• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Ubwanditsi 31 Aug 2018 POLITIKI

Chairman w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Uganda, Lt. Gen. Andrew Gutti ari kuririra mu myotsi nyuma y’aho muramu we amutekeye umutwe akamutwara agera kuri miliyoni 180 z’Amashilingi nk’uko amakuru agera kuri Spyreports avuga.

Uyu muramu wa Gen. Gutti witwa Odongo John Baptist uri mu myaka 30 kuri ubu ari muri kasho ya Polisi ya Kampala nyuma yo gutabwa muri yombi.

Amakuru aturuka mu nzego zo hejuru agera kuri uru rubuga akaba akomeza avuga ko Gen Gutti yahaye muramu we akazi ko gucunga hotel ye iri ahitwa Moroto mu myaka 3 ishize, akamuha amabwiriza yo kujya ashyira kuri konti miliyoni 5 z’amashilingi buri kwezi y’inyungu.

Amakuru kandi avuga ko Gen Gutti yari yemeranyije na muramu we ko usibye kujya ashyira kuri konti izo miliyoni 5 z’inyungu buri kwezi, yagombaga no kujya yishyura ibindi bintu bikenewe muri hotel, imisoro ndetse no guhemba abakozi.

Uyu mukuru w’urukiko rwa gisirikare kandi urimo no kuburanisha Gen Kale Kayihura, ngo yanategetse umugore we kujya agenzura uko musaza we acunga iyi hotel yabo.

Gusa, ngo nyuma y’amezi atanu Odongo yahamagaye Gen Gutti amubwira ko azajya yishyura miliyoni 60 buri mwaka kuko ngo atashobora kubona miliyoni 5 buri kwezi kubera nawe amafaranga asohora buri munsi, ndetse ngo Gutti arabyemera.

Amakuru rero akaba avuga ko ibi nabyo Odongo yabinaniwe akamara imyaka 3 atishyura kubera ko na muramu we yabaga ahuze buri gihe ari mu kazi ka gisirikare ku buryo yari atarabona umwanya wo kubaza amafaranga ye.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko nyuma yo kumara kwemerera Gen Kayihura gukurikiranwa adafunze kuwa kabiri ushize, Gen Gutti ngo yahise ajya gufatira akaruhuko kuri hotel ye azi ko agomba no gufata amafaranga y’imyaka 3.

Ngo yaje gutungurwa ubwo yahamagaragara Odongo telephone ye nticemo, yahamagara abandi bakozi bakamubwira ko Odongo amaze iminsi atagera no kuri hotel ndetse ko iyi hotel inarimo imyenda myinshi. Ubwo yajyaga kugenzura kuri konti ya banki nabwo ngo yasanze nta kintu kirimo.

Nyuma y’ibi, Gen Gutti ngo yahise asaba umugore we kumuzanira musaza we yaba ari muzima cyangwa ari umupfu. Bikavugwa ko Gen Gutti yakurikiranye telephone ya Odongo akaza kumufatira muri gare ya Arua aho yageragezaga guhungira muri Sudani y’Epfo atabwa muri yombi ashyikirizwa polisi aho akurikiranweho ibyaha bibiri birimo ubutekamutwe.

2018-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nene wari warirukanywe na Zuma yasubijwe muri guverinoma, Nkosazana nawe ahabwa umwanya

Nene wari warirukanywe na Zuma yasubijwe muri guverinoma, Nkosazana nawe ahabwa umwanya

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa

Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa

RUSHYASHYA 18 Jul 2026
U Rwanda ruragaragaza  na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

U Rwanda ruragaragaza na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Ubwanditsi 01 Dec 2017

3 Ibitekerezo

  1. Lille
    August 31, 20189:00 am -

    Umunsi bazacukumbura ibyanyu ,muzasanga murimo kurira? Uzi ko wagirango muri Abaganda? Muzi amakuru yabo kurusha ay iwanyu kandi na hano arahari!!!

    Carefulllllll.

    Subiza
  2. Sema Halelua
    August 31, 201811:02 am -

    Gwe, Olimusilu,oba? Ebyobigambo Oyogedde Onyoma Ekyinyamahulile Kyaffe Olimulamu?

    Ubwo Ari Muramuwe Aramubabarira

    Subiza
  3. RUGENDO
    September 1, 20182:24 am -

    RUSHYASHYA IYI NKURU IMARIYE IKI ABANYARWANDA??
    MWAGIYE MWANDIKA INKURU AHO KWANDIKA IBIHUHA!!
    KUKI MUCUKUMBURA IBITADUFIYE UMUMARO?????
    kuburanisha kayihura nibyo bitumye mwandika amateshwa!!!
    ndashaka kuzabonana exc president Kagame nkavuga kunkuru
    mwandika !!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 
Amakuru

Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 

Ubwanditsi 22 Nov 2020
Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 
Amakuru

Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Ubwanditsi 25 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru