• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Ubwanditsi 31 Aug 2018 POLITIKI

Chairman w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Uganda, Lt. Gen. Andrew Gutti ari kuririra mu myotsi nyuma y’aho muramu we amutekeye umutwe akamutwara agera kuri miliyoni 180 z’Amashilingi nk’uko amakuru agera kuri Spyreports avuga.

Uyu muramu wa Gen. Gutti witwa Odongo John Baptist uri mu myaka 30 kuri ubu ari muri kasho ya Polisi ya Kampala nyuma yo gutabwa muri yombi.

Amakuru aturuka mu nzego zo hejuru agera kuri uru rubuga akaba akomeza avuga ko Gen Gutti yahaye muramu we akazi ko gucunga hotel ye iri ahitwa Moroto mu myaka 3 ishize, akamuha amabwiriza yo kujya ashyira kuri konti miliyoni 5 z’amashilingi buri kwezi y’inyungu.

Amakuru kandi avuga ko Gen Gutti yari yemeranyije na muramu we ko usibye kujya ashyira kuri konti izo miliyoni 5 z’inyungu buri kwezi, yagombaga no kujya yishyura ibindi bintu bikenewe muri hotel, imisoro ndetse no guhemba abakozi.

Uyu mukuru w’urukiko rwa gisirikare kandi urimo no kuburanisha Gen Kale Kayihura, ngo yanategetse umugore we kujya agenzura uko musaza we acunga iyi hotel yabo.

Gusa, ngo nyuma y’amezi atanu Odongo yahamagaye Gen Gutti amubwira ko azajya yishyura miliyoni 60 buri mwaka kuko ngo atashobora kubona miliyoni 5 buri kwezi kubera nawe amafaranga asohora buri munsi, ndetse ngo Gutti arabyemera.

Amakuru rero akaba avuga ko ibi nabyo Odongo yabinaniwe akamara imyaka 3 atishyura kubera ko na muramu we yabaga ahuze buri gihe ari mu kazi ka gisirikare ku buryo yari atarabona umwanya wo kubaza amafaranga ye.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko nyuma yo kumara kwemerera Gen Kayihura gukurikiranwa adafunze kuwa kabiri ushize, Gen Gutti ngo yahise ajya gufatira akaruhuko kuri hotel ye azi ko agomba no gufata amafaranga y’imyaka 3.

Ngo yaje gutungurwa ubwo yahamagaragara Odongo telephone ye nticemo, yahamagara abandi bakozi bakamubwira ko Odongo amaze iminsi atagera no kuri hotel ndetse ko iyi hotel inarimo imyenda myinshi. Ubwo yajyaga kugenzura kuri konti ya banki nabwo ngo yasanze nta kintu kirimo.

Nyuma y’ibi, Gen Gutti ngo yahise asaba umugore we kumuzanira musaza we yaba ari muzima cyangwa ari umupfu. Bikavugwa ko Gen Gutti yakurikiranye telephone ya Odongo akaza kumufatira muri gare ya Arua aho yageragezaga guhungira muri Sudani y’Epfo atabwa muri yombi ashyikirizwa polisi aho akurikiranweho ibyaha bibiri birimo ubutekamutwe.

2018-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 14 Dec 2024
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Liberia: Bazindukiye mu cyiciro cya kabiri cy’amatora ya perezida

Liberia: Bazindukiye mu cyiciro cya kabiri cy’amatora ya perezida

Ubwanditsi 27 Dec 2017
‘Ntabwo nahunze, nta n’ ubwoba nagize ‘- Mpayimana

‘Ntabwo nahunze, nta n’ ubwoba nagize ‘- Mpayimana

Ubwanditsi 10 Jul 2017

3 Ibitekerezo

  1. Lille
    August 31, 20189:00 am -

    Umunsi bazacukumbura ibyanyu ,muzasanga murimo kurira? Uzi ko wagirango muri Abaganda? Muzi amakuru yabo kurusha ay iwanyu kandi na hano arahari!!!

    Carefulllllll.

    Subiza
  2. Sema Halelua
    August 31, 201811:02 am -

    Gwe, Olimusilu,oba? Ebyobigambo Oyogedde Onyoma Ekyinyamahulile Kyaffe Olimulamu?

    Ubwo Ari Muramuwe Aramubabarira

    Subiza
  3. RUGENDO
    September 1, 20182:24 am -

    RUSHYASHYA IYI NKURU IMARIYE IKI ABANYARWANDA??
    MWAGIYE MWANDIKA INKURU AHO KWANDIKA IBIHUHA!!
    KUKI MUCUKUMBURA IBITADUFIYE UMUMARO?????
    kuburanisha kayihura nibyo bitumye mwandika amateshwa!!!
    ndashaka kuzabonana exc president Kagame nkavuga kunkuru
    mwandika !!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamagabe: Umuturage akurikiranweho Tract  iriho urutonde rw’abacitse ku icumu ibatera ubwoba
Mu Rwanda

Nyamagabe: Umuturage akurikiranweho Tract iriho urutonde rw’abacitse ku icumu ibatera ubwoba

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya
POLITIKI

Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya

Ubwanditsi 09 May 2018
Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye
ITOHOZA

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Ubwanditsi 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru