• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Editorial 17 May 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yatangiye ku mugaragaro mu gihugu hose, ibikorwa by’iterambere ry’abaturage n’ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bizamara ukwezi mu rwego rwo kwizihiza isabukuru yayo ya 17.

Ibi bikorwa biri mu murongo w’icyumweru ngarukamwaka cyahariwe Polisi( Police Week) , byatangiriye mu karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba no mu karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.

Uyu mwaka , iki cyumweru gifite insanganyamatsiko igira iti:” Twizihize imyaka 17 y’ubufatanye n’abaturage twimakaza umutekano urambye.”

Mu bayobozi bitabiriye uyu muhango harimo abayobozi bakuru muri Leta n’ab’inzego z’umutekano , ibihumbi by’abaturage , aho babanzaga gukora umuganda udasanzwe mu turere twombi , aho bavuguruye banahanga kilometer 10 z’imihanda ndetse no banahererekanya amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, amasoko y’amazi meza ndetse n’ubwiherero bugezweho.

Nibura ingo 155 mu karere ka Kirehe, umurenge wa Kigarama, akagari ka Cyanya, umudugudu wa Nyamikori n’ingo 117 mu karere ka Gicumbi, umurenge wa Giti, akagari ka Gatobotobo, umudugudu wa Rugarama, zimaze guhabwa amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba mu gihe biteganyijwe kuzahabwa ingo zigera ku 3000 n’ibigo nderabuzima 30 mu gihugu hose.

Hanatashywe kandi amavomo 4 y’amazi meza mu karere ka Kirehe, azajya akoreshwa n’ingo 500 zari ziyakeneye.

Ibikorwa byo mu turere twa Kirehe na Gicumbi byibanze kandi ku gukora ubukangurambaga burwanya ibiyobyabwenge, bifitanye isano n’uko utu turere twombi dufatwa nk’inzira zikoreshwa cyane n’ababicuruza babivana hakurya y’imipaka ihana imbibe natwo.

Mu karere ka Kirehe, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka wayoboye uyu muhango akaba n’umushyitsi mukuru, yasabye abaturage gufata naza ibikorwa remezo bahawe.

Yagize ati:” Turabasaba rero kwirinda ibintu byose byatuma ibi bikorwa remezo muhawe bitaramba. Mubifate neza kandi muzabibyaze umusaruro , mugire uruhare mu kubibungabunga.”

Minisitiri Kaboneka yakomeje asaba abatuye akarere ka Kirehe kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge cyane cyane urumogi rukunze kugaragara no gufatirwa muri aka gace.

Yashije asaba kandi ababyeyi n’abafite utubari kurinda abana inzoga no kujyanwa mu tubari aho yagize ati:” Murinde abana utubari, mubajyane mu ishuri kandi mubarinde ikibi cyose turerere igihugu cyacu.”

IGP Gasana we, yashimye ubufatanye n’abaturage mu kwicungira umutekano aho yavuze ko ari inkingi y’iterambere , avuga ko muri iki cyumweru hazakomeza ubukangurambaga bwo gukumira no kurwanya ibyaha bitandukanye.

Mu karere ka Gicumbi, Polisi yifatanyije n’ibihumbi by’abaturage bahuriye mu murenge wa Giti , aho bahanze umuhanda uturuka mu mudugudu wa Rugarama, akagari ka Gatobotobo, uhuza umurenge wa Giti n’uwa Rutare.

Minisitiri wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo, Germaine Kamayirese wayoboye uyu muhango mu Ntara y’Amajyaruguru we, yakomoje ku ruhare rw’abaturage mu guca itundwa n’icuruzwa rya kanyanga , ikomeje kugaragara muri aka karere.

Kamayirese yagize ati:” Amashanyarazi y’izuba yahawe uriya mudugudu , imihanda, amazi meza Polisi y’u Rwanda yatanze byse ni ibigamije kuzamura imibereho yanyu , kubaha umutekano n’iterambere ; ariko turacyafite imbogamizi ya kanyanga n’izindi nzoga zitemewe, tukaba tugomba gutanga amakuru ku bazicuruza kandi icyo kibazo kikabonerwa umuti.”

Yavuze ko mu mezi abiri ashize, mu karere a Gicumbi honyine hangijwe izi nzoga zifite agaciro kagera kuri mliyoni 38,8 z’amafaranga y’u Rwanda, aho yaboneyeho gusaba abaturage kwitandukanya nazo bagaharanira ikiza n’ikibateza imbere.

Mu bandi bayobozi bari bitabiriye iyi mihango yombi, harimo ba Guverineri, abayobozi b’ingabo mu Ntara n’abayobozi b’uturere byabereyemo.

Hagati aho kandi, abahanzi bibumbiye mu itsinda ryatwa ba”Ambasaderi bo kurwanya ibyaha” baremeye uwacitse ku icumu rya jenoside witwa Mukarukaka Madeleine wo mu murenge wa Kirehe, aho bamuhaye inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho byo kubakisha.

Mu rwego rwo gukumira ibyaha, icyumweru cyahariwe Polisi 2017 kizibanda ku bukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge, gukumira no kurwanya ruswa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, impanuka zo mu muhanda , kwirinda inkongi z’imiriro, kurengera ibidukikije n’ibindi,..

-6625.jpg

IGP Emmanuel Gasana

Source : RNP

2017-05-17
Editorial

IZINDI NKURU

“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE

“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE

Editorial 04 Jun 2017
As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

Editorial 18 Sep 2021
Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Editorial 11 Nov 2024
Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Editorial 12 Jun 2021
“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE

“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE

Editorial 04 Jun 2017
As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

Editorial 18 Sep 2021
Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Editorial 11 Nov 2024
Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Editorial 12 Jun 2021
“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE

“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE

Editorial 04 Jun 2017
As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

Editorial 18 Sep 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru