• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Editorial 31 Aug 2018 POLITIKI

Chairman w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Uganda, Lt. Gen. Andrew Gutti ari kuririra mu myotsi nyuma y’aho muramu we amutekeye umutwe akamutwara agera kuri miliyoni 180 z’Amashilingi nk’uko amakuru agera kuri Spyreports avuga.

Uyu muramu wa Gen. Gutti witwa Odongo John Baptist uri mu myaka 30 kuri ubu ari muri kasho ya Polisi ya Kampala nyuma yo gutabwa muri yombi.

Amakuru aturuka mu nzego zo hejuru agera kuri uru rubuga akaba akomeza avuga ko Gen Gutti yahaye muramu we akazi ko gucunga hotel ye iri ahitwa Moroto mu myaka 3 ishize, akamuha amabwiriza yo kujya ashyira kuri konti miliyoni 5 z’amashilingi buri kwezi y’inyungu.

Amakuru kandi avuga ko Gen Gutti yari yemeranyije na muramu we ko usibye kujya ashyira kuri konti izo miliyoni 5 z’inyungu buri kwezi, yagombaga no kujya yishyura ibindi bintu bikenewe muri hotel, imisoro ndetse no guhemba abakozi.

Uyu mukuru w’urukiko rwa gisirikare kandi urimo no kuburanisha Gen Kale Kayihura, ngo yanategetse umugore we kujya agenzura uko musaza we acunga iyi hotel yabo.

Gusa, ngo nyuma y’amezi atanu Odongo yahamagaye Gen Gutti amubwira ko azajya yishyura miliyoni 60 buri mwaka kuko ngo atashobora kubona miliyoni 5 buri kwezi kubera nawe amafaranga asohora buri munsi, ndetse ngo Gutti arabyemera.

Amakuru rero akaba avuga ko ibi nabyo Odongo yabinaniwe akamara imyaka 3 atishyura kubera ko na muramu we yabaga ahuze buri gihe ari mu kazi ka gisirikare ku buryo yari atarabona umwanya wo kubaza amafaranga ye.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko nyuma yo kumara kwemerera Gen Kayihura gukurikiranwa adafunze kuwa kabiri ushize, Gen Gutti ngo yahise ajya gufatira akaruhuko kuri hotel ye azi ko agomba no gufata amafaranga y’imyaka 3.

Ngo yaje gutungurwa ubwo yahamagaragara Odongo telephone ye nticemo, yahamagara abandi bakozi bakamubwira ko Odongo amaze iminsi atagera no kuri hotel ndetse ko iyi hotel inarimo imyenda myinshi. Ubwo yajyaga kugenzura kuri konti ya banki nabwo ngo yasanze nta kintu kirimo.

Nyuma y’ibi, Gen Gutti ngo yahise asaba umugore we kumuzanira musaza we yaba ari muzima cyangwa ari umupfu. Bikavugwa ko Gen Gutti yakurikiranye telephone ya Odongo akaza kumufatira muri gare ya Arua aho yageragezaga guhungira muri Sudani y’Epfo atabwa muri yombi ashyikirizwa polisi aho akurikiranweho ibyaha bibiri birimo ubutekamutwe.

2018-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Editorial 25 Jun 2018
Perezida Mnangagwa yashinje inkoramutima za Grace Mugabe gutera igisasu aho yiyamamarizaga

Perezida Mnangagwa yashinje inkoramutima za Grace Mugabe gutera igisasu aho yiyamamarizaga

Editorial 27 Jun 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Editorial 19 Sep 2017
Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Editorial 12 Apr 2018

3 Ibitekerezo

  1. Lille
    August 31, 20189:00 am -

    Umunsi bazacukumbura ibyanyu ,muzasanga murimo kurira? Uzi ko wagirango muri Abaganda? Muzi amakuru yabo kurusha ay iwanyu kandi na hano arahari!!!

    Carefulllllll.

    Subiza
  2. Sema Halelua
    August 31, 201811:02 am -

    Gwe, Olimusilu,oba? Ebyobigambo Oyogedde Onyoma Ekyinyamahulile Kyaffe Olimulamu?

    Ubwo Ari Muramuwe Aramubabarira

    Subiza
  3. RUGENDO
    September 1, 20182:24 am -

    RUSHYASHYA IYI NKURU IMARIYE IKI ABANYARWANDA??
    MWAGIYE MWANDIKA INKURU AHO KWANDIKA IBIHUHA!!
    KUKI MUCUKUMBURA IBITADUFIYE UMUMARO?????
    kuburanisha kayihura nibyo bitumye mwandika amateshwa!!!
    ndashaka kuzabonana exc president Kagame nkavuga kunkuru
    mwandika !!

    Subiza

Leave a Reply to RUGENDO Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri
Amakuru

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Editorial 03 Jan 2024
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro
POLITIKI

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Editorial 26 Sep 2017
umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye
IMIKINO

umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye

Editorial 02 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru