• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kunde wahoze muri FDLR yavuze icyatumye batsindwa n’uko yabanye na Perezida Nkurunziza

Kunde wahoze muri FDLR yavuze icyatumye batsindwa n’uko yabanye na Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 14 Dec 2016 ITOHOZA

Faustin ’Kunde’ Gashugi wahoze mu gisirikare cy’ingabo zatsinzwe (Ex-FAR), afite ipeti rya Sergent- Major, yagarutse ku nzira ndende yanyuzemo nk’umusirikare by’umwihariko mu mashyamba ya Congo, ahishura kimwe mu byatumye umutwe wa FDLR utagera ku ntego yawo kikanatuma yitandukanya na wo akiyemeza gutaha mu Rwanda.

Kuri uyu wambere tariki 12 Ukuboza, Kunde yasangije ayo mateka urubyiruko rugera kuri 800 ruba mu Rwanda no mu mahanga, rwitabiriye itorero Urunana rw’Urungano ririmo kubera i Gabiro.

Yagarutse ku mateka y’intambara yo kurwanya inyenzi i Gabiro na Ryabega, abwira urubyiruko ko kimwe mu byatunguye abazayirwa bari baraje kubafasha babwirwa ko bagiye kurwana n’Abagande, ari ugusanga abo barwanya [Inkotanyi] ari Abanyarwanda bavuga Ikinyarwanda. Ibi ngo byababereye urusobe bakabwirana ngo ‘Intambara irakomeye’, bikatuma basubira iwabo.

Kunde yakomoje ku mateka ye mu mashyamba ya Congo ari mu mutwe wa FDLR, uko bagerageje kugaruka gutera u Rwanda banyuze za Cyangugu n’ahandi bagakubwitwa inshuro kenshi n’Inkotanyi.

Intandaro yo gutsindwa kwa FDLR

Muri icyo kiganiro, Kunde yagarutse ku ntambara zitandukanye barwanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Congo Brazzaville. Kimwe mu bintu atazibagirwa, ni uburyo bihuje ari ibihugu bine, bagafashwa na Laurent Kabila, akabaha n’ibikoresho bikomeye ariko bagatsindwa n’Inkotanyi zitari zifite ibikoresho bihambaye.

Ati “Twarwanye n’Inkotanyi turi Interahamwe na Ex FAR zigera 5000, Abanyangola 2500, Abanyazimbabwe 8000 na Namibia 3500 ndetse dufite n’intwaro zikomeye cyane. Inkotanyi zari zifite intwaro ziciriritse ziradukubita, twajya imbere tukumva ngo inyuma hafashwe.”

Yakomeje avuga ko uku gutsindwa kose kwagizwemo uruhare n’ubwumvikane buke bwa Mugaragu na Mudacumura bari bayoboye urwo rugamba.

Kunde avuga ko amacakubiri ya Kiga-Nduga (Abakiga n’Abanyenduga) ariyo yatumye abarwanyi ba FDLR batagira icyo bageraho.

Ati “Ikintu cya mbere cyatumye FDLR itagira icyo igeraho, ikintu bita amacakubiri Kiga-Nduga, ntigishobora kuzatuma … bazaze mu Rwanda baze mu itorero, babatizwe babe Abanyarwanda. Iyo wageze mu itorero ugatozwa wumva uri utewe ishema n’uko uri Umunyarwanda ukagenda widunda”.

Akomeza agira ati “Utemera ko yatsinzwe ni wa wundi ugihanyanyaza uri hariya warwaye inda muri FDLR, wa wundi wirirwa wirukanka mu mashyamba, ariko uwabyemeye araza agafatanya n’abandi kubaka igihugu.”

U Burundi burakirigita umukecuru

Kunde yabwiye urubyiruko ko akiri mu mashyamba ya Congo yari kumwe na Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza kandi abasirikare be bakomeye batojwe n’Abanyarwanda.

Yongeraho ko amagambo ya Nkurunziza ntacyo yatwara u Rwanda kandi niyo yagerageza gutera yakubitwa inshuro n’inkeragutabara hatarindiriye abasirikare.

Ati “Buriya Perezida w’u Burundi twararwananye za Pueto, buriya abasirikare be nitwe twabigishaga…ariko nka biriya aba avuga tuba tubireba nkatwe twabanye nawe tukavuga ngo ni ‘ukwikirigita ugaseka’, iyo avuga ngo u Rwanda rwagize…ngo yarutera, ni nko ‘gukirigita umukecuru’. Ntiyabigerageza kuko abigerageje ni inkeragutabara zakirwanira”.

Yakomeje avuga ko Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa kwirindira umutekano ku buryo ntawe ushobora kubameneramo ngo awuhungabanye.

Ati “Kuko Abanyarwanda bose bashinzwe umutekano, iyo ugenda mu nzira ntawe ukuvugisha nta nukubaza ibyangombwa ariko wibeshye ukaba watwaye avoka mu mufuka, ugashaka kuyiterura ngo uyitere umuntu, kubera ko bazi ububi bwa gerenade wayibangura wajya kuyitera akaboko bagafatira inyuma, yaba umugore yaba umukobwa.”

Uko yatashye…

Kunde agaruka ku mpamvu zatumye afata icyemezo cyo gutaha mu Rwanda, cyane cyane zikaba zishingiye ku mwiryane n’amacakubiri y’ababayoboraga.

Ati “Nabonye Mudacumura na Mugaragu bahanganye kandi aribo bayobozi bacu, tubona ba Renzaho Kabila arabagurishije ndavuga nti ‘ndatashye Kunde, nta kurama kudapfa ndatashye’.

Ageze ku kibuga cy’indege i Kanombe yabanje kuyoberwa bimwe mu bice yari asanzwe azi kubera inyubako, gusa ngo kimwe mu bintu byamukoze ku mutima ni ukubona ntawamuhamagaye nkuko yabibwirwaga.

Kunde atanga ubuhamya bw’uko yageze i Mutobo akiga amasomo yamufashije kuba umuhinzi-mworozi w’intangarugero, akaba azwi cyane ku bworozi bw’ingurube.

Ati “Ibyo nigiye i Mutobo nabishyize mu bikorwa, uyu munsi iri koti nambaye si iryo natiye, uko ngana si uko bampaze, ndi umuhinzi mworozi mu murenge wa Kigali, ndahembwa, iwanjye hakorerwa ingendo-shuri.”

Kunde ayobora abashinzwe umutekano mu kagari, ahamya ko ari Umunyarwanda wubaka igihugu amanywa n’ijoro kandi ubifitiye ishema.

Intego y’Urunana rw’Urungano ni ugufasha urubyiruko kwiyambura burundu umwambaro w’amoko, bakavurwa ibikomere bakomora ku babyeyi babo bari barabaswe n’ivangura rishingiye ku moko, hagamijwe kubafasha kwiyandikira amateka mashya kandi meza abaganisha ku Iterambere.

-5018.jpg

Faustin ’Kunde’ Gashugi na Petero Nkurunziza

Abayobozi basangije amateka yabo urwo rubyiruko barimo Minisitiri Uwacu Julienne; Minisitiri Nsengimana Jean Philbert; Minisitiri Francis Kaboneka, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo; Mureshyankwano Marie Rose na Depite Bamporiki Edouard.

2016-12-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias  Rukokoma  ( VIDEO )

Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias Rukokoma ( VIDEO )

Ubwanditsi 26 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi
Mu Mahanga

Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 15 Oct 2016
RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 17 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru