• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Ubwanditsi 31 Mar 2017 Mu Rwanda

Igihugu cya leta zunze ubumwe za Amerika kiravuga yuko gihangayishijwe cyane n’uko ibintu byifashe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) nyuma y’aho kuwa kabiri w’iki cyumweru CENCO itangarije yuko ivuye mubyo kuyobora imishyikirano.

Umuvugizi w’agateganyo muri Minisiteri ya Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, Mark Tonner, yashyize ahagaragara itangazo ryifatira ku gahanga abari ku butegetsi muri DRC n’abatavuga rumwe nabwo yuko ibyo barimo bishobora kuroha igihugu mu makuba ! Amerika iragaya izo mpande zombi kuba zidashaka gushyira mu bikorwa ibyo zemeranyijweho mu Kuboza umwaka ushizo, mu mishyikirano yari ihagarariwe n’inama y’abasenyeri gatulika (CENCO) muri icyo gihugu cya DRC.

Iyo mishyikirano yari ihagarariwe na CENCO yashoboye guhosha imvururu byabonekaga yuko zigiye gutangira tariki 19 Ukuboza Perezida Joseph Kabila yagombaga kuba avuye ku butegetsi yasatiraga kandi nta matora yari yakozwe ngo haboneke uwamusimbura.

Iyo mishyikirano yari ihagarikiwe na CENCO yaje kugera ku masezerano yatumye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kabila batuza, bahagarika ibyo bahagarika ibyo guhamagarira abaturage kujya mu myigaragambyo. Ibyo byatumye benshi biruhutsa kuko imyigaragambyo muri DRC biba bivuze imirwano.

Mubyo abatavuga rumwe muri DRC bari bemeranijweho gushyira itariki y’amatora ya Perezida mu mpera z’uyu mwaka no gushyiraho guverinoma y’inzibacyuho , Kabila gakomeza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ariko Minisitiri w’intebe agatangwa n’amashyaka yibumbiye muri Rassemblement, harimo UPDS rya Tshisekedi uherutse kwitaba Imana. Ibyo gushyiraho Minisitiri w’intebe nibyo biteje impagarara kuko abo muri opozisiyo batanga izina rimwe ry’umuhungu wa Tshisekedi (Felix) naho Perezida Kabila akavuga yuko agomba kohererezwa amazina atatu akihitiramo rimwe.

Ibyo rero nibyo byatumye ibintu bihagarara, opozisiyo ikaba yahamagje imyigaragambyo guhera tariki 10 z’ukwezi gutaha kwa Mata. Kuko rero imyigaragambyo muri DRC bivuze intambara niyo mpamvu Amerika yiyamye abo batavuga rumwe mu bibazo by’icyo gihugu cyakunze kurangwamo intambra kuva cyabona ubwigenge mu 1960 !

-6216.jpg

Umuvugizi w’agateganyo muri Minisiteri ya Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, Mark Tonner.

Umwaka ushize Amerika yafatiye ibihano babiri bo mu butegetsi bwa Kabila kubera ngo ubugome bakoze mu guhosha imyigaragambyo yakozwe muri 2005 na 2006 aho abantu batari bake bahatakarije ubuzima abandi benshi bagafatwa bagafungwa.

Ibihano byafatiwe abo bantu ni hamwe no gufatira imitungo yabo aho byashoboka hose, kutemererwa kujya muri Amerikacyangwa gukorana n’Abaturage ba Amerika.
Abo bafatiwe ibyo bihano ni Major General Gabriel Amisi Kumba na John Numbi. Icyo gihe Amis yarakuriye ingabo mu ntara enye, zirimo na Kinshasa. Numbi wari umugenzuzi w’ibikorwa bya Polisi mu gihugu.

Hatagize igikorwa ngo iyo myigaragambyo itegurwa gutangira tariki 10 ihagarare, nta kuntu muri DRC batazapfa ari benshi kuko muri icyo gihugu imyigaragambyo biba bivuze gupfa abantu.

Casmiry Kayumba

2017-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Apôtre Paul Gitwaza  yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Apôtre Paul Gitwaza yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Heroes FC irakira  Gasogi United, Bugesera FC isure Kaminuza y’u Rwanda mu ijonjora ribanza ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Heroes FC irakira  Gasogi United, Bugesera FC isure Kaminuza y’u Rwanda mu ijonjora ribanza ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 16 Mar 2022
Iya 27 Mata 1994: Umunsi Oxfam yatanze itangazo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Iya 27 Mata 1994: Umunsi Oxfam yatanze itangazo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Ubwanditsi 22 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro
Mu Rwanda

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Ubwanditsi 09 Mar 2016
AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw
Amakuru

AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw

RUSHYASHYA 13 Jul 2026
Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago
Amakuru

Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago

Ubwanditsi 31 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru