• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

Ubwanditsi 23 Feb 2018 POLITIKI

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rwasabye abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu gihugu kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo hagamijwe guteza imbere urwego rw’imitangire ya serivisi, rukarushaho kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Ni mu biganiro inzego zombi zagiranye kuri uyu wa 22 Gashyantare 2018 hagamijwe kubaka ubufatanye mu miyoborere no kunoza imitangire ya serivisi muri gahunga yiswe ‘Nk’uwikorera’.

Umukuru w’Urwego rw’Imiyoborere, Prof. Shyaka Anastase, yavuze ko gukorera umuturage nk’abikorera biri mu nshingano z’abayobozi b’amadini n’amatorero.

Yagize ati “Gukunda umuntu nk’uko wikunda, gukorera mugenzi wacu ibyo twifuza ko na we atugirira ngira ngo iyo ni intero y’amadini. Kuyihuza na ‘Nk’uwikorera’ ni ibintu numva biri butworohereze imirimo kandi bizanatworohereza no gukomeza gufatanya.”

Prof Shyaka yasabye abitabiriye ibi biganiro guha ireme gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ kandi bagafasha RGB kuyimenyekanisha.

Yakomeje agira ati “Amadini n’amatorero bifite uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu, binyuze mu bikorwa n’imishinga bitandukanye mu nzego zirimo ubuzima, uburezi n’indi mishinga igamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage. Twifuzaga rero ko iyi gahunda muyigira iyanyu mukayigeza ku bayoboke banyu nabo bakayigeza mu bandi igashyirwa mu bikorwa ku buryo abanyarwanda ibyo bakora babikorera bagenzi babo nk’uko nabo bifuza ko bibakorerwa.”

Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro ry’Amatorero y’Abaprotestani mu Rwanda, Rev. Dr Samuel Rugambage, yavuze ko iyi gahunda ikwiye gushyigikirwa.

Perezida w’Akarere ko hagati n’ak’Iburasirazuba mu Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi, Pasiteri Ndwanyi Isaac, yavuze ko abantu bakwiye gutanga serivisi nziza badategereje ko bazibasaba.

Yagize ati “Serivisi ubundi zimenyerewe ni izo umuntu asaba ariko mu by’ukuri serivisi njye mpa agaciro ni iyo umuntu atanga atagombye kubisabwa.”

Nk’uwikorera ni gahunda igamije gukangurira abatanga serivisi kwakira neza ababagana no gukangurira abaturage guharanira uburenganzira bwabo muri urwo rwego.

Uruhare rw’abanyamadini muri iyi gahunda rukenewe mu mu guhindura imyumvire, yaba ku batanga serivisi ndetse n’abazihabwa kuko bose bahurira muri ayo matorero n’amadini.

Intego u Rwanda rwihaye ni uko igipimo cy’imitangire ya serivisi kizaba kiri kuri 85% mu mpera z’uyu mwaka wa 2018.

Ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda bya 2016 bigaragaza ko imitangire ya serivisi igeze kuri 72.9% mu gihe ishusho y’uburyo abaturage babona imitangire ya serivisi mu nzego zibegereye igaragaza ko abaturage bishimiye serivisi ku kigero cya 70.9%.

Gahunda ya Nk’uwikorera yatangijwe na RGB muri Werurwe 2017. Ubu igeze mu cyiciro cyayo cya kabiri, aho yatangiye kwinjizwa mu mikorere y’inzego zose.

2018-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Moise Katumbi Uri Mu Buhungiro Yamaze Gushyiraho Urutonde Rw’abazaba Bagize Guverinoma Ye

Moise Katumbi Uri Mu Buhungiro Yamaze Gushyiraho Urutonde Rw’abazaba Bagize Guverinoma Ye

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Perezida Kagame yitabiriye inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Ethiopia

Perezida Kagame yitabiriye inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Ethiopia

Ubwanditsi 02 Jul 2017
RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250

RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Ubwanditsi 07 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda
Mu Mahanga

Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Ubwanditsi 13 Oct 2016
UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso
Amakuru

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Ubwanditsi 18 Jan 2023
Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu y’ibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda
HIRYA NO HINO

Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu y’ibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru