• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Editorial 27 Feb 2017 Mu Rwanda

Kuri iki cyumweru taliki ya 26 Gashyantare, ku cyicaro gikuru cyayo cyiri ku Kacyiru, Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bavuye mu Ntara zose n’Umujyi wa Kigali, bakurikiranyweho icyaha cyo guha abapolisi ruswa .

Aberekanywe ni abafashwe mu cyumweru gishize bashaka guha ruswa abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda cyane cyane ku makosa babaga bakoreye mu muhanda, abandi ni abayitanze ngo bashyirwe ku rutonde rw’abatsinze ibizami byo kubona impushya zitwara ibinyabiziga ; abandi ni abayihaye abapolisi ku ma sitasiyo ya Polisi atandukanye kugira ngo barekurirwe abavandimwe cyangwa inshuti zabo zabaga zifungiwe ibyaha birimo kunywa cyangwa gucuruza ibiyobyabwenge, magendu n’ibindi byaha,..

Umwe muri bo witwa Alex Munyengabo avugana n’itangazamakuru, yiyemereye ko yatanze ruswa y’amafaranga 30,000 nyuma yo gufatirwa mu murenge wa Munini mu karere ka Nyaruguru atwaye magendu y’imyenda ariko akaba asaba imbabazi.

Yagize ati:” Nabonye isomo rikomeye, uwasubiza ibihe inyuma sinakongera, nizeye ko abantu benshi bazabonera isomo kuri ibi byacu.”

Undi witwa Imanishimwe yavuze ko, afashijwe na mushiki we, ari nawe mugore wenyine urimo, yatanze amafaranga 150,000 ngo abone uruhushya rwo gutwara moto ubundi yari amaze gutsindwa.

Polisi itangaza ko abatsinzwe ibizami byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga n’ibijyanye nazo bafatiwe muri ruswa ziri hagati y’amafaranga 50,000 na 200,000 naho ab’ibyaha byo mu muhanda batanzwe kuva ku 2000 kugeza ku mafaranga 5000.

Nibura abantu 200 biganjemo abashoferi bafatiwe mu byaha nk’ibi mu mwaka ushize.

Kuri iki gikorwa, umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police(ACP) Theos Badege mu kiganiro yahaye abanyamakuru, yavuze ko Polisi y’u Rwanda yifuje kuberekana nk’ubundi buryo mu rugamba rukomeje rwo kurwanya ruswa; aberekanywe bakaba baratanze ruswa ziri hagati y’amafaranga 2000 n’ibihumbi 200 000 bijyanye na serivisi bayitangira.

ACP Badege yagize ati:”Aba bose uko ari 30 n’abandi dosiye zabo zuzuye bakaba bari mu bushinjacyaha, bafashwe binginga abapolisi ngo babasonere ibyaha, babahe ibyo amategeko atabemerera cyangwa ngo babafungurire abantu babo bakurikiranywe n’ubutabera kubera ibyaha bitandukanye bakoze; ibi kandi babikora biyibagije ko ku ruhande rwayo, Polisi nayo idahwema guhana ndetse no gusezerera mu kazi , umupolisi wese hatitawe ku rwego arimo, ufatiwe cyangwa ukurikiranyweho icyaha cya ruswa n’izindi ngeso ziganwa nka yo.”

Yakomeje avuga ko nyamara, muri iki gihe, serivisi nyinshi zakururaga abantu muri ruswa zatangiye gutangwa hakoreshejwe ikoranabuhanga, zikaba zitangirwa mu mucyo kandi vuba , utayibonye uko bikwiye cyangwa arenganyijwe kandi nawe yashyiriweho imirongo itishyurwa ariyo 997 mu ishami rishinzwe kurwanya ruswa ndetse na 3511 mu bugenzacyaha.

Aha akaba yagize ati:” Ibi byose byashyizweho hagamijwe gukuraho ikintu cyose cyatuma ushaka serivisi adakenera kuyingingira cyangwa kuyigura; aba bo babirenzeho bakomeza kwingingira abapolisi ruswa batitaye ku bihano bihanitse birimo igifungo kuva ku myaka ibiri (2) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro k’indonke yatanze cyangwa yashatse gutanga nk’uko biteganywa n’ingingo ya 640; byose bibategereje no kwamburwa iyo serivisi bahawe .

ACP Badege yavuze ko ubuyobozi bwa Polisi bushimira aba bapolisi b’inyangamugayo bakomeje kwerekana ibikorwa by’ubutwari kandi ko hashyirwaho ingamba zatuma buri mupolisi wese agira imyitwarire nk’iriya kuko hari bamwe bataritandukanya n’ibishuko cyangwa irari bibashora muri ruswa.

Muri icyo kiganiro kandi, yaboneyeho gushima abaturage bamaze kumenya ububi bwa ruswa bakaba bafatanya na Polisi kuyirwanya haba muri Polisi n’ahandi ikigaragara aho yagize ati:” Kuyirwanya kwa mbere ni ukwirinda kuyitanga, gutangira amakuru ku gihe aho yamenyekanye cyangwa aho ikekwa kandi mukamenya amwe mu mayeri akoreshwa nko gucisha kuri mobile money cyangwa ku bandi bantu bazwi nk’aba komisiyoneri, kuyitanga nk’impano, intwererano cyangwa ubwishyu bw’amadeni y’amahimbano n’ibindi,..”

Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda akaba yavuze ko, Polisi n’izindi nzego bahuriye ku nshingano yo kurwanya ruswa, bashyigikiwe n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu budahwema gutngaza ko ruswa umwe mu banzi b’imiyoborere myiza n’iterambere ry’u Rwanda ; aha akaba yagize ati:”Turizeza abanyarwanda ko ntakitazakorwa ngo ruswa icike burundu ariko bikaba bisaba umusanzu wa buri muntu yaba uyisaba n’uyitanga bakabireka kandi ntihagire urebera aho itangwa.”

ACP Badege yashoje ashimira abanyamakuru baje muri iki gikorwa kandi abasaba gutanga inkunga yabo muri uru rugamba rwo kurwanya ruswa nk’abatangazamakuru kandi nk’abafatanyabikorwa.

-5949.jpg

Assistant Commissioner of Police(ACP) Theos Badege

2017-02-27
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kabila yahaye akazi Amb.Eugene Gasana ko gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa

Perezida Kabila yahaye akazi Amb.Eugene Gasana ko gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa

Editorial 16 Aug 2017
Abakobwa bafite uburanga buhebuje nibo biganje muri Mama ya Urban Boyz

Abakobwa bafite uburanga buhebuje nibo biganje muri Mama ya Urban Boyz

Editorial 23 Aug 2017
Perezida Kagame yahaye Mitali  ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Perezida Kagame yahaye Mitali ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Editorial 30 May 2017
Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Editorial 19 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

#TdRwanda: Umunyamerika yabahize i Rusizi, Ndayisenga agumana umuhondo
IMIKINO

#TdRwanda: Umunyamerika yabahize i Rusizi, Ndayisenga agumana umuhondo

Editorial 16 Nov 2016
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza

Editorial 24 Jul 2019
Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi
Amakuru

Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi

Editorial 26 Feb 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru