• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Ubwanditsi 04 Jun 2017 POLITIKI

Nyuma yaho PSD yemeje ko bazashyigikira Perezida Kagame nirindi shyaka rya PL (Parti Liberal) rimaze kwemeza mu nama yaryo yaguye ko nta mpamvu nimwe yatuma badashyigikira Paul Kagame ko ariwe bazaba bari inyuma mu matora azaba mu kwa Munani.

Ibi byemejwe muri Kongere idasanzwe y’ishyaka PL [ Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri muntu ] kuri iki Cyumweru aho ryakoraniye mu cyumba cy’igice cyagenewe inama n’amamurikagurisha mu mujyi wa Kigali, Kigali Conference and Exhibition Village. riyobowe na Perezida wa PL, Donatille Mukabalisa usanzwe ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’abadepite.

-6804.jpg

Perezida wa PL Mukabalisa Donatille

-6805.jpg

Komite nyobozi y’ishyaka PL

Iyi Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame nkuko bigaragara kuri twitter y’Ishyaka PL.

-6802.jpg

Muri iyi Kongere y’igihugu idasanzwe y’ishyaka PL, hanemejwe burundu gahunda ya politiki y’imyaka irindwi (2017-2024).

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’amatora, Prof Kalisa Mbanda yatumiwe ngo atange ikiganiro ku mategeko n’amabwiriza bigenga amatora ya Perezida wa Repubulika.

Muri iyi kongere hatumiwemo imitwe ya politiki yemewe ikorera mu gihugu, irimo FPR Inkotanyi, Green Party, PDC, PDI, PPC, PSD, P Imberakuri, PSP, PSR na UDPR.

-6803.jpg

Hon. Tito Rutaremara yari ahagarariye Umuryango FPR-Inkotanyi

Abahagarariye Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda bashimye ibikorwa bya PL kandi bashima ubufatanye bwayo mu kubaka Demokarasi.

Senateri Tito Rutaremara wari uhagarariye Umuryango FPR Inkotanyi yashimiye PL yabaye hamwe na FPR mu rugendo ruganisha Abanyarwanda aheza, harimo n’urugamba rwo kubohora igihugu ku buryo FPR hari umwenda ifitiye PL.

Yabwiye abayoboke ba PL ati “Icya mbere FPR nta gituma itazabashimira igikorwa cyose twafatanyije mu kubohora igihugu cyacu, nta gihe FPR izibagirwa ko mwatanze abayoboke banyu, batanze amaraso yabo mu kubohora iki gihugu, twagiye dufatanya ku rugamba, ariko n’ubwa kabiri, amaraso y’inzirakarengane zapfuye muri Jenoside zitangira iki gihugu. Abenshi ni aba PL, ibyo ntabwo tuzabyibagirwa.”

“Twajyaga inama…ntituzibagirwa ko twanafatanyije kucyubaka, umusingi wo kucyubaka twawubakiye hamwe, mu nama zo mu Rugwiro n’ahandi, tugenda tubikora tugira ngo turebe uko dushyiraho umusingi wo kubaka icyo gihugu, twabikoreye hamwe. Ntabwo mwigeze mutezuka.”

Rutaremara yanavuze ko PL yanashyigikiye ko Itegeko Nshinga rivugururwa, kugira go Perezida Kagame akurirweho inzitizi zari gutuma atiyamamaza.

Yakomeje agira ati “Igihe Abanyarwanda bifuzaga ko Itegeko Nshinga rihinduka, aba PL twarabarebaga buriya tugira amaso, nimwe mwari imbere y’abandi tubibona ku nteko, ndetse basanga icyo gihe RPF twe dusigara inyuma ngo abantu bataza kuvuga ngo ‘aha reba nibo babirimo’.”

“Ariko mwe mwarahagurutse murabyerekana muravuga muti iki gihugu umuntu twari dufite yakoze neza, agiteza imbere, turifuza ko twakongera tukamwongerera manda. Ntabwo naje kumwamamaza ariko ndavuga ibyo mwakoze.”

-6807.jpg

-6806.jpg

Abayoboke ba PL bashoje inama bacinya akadiho

Umwanditsi wacu

2017-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iran yataye muri yombi Ambasaderi w’u Bwongereza

Iran yataye muri yombi Ambasaderi w’u Bwongereza

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ubwanditsi 16 Mar 2025
U Rwanda rugiye kwizihiza umunsi w’ubwigenge bwa Afurika hibandwa ku muco wo kwigira

U Rwanda rugiye kwizihiza umunsi w’ubwigenge bwa Afurika hibandwa ku muco wo kwigira

Ubwanditsi 23 May 2018
HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

Ubwanditsi 18 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika
POLITIKI

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Iya 26 Mata 1994: Umunsi hishwe Abatutsi bari bahungiye muri ISAR Rubona
Mu Rwanda

Iya 26 Mata 1994: Umunsi hishwe Abatutsi bari bahungiye muri ISAR Rubona

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Trump yahishuye ko yabuze umwanya wo kugurira umugore we impano ku munsi w’amavuko
HIRYA NO HINO

Trump yahishuye ko yabuze umwanya wo kugurira umugore we impano ku munsi w’amavuko

Ubwanditsi 27 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru