• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Ubwanditsi 23 Jan 2017 Mu Rwanda

Komite y’inzego z’iperereza n’umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa mu gihugu cya Ethiopia gufata imyanzuro ku inozwa ry’akazi k’ubunyamabanga bwayo bufite icyicaro muri iki gihugu.

Kuva taliki ya 15 kugeza 18 Mutarama 2017, Inama nyobozi ya komite y’inzego z’iperereza n’umutekano muri Afurika (Committee of Intelligence and Security Services of Africa/CISSA) yahuriye Addis Ababa mu nama yo gufata ingamba ku buryo bwo kunganira komisiyo y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AUC) mu gufata imyanzuro iboneye kandi ishingiye ku gusangira amakuru yapererejwe ku mbogamizi umugabane wa Afurika ugenda uhura nazo.

Nkuko itangazo ku banyamakuru rya CISSA ribivuga, taliki ya 17 Mutarama 2017, CISSA ubu iyobowe na Brig Gen Nzabamwita Joseph, Umunyamabanga Mukuru w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe iperereza n’umutekano (NISS) ari kumwe n’abagize inama nyobozi (Troika) baturuka muri Equatorial Guinea (uwo yasimbuye), Nigeria (uzamusimbura), umunyamabanga nshingwabikorwa wa CISSA; 13 bagize inama nyobozi aho buri gice (region) cya Afurika gihagarariwe na babiri bamenyesheje akanama k’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (African union Peace and Security Council/AUPSC) ku ngingo ivuga: “ ibyagezweho vuba mu rugamba rwo kurwanya iterabwoba n’ingaruka zaryo muri Afurika”

-5436.jpg

Abagize Inama Nyobozi ya Komite y’inzego z’iperereza n’umutekano muri Afurika

Akanama ka CISSA kandi kamenyesheje AUPSC ibyo mu gihe kizaza CISSA izatanga mu kurwanya imbogamizi z’umutekano n’amakimbirane birangwa ku mugabane. Ikiganiro cyabaye icyambere cyitabiriwe n’abayobozi bose bagize akanama nyobozi ka CISSA. AUPSC yasabye ko CISSA yajya ibamenyesha amakuru yari akubiye mu kiganiro nkicyatanzwe byibura inshuro ebyiri ku mwaka.

CISSA ntabwo yagiye igira inama gusa komisiyo y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika ku bibazo by’umutekano n’amakimbirane arangwa ku mugabane w’Afurika ahubwo yanabaye ku isonga mu kurwanya ba gashakabuhake n’ibihano bifatirwa leta zo muri Afurika bifashwe n’ibihugu by’iburayi n’Amerika.

Ku isonga hagaragajwe ikibazo cy’ifatwa rya Lt Gen Karenzi Karake wahoze ayobora NISS aho komisiyo y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika yagaragaje kutabyemera cyane arinabyo byaje kotsa igitutu leta y’ubwongereza ikamurekura. Ingamba za CISSA zo kudahwema kurwanya ibihano k’icuruzwa n’ubukungu bwa Zimbabwe na Sudan nabyo byatumye leta zunze ubumwe bw’Amerika bakuraho bimwe mu bihano byari byarafatiwe igihugu cya Zimbabwe.

-5435.jpg

Brig Gen Nzabamwita Joseph, Umunyamabanga Mukuru wa NISS

Abakuru b’ibihugu mu muryango w’ubumwe bwa Afurika bagize igitekerezo cyo gushyiraho CISSA bakomeje gushyigikira no gukomeza uru rwego. Nyuma yaho leta ya Ethiopia itangiye inkunga y’ikibanza kizubakwamo inyubako ya CISSA hafi yiy’umuryango w’ubumwe bw’Afurika, leta ya Equatorial Guinea nayo yatanze inkunga yo kubaka icyo cyicaro gikuru cya CISSA. Ibirori byo byo gushyira ibuye fatizo aho izubakwa iteganijwe taliki ya 31 Mutarama 2017 ubwo inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’ubumwe bwa Afurika izaba iteraniye muri Ethiopia.

Abayobozi benshi muri Afurika bategerejwe muri iyo nama, muribo harimo ba Perezida b’ibihugu nk’u Rwanda, Equatorial Guinea na Ministiri w’intebe wa Ethiopia bitezwe kuzitabira icyo gikorwa.

Muri Kanama 2016, U Rwanda rwakiriye inama ya 13 yahuje abayobozi ba Komite y’’Inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika, CISSA, biga ku “guhangana n’ubwiyongere bw’ikoreshwa nabi ry’ubucamanza mpuzamahanga bigirirwa Afurika.”

CISSA ifunguye ku bihugu byose bigize AU, ariko ubu igizwe n’Inzego zishinzwe Iperereza n’Umutekano w’igihugu zo mu bihugu 51, Ubunyamabanga Bukuru bwayo bugakorera Addis Ababa, Ethiopia.

Cyiza D.

2017-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Ubwanditsi 16 May 2021
Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 17 Sep 2021
Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.

Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.

Ubwanditsi 07 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho
Amakuru

Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho

Ubwanditsi 22 Mar 2021
ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!
ITOHOZA

ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!

Ubwanditsi 12 May 2017
Andrew Muganwa yitabye Imana
ITOHOZA

Andrew Muganwa yitabye Imana

Ubwanditsi 22 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru