• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Ubwanditsi 31 Mar 2017 Mu Rwanda

Igihugu cya leta zunze ubumwe za Amerika kiravuga yuko gihangayishijwe cyane n’uko ibintu byifashe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) nyuma y’aho kuwa kabiri w’iki cyumweru CENCO itangarije yuko ivuye mubyo kuyobora imishyikirano.

Umuvugizi w’agateganyo muri Minisiteri ya Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, Mark Tonner, yashyize ahagaragara itangazo ryifatira ku gahanga abari ku butegetsi muri DRC n’abatavuga rumwe nabwo yuko ibyo barimo bishobora kuroha igihugu mu makuba ! Amerika iragaya izo mpande zombi kuba zidashaka gushyira mu bikorwa ibyo zemeranyijweho mu Kuboza umwaka ushizo, mu mishyikirano yari ihagarariwe n’inama y’abasenyeri gatulika (CENCO) muri icyo gihugu cya DRC.

Iyo mishyikirano yari ihagarariwe na CENCO yashoboye guhosha imvururu byabonekaga yuko zigiye gutangira tariki 19 Ukuboza Perezida Joseph Kabila yagombaga kuba avuye ku butegetsi yasatiraga kandi nta matora yari yakozwe ngo haboneke uwamusimbura.

Iyo mishyikirano yari ihagarikiwe na CENCO yaje kugera ku masezerano yatumye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kabila batuza, bahagarika ibyo bahagarika ibyo guhamagarira abaturage kujya mu myigaragambyo. Ibyo byatumye benshi biruhutsa kuko imyigaragambyo muri DRC biba bivuze imirwano.

Mubyo abatavuga rumwe muri DRC bari bemeranijweho gushyira itariki y’amatora ya Perezida mu mpera z’uyu mwaka no gushyiraho guverinoma y’inzibacyuho , Kabila gakomeza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ariko Minisitiri w’intebe agatangwa n’amashyaka yibumbiye muri Rassemblement, harimo UPDS rya Tshisekedi uherutse kwitaba Imana. Ibyo gushyiraho Minisitiri w’intebe nibyo biteje impagarara kuko abo muri opozisiyo batanga izina rimwe ry’umuhungu wa Tshisekedi (Felix) naho Perezida Kabila akavuga yuko agomba kohererezwa amazina atatu akihitiramo rimwe.

Ibyo rero nibyo byatumye ibintu bihagarara, opozisiyo ikaba yahamagje imyigaragambyo guhera tariki 10 z’ukwezi gutaha kwa Mata. Kuko rero imyigaragambyo muri DRC bivuze intambara niyo mpamvu Amerika yiyamye abo batavuga rumwe mu bibazo by’icyo gihugu cyakunze kurangwamo intambra kuva cyabona ubwigenge mu 1960 !

-6216.jpg

Umuvugizi w’agateganyo muri Minisiteri ya Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, Mark Tonner.

Umwaka ushize Amerika yafatiye ibihano babiri bo mu butegetsi bwa Kabila kubera ngo ubugome bakoze mu guhosha imyigaragambyo yakozwe muri 2005 na 2006 aho abantu batari bake bahatakarije ubuzima abandi benshi bagafatwa bagafungwa.

Ibihano byafatiwe abo bantu ni hamwe no gufatira imitungo yabo aho byashoboka hose, kutemererwa kujya muri Amerikacyangwa gukorana n’Abaturage ba Amerika.
Abo bafatiwe ibyo bihano ni Major General Gabriel Amisi Kumba na John Numbi. Icyo gihe Amis yarakuriye ingabo mu ntara enye, zirimo na Kinshasa. Numbi wari umugenzuzi w’ibikorwa bya Polisi mu gihugu.

Hatagize igikorwa ngo iyo myigaragambyo itegurwa gutangira tariki 10 ihagarare, nta kuntu muri DRC batazapfa ari benshi kuko muri icyo gihugu imyigaragambyo biba bivuze gupfa abantu.

Casmiry Kayumba

2017-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ubwanditsi 20 May 2022
Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Ubwanditsi 08 Aug 2023
Imyaka itanu irashize icyamamare Jean Christophe Matata avuye kuri iyi isi

Imyaka itanu irashize icyamamare Jean Christophe Matata avuye kuri iyi isi

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Mozambique : Perezida Kagame yunamiye intwari,  anaganira n’abacuruzi

Mozambique : Perezida Kagame yunamiye intwari, anaganira n’abacuruzi

Ubwanditsi 25 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida
HIRYA NO HINO

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Ubwanditsi 19 May 2019
Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse
Amakuru

Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse

RUSHYASHYA 06 Mar 2026
APR BBC irayoboye mu mikino ya kamarampaka 2024 ihanganyemo na Patriots BBC
Amakuru

APR BBC irayoboye mu mikino ya kamarampaka 2024 ihanganyemo na Patriots BBC

Ubwanditsi 17 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru