• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

Ubwanditsi 23 Feb 2018 POLITIKI

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rwasabye abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu gihugu kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo hagamijwe guteza imbere urwego rw’imitangire ya serivisi, rukarushaho kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Ni mu biganiro inzego zombi zagiranye kuri uyu wa 22 Gashyantare 2018 hagamijwe kubaka ubufatanye mu miyoborere no kunoza imitangire ya serivisi muri gahunga yiswe ‘Nk’uwikorera’.

Umukuru w’Urwego rw’Imiyoborere, Prof. Shyaka Anastase, yavuze ko gukorera umuturage nk’abikorera biri mu nshingano z’abayobozi b’amadini n’amatorero.

Yagize ati “Gukunda umuntu nk’uko wikunda, gukorera mugenzi wacu ibyo twifuza ko na we atugirira ngira ngo iyo ni intero y’amadini. Kuyihuza na ‘Nk’uwikorera’ ni ibintu numva biri butworohereze imirimo kandi bizanatworohereza no gukomeza gufatanya.”

Prof Shyaka yasabye abitabiriye ibi biganiro guha ireme gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ kandi bagafasha RGB kuyimenyekanisha.

Yakomeje agira ati “Amadini n’amatorero bifite uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu, binyuze mu bikorwa n’imishinga bitandukanye mu nzego zirimo ubuzima, uburezi n’indi mishinga igamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage. Twifuzaga rero ko iyi gahunda muyigira iyanyu mukayigeza ku bayoboke banyu nabo bakayigeza mu bandi igashyirwa mu bikorwa ku buryo abanyarwanda ibyo bakora babikorera bagenzi babo nk’uko nabo bifuza ko bibakorerwa.”

Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro ry’Amatorero y’Abaprotestani mu Rwanda, Rev. Dr Samuel Rugambage, yavuze ko iyi gahunda ikwiye gushyigikirwa.

Perezida w’Akarere ko hagati n’ak’Iburasirazuba mu Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi, Pasiteri Ndwanyi Isaac, yavuze ko abantu bakwiye gutanga serivisi nziza badategereje ko bazibasaba.

Yagize ati “Serivisi ubundi zimenyerewe ni izo umuntu asaba ariko mu by’ukuri serivisi njye mpa agaciro ni iyo umuntu atanga atagombye kubisabwa.”

Nk’uwikorera ni gahunda igamije gukangurira abatanga serivisi kwakira neza ababagana no gukangurira abaturage guharanira uburenganzira bwabo muri urwo rwego.

Uruhare rw’abanyamadini muri iyi gahunda rukenewe mu mu guhindura imyumvire, yaba ku batanga serivisi ndetse n’abazihabwa kuko bose bahurira muri ayo matorero n’amadini.

Intego u Rwanda rwihaye ni uko igipimo cy’imitangire ya serivisi kizaba kiri kuri 85% mu mpera z’uyu mwaka wa 2018.

Ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda bya 2016 bigaragaza ko imitangire ya serivisi igeze kuri 72.9% mu gihe ishusho y’uburyo abaturage babona imitangire ya serivisi mu nzego zibegereye igaragaza ko abaturage bishimiye serivisi ku kigero cya 70.9%.

Gahunda ya Nk’uwikorera yatangijwe na RGB muri Werurwe 2017. Ubu igeze mu cyiciro cyayo cya kabiri, aho yatangiye kwinjizwa mu mikorere y’inzego zose.

2018-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Ubwanditsi 25 May 2025
Minisitiri w’Intebe yijeje Inteko ko muri 2021 u Rwanda rutazaba rutumiza hanze imbuto zo guhinga

Minisitiri w’Intebe yijeje Inteko ko muri 2021 u Rwanda rutazaba rutumiza hanze imbuto zo guhinga

Ubwanditsi 04 Apr 2018
PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

Ubwanditsi 23 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?
HIRYA NO HINO

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Ubwanditsi 09 May 2017
RIB yataye muri yombi abakekwaho guhindura ibyangombwa by’abana bahataniraga kujya mu irerero rya Bayern Munich ryo mu Rwanda
Amakuru

RIB yataye muri yombi abakekwaho guhindura ibyangombwa by’abana bahataniraga kujya mu irerero rya Bayern Munich ryo mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Oct 2023
Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye
Amakuru

Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Ubwanditsi 24 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru