• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Mnangagwa yashinje inkoramutima za Grace Mugabe gutera igisasu aho yiyamamarizaga

Perezida Mnangagwa yashinje inkoramutima za Grace Mugabe gutera igisasu aho yiyamamarizaga

Ubwanditsi 27 Jun 2018 POLITIKI

Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, yashyize mu majwi abantu ba hafi ba Grace Mugabe, umugore wa Robert Mugabe wahoze ayobora iki gihugu, ko bari inyuma y’iterwa ry’igisasu giheruka guturikira aho yari ari kigamije kumuvutsa ubuzima.

Icyo gisasu cyaturikirijwe kuwa Gatandatu tariki 23 Kamena 2018 ubwo Perezida Mnangagwa yari mu bikorwa byo kwiyamamaza muri White City stadium ahitwa Bulawayo, maze abantu babiri bakahasiga ubuzima abandi bagera kuri 49 barakomereka.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Perezida Mnangagwa yavuze ko akeka itsinda ry’abayobozi ryiyise G40 rigizwe n’abanyapolitiki bo mu Ishyaka rya Zanu-PF, bari bafite umugambi wo gushyigikira ko Grace yasimbura umugabo we ku butegetsi, ariko igisirikare kikaza kubyitambika.

Gusa Mnangagwa ntiyashyize mu majwi Grace ubwe, ngo amushinje ko yagize uruhare muri icyo gitero cyari kimuhitanye.

Yagize ati “Sinzi niba ari umuntu umwe ariko ntekereza ko bari benshi barenze umwe. Ndakeka ko ari igikorwa cya politiki y’abantu bamwe bafite umutima mubi.”

Mnangagwa ariko yagarutse kuri Grace, avuga ko ari umuntu wakunze kumutuka, anashimangira ko adashobora kwizera umuntu wemeye gukoreshwa n’itsinda ry’abantu babi akajya avuga ibintu bidafite ishingiro.

Perezida Mnangagwa yavuze ko ari igitero cyari kigamije kumuhitana mbere y’amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe ku wa 30 Nyakanga 2018.

Umugabo wa Grace, Robert Mugabe yakuwe ku butegetsi mu mwaka ushize nyuma y’imyaka 37 yari abumazeho nyuma y’amakuru yacicikanaga ko umugore we ashaka kumusimbura; ibi byatumye ingufu za gisirikare zikoreshwa mu kumuvanaho.

Mnangagwa w’imyaka 75 wafashe ubutegetsi mu Ugushyingo yari amaze igihe yarirukanwe ku mwanya wa Visi Perezida, uburyo bwafashwe nko guharurira inzira Grace Mugabe yo kumugeza ku butegetsi.

Nubwo amatora yo ku wa 30 Nyakanga 2018 azaba ahanganishije ishyaka rya Zanu-PF rihagarariwe na Mnangagwa na Movement for Democratic Change (MDC) iyobowe na Nelson Chamisa w’imyaka 40, abakandida barenga 20 ni bo bahanganiye umwanya wo kuyobora Zimbabwe.

2018-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame ni ishema rya Afurika – Perezida Talon

Kagame ni ishema rya Afurika – Perezida Talon

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

RUSHYASHYA 28 Mar 2026
Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Ubwanditsi 17 Jul 2024
“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Ubwanditsi 21 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bimwe mu bimenyetso byerekana ko Isi igiye kwinjira mu ntambara izahitana imbaga
ITOHOZA

Bimwe mu bimenyetso byerekana ko Isi igiye kwinjira mu ntambara izahitana imbaga

Ubwanditsi 04 Feb 2017
Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”
ITOHOZA

Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero
HIRYA NO HINO

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Ubwanditsi 27 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru