• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kunde wahoze muri FDLR yavuze icyatumye batsindwa n’uko yabanye na Perezida Nkurunziza

Kunde wahoze muri FDLR yavuze icyatumye batsindwa n’uko yabanye na Perezida Nkurunziza

Editorial 14 Dec 2016 ITOHOZA

Faustin ’Kunde’ Gashugi wahoze mu gisirikare cy’ingabo zatsinzwe (Ex-FAR), afite ipeti rya Sergent- Major, yagarutse ku nzira ndende yanyuzemo nk’umusirikare by’umwihariko mu mashyamba ya Congo, ahishura kimwe mu byatumye umutwe wa FDLR utagera ku ntego yawo kikanatuma yitandukanya na wo akiyemeza gutaha mu Rwanda.

Kuri uyu wambere tariki 12 Ukuboza, Kunde yasangije ayo mateka urubyiruko rugera kuri 800 ruba mu Rwanda no mu mahanga, rwitabiriye itorero Urunana rw’Urungano ririmo kubera i Gabiro.

Yagarutse ku mateka y’intambara yo kurwanya inyenzi i Gabiro na Ryabega, abwira urubyiruko ko kimwe mu byatunguye abazayirwa bari baraje kubafasha babwirwa ko bagiye kurwana n’Abagande, ari ugusanga abo barwanya [Inkotanyi] ari Abanyarwanda bavuga Ikinyarwanda. Ibi ngo byababereye urusobe bakabwirana ngo ‘Intambara irakomeye’, bikatuma basubira iwabo.

Kunde yakomoje ku mateka ye mu mashyamba ya Congo ari mu mutwe wa FDLR, uko bagerageje kugaruka gutera u Rwanda banyuze za Cyangugu n’ahandi bagakubwitwa inshuro kenshi n’Inkotanyi.

Intandaro yo gutsindwa kwa FDLR

Muri icyo kiganiro, Kunde yagarutse ku ntambara zitandukanye barwanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Congo Brazzaville. Kimwe mu bintu atazibagirwa, ni uburyo bihuje ari ibihugu bine, bagafashwa na Laurent Kabila, akabaha n’ibikoresho bikomeye ariko bagatsindwa n’Inkotanyi zitari zifite ibikoresho bihambaye.

Ati “Twarwanye n’Inkotanyi turi Interahamwe na Ex FAR zigera 5000, Abanyangola 2500, Abanyazimbabwe 8000 na Namibia 3500 ndetse dufite n’intwaro zikomeye cyane. Inkotanyi zari zifite intwaro ziciriritse ziradukubita, twajya imbere tukumva ngo inyuma hafashwe.”

Yakomeje avuga ko uku gutsindwa kose kwagizwemo uruhare n’ubwumvikane buke bwa Mugaragu na Mudacumura bari bayoboye urwo rugamba.

Kunde avuga ko amacakubiri ya Kiga-Nduga (Abakiga n’Abanyenduga) ariyo yatumye abarwanyi ba FDLR batagira icyo bageraho.

Ati “Ikintu cya mbere cyatumye FDLR itagira icyo igeraho, ikintu bita amacakubiri Kiga-Nduga, ntigishobora kuzatuma … bazaze mu Rwanda baze mu itorero, babatizwe babe Abanyarwanda. Iyo wageze mu itorero ugatozwa wumva uri utewe ishema n’uko uri Umunyarwanda ukagenda widunda”.

Akomeza agira ati “Utemera ko yatsinzwe ni wa wundi ugihanyanyaza uri hariya warwaye inda muri FDLR, wa wundi wirirwa wirukanka mu mashyamba, ariko uwabyemeye araza agafatanya n’abandi kubaka igihugu.”

U Burundi burakirigita umukecuru

Kunde yabwiye urubyiruko ko akiri mu mashyamba ya Congo yari kumwe na Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza kandi abasirikare be bakomeye batojwe n’Abanyarwanda.

Yongeraho ko amagambo ya Nkurunziza ntacyo yatwara u Rwanda kandi niyo yagerageza gutera yakubitwa inshuro n’inkeragutabara hatarindiriye abasirikare.

Ati “Buriya Perezida w’u Burundi twararwananye za Pueto, buriya abasirikare be nitwe twabigishaga…ariko nka biriya aba avuga tuba tubireba nkatwe twabanye nawe tukavuga ngo ni ‘ukwikirigita ugaseka’, iyo avuga ngo u Rwanda rwagize…ngo yarutera, ni nko ‘gukirigita umukecuru’. Ntiyabigerageza kuko abigerageje ni inkeragutabara zakirwanira”.

Yakomeje avuga ko Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa kwirindira umutekano ku buryo ntawe ushobora kubameneramo ngo awuhungabanye.

Ati “Kuko Abanyarwanda bose bashinzwe umutekano, iyo ugenda mu nzira ntawe ukuvugisha nta nukubaza ibyangombwa ariko wibeshye ukaba watwaye avoka mu mufuka, ugashaka kuyiterura ngo uyitere umuntu, kubera ko bazi ububi bwa gerenade wayibangura wajya kuyitera akaboko bagafatira inyuma, yaba umugore yaba umukobwa.”

Uko yatashye…

Kunde agaruka ku mpamvu zatumye afata icyemezo cyo gutaha mu Rwanda, cyane cyane zikaba zishingiye ku mwiryane n’amacakubiri y’ababayoboraga.

Ati “Nabonye Mudacumura na Mugaragu bahanganye kandi aribo bayobozi bacu, tubona ba Renzaho Kabila arabagurishije ndavuga nti ‘ndatashye Kunde, nta kurama kudapfa ndatashye’.

Ageze ku kibuga cy’indege i Kanombe yabanje kuyoberwa bimwe mu bice yari asanzwe azi kubera inyubako, gusa ngo kimwe mu bintu byamukoze ku mutima ni ukubona ntawamuhamagaye nkuko yabibwirwaga.

Kunde atanga ubuhamya bw’uko yageze i Mutobo akiga amasomo yamufashije kuba umuhinzi-mworozi w’intangarugero, akaba azwi cyane ku bworozi bw’ingurube.

Ati “Ibyo nigiye i Mutobo nabishyize mu bikorwa, uyu munsi iri koti nambaye si iryo natiye, uko ngana si uko bampaze, ndi umuhinzi mworozi mu murenge wa Kigali, ndahembwa, iwanjye hakorerwa ingendo-shuri.”

Kunde ayobora abashinzwe umutekano mu kagari, ahamya ko ari Umunyarwanda wubaka igihugu amanywa n’ijoro kandi ubifitiye ishema.

Intego y’Urunana rw’Urungano ni ugufasha urubyiruko kwiyambura burundu umwambaro w’amoko, bakavurwa ibikomere bakomora ku babyeyi babo bari barabaswe n’ivangura rishingiye ku moko, hagamijwe kubafasha kwiyandikira amateka mashya kandi meza abaganisha ku Iterambere.

-5018.jpg

Faustin ’Kunde’ Gashugi na Petero Nkurunziza

Abayobozi basangije amateka yabo urwo rubyiruko barimo Minisitiri Uwacu Julienne; Minisitiri Nsengimana Jean Philbert; Minisitiri Francis Kaboneka, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo; Mureshyankwano Marie Rose na Depite Bamporiki Edouard.

2016-12-14
Editorial

IZINDI NKURU

Afrika y’Epfo: Emile Rutagengwa umwe mubagize RNC arahigwa bukware n’agatsiko ka Kayumba gakuriwe na Ntwali ngo kamukurikize Ben Rutabana

Afrika y’Epfo: Emile Rutagengwa umwe mubagize RNC arahigwa bukware n’agatsiko ka Kayumba gakuriwe na Ntwali ngo kamukurikize Ben Rutabana

Editorial 18 Dec 2019
Bishop Rugagi yavuze ku by’uko yaba akorana na Satani ku mbaraga yahashye muri Nigeria

Bishop Rugagi yavuze ku by’uko yaba akorana na Satani ku mbaraga yahashye muri Nigeria

Editorial 26 Sep 2017
Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Editorial 24 May 2024
Guverinoma ya Australia yahaye nyirantarengwa,  abakinnyi barimo Abanyarwanda bahatorokeye

Guverinoma ya Australia yahaye nyirantarengwa, abakinnyi barimo Abanyarwanda bahatorokeye

Editorial 15 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Buholandi : Umujenosideri Yvonne Basebya yitabye Imana mu buryo butunguranye
ITOHOZA

U Buholandi : Umujenosideri Yvonne Basebya yitabye Imana mu buryo butunguranye

Editorial 27 Feb 2016
Rutahizamu wa Real Madrid ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Karim Benzema yegukanye Ballon d’Or 2022
Amakuru

Rutahizamu wa Real Madrid ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Karim Benzema yegukanye Ballon d’Or 2022

Editorial 18 Oct 2022
Kenya na Sudan y’Epfo bishobora gutuma inteko ya EAC itinda cyane gutangira akazi
Mu Rwanda

Kenya na Sudan y’Epfo bishobora gutuma inteko ya EAC itinda cyane gutangira akazi

Editorial 08 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru