushimutwa akabimenyesha CMI bagatega umutego ariko abo ba rushimusi bakaba bataragaragaye aho bari bumvikanye guhurira. CMI ikavuga ko hashobora kuba hari abariye urwara abo ba rushimusi.

Igipolisi cyitandukanyije n’abitwa “Abakumirabyaha”

Biravugwa kandi muri iyi nkuru ko Igipolisi cya Uganda cyatangiye kwitandukanya n’abantu bari bashinzwe kugiha amakuru (police informers), ngo kugeza bahinduye izina bakitwa Concerned Citizens (abaturage bitaye ku bibazo).

Ngo ni nyuma y’aho ubutasi bugaragarije ko aba bakumirabyaha bashinjwa gukorana n’uyu musirikare mukuru ushinjwa, ngo bagiye bakoreshwa mu buryo bwo gushimuta no mu bundi bwoko bw’ibyaha bitandukanye.

Amakuru agera kuri Spyreports akaba avuga ko iki gitekerezo cyo guhindura izina ry’aba bantu cyazanwe n’umukuru wa polisi ya Kampala, CP Moses Kafeero ubwo yahuraga n’abantu be mu cyumweru gishize.

Icyo gihe akaba yarabwiye abapolisi kwirinda gukorana n’aba bakumirabyaha niba badashaka guhura n’ibibazo, asobanura ko amakuru y’ubutasi afite kuri aba bantu atari meza. Aha umuntu akaba atabura kwibutsa ko n’ibikorwa byagaragaye mu mwaka ushize no mu ntangiriro z’uyu wa 2018 byo gushimuta no guhohotera Abanyarwanda bakorera muri Uganda nabyo aba bantu baba baragiye babigiramo uruhare.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko mu mezi ashize igipolisi hirya no hino mu gihugu cyatangiye gushakisha ibikoresho bya polisi biri mu maboko y’aba bantu biyita abakumirabyaha birimo ibikoresho byo mu biro, imipira yo kwambara, mudasobwa, na za moto. Ibi bakaba bari barabihawe n’uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen Kale Kayihura, ngo bijye bibafasha mu kazi kabo.

 

 

 

2018-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

New- RNC na RNC Ishaje :  Mu bikorwa bipfobya bikanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

New- RNC na RNC Ishaje : Mu bikorwa bipfobya bikanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Ubwanditsi 25 Jan 2024
Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Ubwanditsi 13 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yasuye umuryango wa Fred Rwigema
Mu Mahanga

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yasuye umuryango wa Fred Rwigema

Ubwanditsi 21 Jul 2016
CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza
ITOHOZA

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Jenerali de Brigade Cômes Semugeshi umujenerali wari inkingi ya mwamba ya FDLR  munzira aza mu Rwanda
ITOHOZA

Jenerali de Brigade Cômes Semugeshi umujenerali wari inkingi ya mwamba ya FDLR munzira aza mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru