• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame

‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame

Editorial 10 Mar 2017 Mu Rwanda

Ibi Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 6 Werurwe 2017 ubwo yagezaga ijambo ku Badepite b’Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bagiye kumara ibyumweru bibiri mu Rwanda ari ho bakomereza akazi kabo.

Umukuru w’Igihugu avuga ko nk’uko byari bimeze mu 2007 u Rwanda rwinjira muri uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), rushyigikiye bidasubirwaho ibikorwa byawo n’icyerekezo ufite.

Yagaragaje ko ubu abaturage bagenderanirana hagati yabo mu bwisanzure mu bihugu biwugize kandi ko n’ubuhahirane bwarushijeho ndetse anavuga ko iyo urebye ibikorwa by’uyu muryango, bigaragaza ko aka karere hari aho kerekeza.

Perezida Kagame yahise akomoza ku rurimi rw’Igiswayire rumaze iminsi rwemejwe mu Rwanda nk’ururimi rwemewe mu butegetsi (official language).

Yagize ati “Ibihugu bigize uyu muryango byakomeje gukorana ngo biteze imbere ubuhahirane n’imikoranire hagati yabyo. Ibyo byinshi twagezeho tubikesha ubushake bwa politiki, bushingiye ku gusubiza ibyifuzo by’abaturage bacu.”

Yunzemo ati “Nishimiye kubamenyesha ko u Rwanda rwemeje Igiswayire nka rumwe mu ndimi zemewe n’amategeko, nk’uko byari byatowe na EALA. Gukoresha Igiswahili bizakomeza ubuvandimwe bw’abatuye ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Guhagarika ikoreshwa ry’amashashi

Perezida Kagame yashimiye abagize Inteko ya EALA ko bari kwiga ku byo guhagarika ikoreshwa ry’amashashi mu karere hose, dore ko u Rwanda rwo rumaze imyaka 10 rwarayaciye.

Yagize ati “Ndabashimira akazi muri gukora, aho ubu muri gusesengura ibyo guhagarika ikoresha ry’amashashi. Turabishyigikiye. Tugira ibihugu bifite umwuka mwiza, birengera ibidukikije, ni inshingano yacu kandi yihutirwa. Guhagarika ikoreshwa ry’amashashi twabigezeho mu Rwanda kandi ni byiza.”

Umukuru w’Igihugu kandi yibukije aba badepite ko Afurika ikeneye kuvuga rumwe, ikagira ijwi rimwe kandi ryubashywe mu batuye Isi.

Yagize ati “Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya.Tugomba gukorera hamwe kuko ni byo bizaduteza imbere, bidufitiye inyungu twese. Mu gukorera hamwe hashobora kuba ibidatunganye, ariko gukorana ni byo bidufitiye akamaro.”

Yunzemo ati “Iyo dutatanije amaboko aho gukorera hamwe, twese ntawe ubyungukiramo. Mureke duhe imbaraga inzego zinyuranye bityo zikore neza akazi zishinzwe zidufashe gutera imbere.”

Umuyobozi w’Inteko ya EALA, Daniel Fred Kidega yashimiye bikomeye Perezida Kagame ndetse n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuba yaremeje Igiswayiri nk’ururimi mu butegetsi.

Mu gihe abagize iyi nteko bazarangiza manda yabo mu Kamena, Kidega yasabye Perezida Kagame ko yabagereza ubutumwa bwabo kuri Perezida Uhuru Kenyatta uyobora Kenya yitegura amatora, ngo barifuza ko bategura amatora arangwa n’amahoro.

-6035.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

2017-03-10
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka

Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka

Editorial 31 May 2017
Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA

Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA

Editorial 12 Jul 2018
Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Editorial 19 Jun 2021
Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Editorial 26 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PL yasezeranyije abahinzi n’aborozi ubuvugizi kuri Banki n’Ikigega cy’ubwishingizi
POLITIKI

PL yasezeranyije abahinzi n’aborozi ubuvugizi kuri Banki n’Ikigega cy’ubwishingizi

Editorial 23 Aug 2018
Karongi: Abamotari bibukijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo
Mu Mahanga

Karongi: Abamotari bibukijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Editorial 02 Jan 2016
Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu
INKURU NYAMUKURU

Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Editorial 21 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru